88. Hazabah' igihe cy’ imperuka

1. Hazabahw igihe cy’ imperuka
Urubanza rucibwe na Yesu
Azarucir’ abaremwe bose
Kuko bazaba bar’ imbere ye
Nibw’ azaherakw abarobanura
Nk’ umwungeri mu ntama n’ ihene:
Intama niz’ azashyir’ iburyo bwe,
Ibumos’ azaha shyir’ ihene

2. Maze Yes’ azabwir’ ah’ iburyo ati:
Ngwino mwahaw’ umugisha
Dor’ ubgami mwahamagariwe
Uhereye ku kuremwa kw’ isi
Uwo muns’ azabashimira cyane
Bazarabagirana nk’ izuba
Azabamurikir’ Imana Data
Hazabah’ umunezero mwinshi

3. Azabwira abo b’ ibury’ ati:
Nari nshonje muramfungurira
Mwaranshumbikiye nd’ umushyitsi
Mwaranyambitse nambay’ ubusa
Na bo bati: Ryari war’ umushyitsi,
Cyangwa ryari twakubony’ ushonje,
Ryari twakubonye wambay’ ubusa
Tugukorer’ ibyo byos’ uvuze?

4. Azabwira ab’ ibumoso bwe ati:
Muv’ aho ndi mwabivume,
Nimugende mujye mu muriro
Wa Satani hamwe n’ ingabo ze
Ntimwamfunguriy’ ubwo nari nshonje
Mfit’ inyota ntimwampay’ amazi
Nar’ umushyitsi ntimwanshumbikira
Ntimwansuye ubwo nari ndwaye.

  5. Nuko bazabwir’ Umwami Yesu bati:
Ryan twakubony’ ushonje?
Ryari twakubony’ ufit’ inyota?
Ryari twakubony’ ur’ umushyitsi?
Ryari twakubony’ urwaye, Mukiza?
Ryari twakubonyehw ibyo byose?
Ibyo byos’ uvuze ntitwabibonye
Ngo tubure kukwerek’ ineza

6. Nuko Yes’ azabwir’ ab’ iburyo,
ndets’ abwire n’ ab’ ibumoso bwe ati:
Byose mwakorey’ abato
Burya ni jye mwabikoreraga
Bose bazibuk’ ibyo bakoraga
Hazarira abo b’ ibumoso
Ab’ iburyo bazajyanwa mw juru
Bazahora banezerw’ iteka
Ikaze kuri Bazabibiriya.org; Wemerewe kubaza ikibazo cyose kijyanye n'iyobokamana, Dufite inararibonye n'abasesenguzi ba Bibiriya biteguye kugusubiza.

578 questions

157 answers

69 comments

18.5k users

...