<?xml version="1.0" encoding="utf-8"?>
<rss version="2.0">
<channel>
<title>Bibiriya irasubiza - Recent questions and answers in Ibibazo byerekeye ku cyaha</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=qa&amp;qa_1=ibibazo-byerekeye-ku-cyaha</link>
<description>Powered by Question2Answer</description>
<item>
<title>Answered: Ese koshywa ni icyaha?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=505&amp;qa_1=ese-koshywa-ni-icyaha&amp;show=4222#a4222</link>
<description>&lt;p&gt;Tubanze dusobanure iri jambo: &lt;strong&gt;Koshywa&lt;/strong&gt; ni uguhamagarirwa gukora icyaha mu buryo bumwe cyangwa ubundi. Satani ashobora kuguhamagarira gukora icyaha, abantu na bo baguhamagarira gukora icyaha, n'umutima wawe ubwawo ushobora kuguhamagarira gukora icyaha. Muri ubu buryo koshywa byafatwa kimwe no gushukwa.&amp;nbsp;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Koshywa cyangwa gushukwa ubwabyo si icyaha. Bibaye ari icyaha, na Yesu yaba yarakoze icyaha kandi turabizi neza ko atigeze akora, kuko na Yesu ubwe satani yagerageje kumushuka. &lt;strong&gt;Abaheburayo 4:15&lt;/strong&gt;&amp;nbsp;&lt;span style=&quot;font-family:Inter&quot;&gt;&lt;span style=&quot;font-size:18px&quot;&gt;&amp;nbsp;&lt;/span&gt;&lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&lt;strong&gt;&lt;span style=&quot;font-size:14px&quot;&gt;&quot;&lt;/span&gt;&lt;/strong&gt;&lt;/span&gt;&lt;/span&gt;&lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&lt;strong&gt;&lt;span style=&quot;font-family:Inter; font-size:18px&quot;&gt;Kuko tudafite umutambyi mukuru utabasha kubabarana natwe mu ntege nke zacu, ahubwo yageragejwe uburyo bwose nkatwe, keretse yuko atigeze akora icyaha.&quot;&lt;/span&gt;&lt;/strong&gt;&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Igihe cyose umuntu akiri muri uyu mubiri kuri iyi si, nta hantu na hamwe ushobora kugera ku buryo satani yagutinya. satani ahora agerageza amahirwe ye, uko wasenga kose, uko wakiranuka kose, uko waba umeze kose satani azagerageza kugushuka. Kandi numunesha uyu munsi, ntabwo azakuzibukira, ahubwo azagutega ikindi gihe. Niba ibyo byarabaye kuri Yesu, watekereza ute ko twe yadutinya?&amp;nbsp;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Reka turebe uko byagendekeye Yesu: &lt;strong&gt;Mariko 1:12-13&lt;/strong&gt;&amp;nbsp;&lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&lt;strong&gt;&quot;&lt;span style=&quot;font-family:Inter; font-size:18px&quot;&gt;Uwo mwanya Umwuka amujyana mu butayu,&amp;nbsp;&lt;/span&gt;&lt;span style=&quot;font-family:Inter; font-size:18px&quot;&gt;&lt;span style=&quot;background-color:transparent; font-size:14px&quot;&gt;13&lt;/span&gt;amarayo iminsi mirongo ine ageragezwa na Satani, aba hamwe n'inyamaswa, abamarayika bakamukorera.&quot;&amp;nbsp;&lt;/span&gt;&lt;/strong&gt;&lt;/span&gt;Yesu yari afite impamvu nyinshi zagombaga gutuma satani atirirwa ahangara kumugerageza: Icya mbere, satani yari azi neza uwo Yesu ari we, ariko ntibyamubujije kugerageza amahirwe ye ngo arebebe ko Yesu yava ku izima agacumura. Icya kabiri, Yesu yari mu masengesho y'iminsi 40, satani yamusanze muri ayo masengesho. Na byo bigaragaza ko kuba waba uri mu masengesho, satani ntazagutinya. Yesu amaze kunesha satani, satani ntiyavuye ku izima, ahubwo ngo &quot;yamuteze ikindi gihe&quot;. Dore uko Bibiliya ibivuga: &lt;strong&gt;Luka 4:13&lt;/strong&gt;&amp;nbsp;&lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&lt;strong&gt;&quot;&lt;span style=&quot;font-family:Inter; font-size:18px&quot;&gt;Umwanzi arangije ibyo amugerageresha byose aramureka, amutega ikindi gihe.&quot;&lt;/span&gt;&amp;nbsp;&lt;/strong&gt;&lt;/span&gt;Kandi koko ni ko byagenze: Mbere Yesu yaneshereje satani mu butayu mu masengesho, satani yongeye kugerageza amahirwe ye ubwo Yesu yari muri Getsemane ababaye cyane, umunsi umwe mbere yuko adutangirwa ku musaraba. Satani yaribwiraga ati ubwo Yesu yanshoboye ari mu masengesho, noneho reka mutere ari mu gahinda kenshi buriya ndamushobora.... na byo byafashe ubusa.&amp;nbsp;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Ibi bigaragaza ko koshywa ubwabyo atari icyaha, ndetse nta mukristo numwe wagera ahantu adashobora koshywa: Ikibazo si ukoshywa, ahubwo ikibazo ni ukugwa mu moshya. Ntabwo gusenga ubyabyo byatuma satani agutinya, ahubwo byatuma utagwa mu moshya. Dore uko Yesu ubwe yabyivugiye abwira intumwa ze: &lt;strong&gt;Luka 22:39-40&lt;/strong&gt;&amp;nbsp;&lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&lt;strong&gt;&lt;span style=&quot;font-family:Inter; font-size:18px&quot;&gt;&lt;span style=&quot;background-color:transparent; font-size:14px&quot;&gt;39&lt;/span&gt;Arasohoka ajya ku musozi wa Elayono nk'uko yamenyerey, abigishwa be baramukurikira.&amp;nbsp;&lt;/span&gt;&lt;span style=&quot;font-family:Inter; font-size:18px&quot;&gt;&lt;span style=&quot;background-color:transparent; font-size:14px&quot;&gt;40&lt;/span&gt;Agezeyo arababwira ati “Nimusenge kugira ngo mutajya mu moshya.”&amp;nbsp;&lt;/span&gt;&lt;/strong&gt;&lt;/span&gt;&amp;nbsp;Yesu yari yabagiriye inama: Ntiyigeze abwira intumwa ze ko amoshya atari buze, ahubwo yabasabye gusenga kugirango batayagwamo. Ikibabaje ni uko uyu muburo batawukurikije, aho gusenga barasinziriye, birangira bamwe batangiye kurwanisha umubiri nka ba Petero, abandi bariruka baramusiga ....&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Gusenga ntibibuza satani kutwoshya, ahubwo biduha imbaraga zo kutagwa mu moshya. Isi ikiriho, Yesu yivugiye ko ibisitaza n'ibigusha bitazabura kuza. Ntaho twabihungira, satani azabizana uko byamera kose n'uwo waba uri we wese. Yesu yabivuze muri aya magambo: &lt;strong&gt;Luka 17:1&lt;/strong&gt; &lt;strong&gt;&lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&lt;span style=&quot;font-size:14px&quot;&gt;&quot;&lt;/span&gt;&lt;span style=&quot;font-family:Inter; font-size:18px&quot;&gt;Nuko abwira abigishwa be ati “Nta cyabuza ibisitaza kuza, ariko ubizana azabona ishyano.&quot;&amp;nbsp;&lt;/span&gt;&lt;/span&gt;&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;Matayo 18:7 &lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&quot;&lt;span style=&quot;font-family:Inter; font-size:18px&quot;&gt;Isi izaboneshwa ishyano n'ibigusha abantu, kuko ibyo bigusha bitazabura kuza, ariko uwo muntu uzana ibigusha azabona ishyano.&quot;&lt;/span&gt;&lt;/span&gt;&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Muri macye, koshywa ubwacyo si icyaha. Bihinduka icyaha iyo wemeye gushyira amoshya mu bikorwa cyangwa mu bitekerezo, cyangwa ukabuzwa gukora ikiza washoboraga gukora. Yakobo atubwira neza uko urugendo rwo gukora icyaha rutangira nuko ruhinduka icyaha: &lt;strong&gt;Yakobo 1:13-15&lt;/strong&gt;&amp;nbsp;&lt;span style=&quot;color:#121212; font-family:Inter; font-size:18px&quot;&gt;&lt;span style=&quot;background-color:transparent; color:#777a7b; font-size:14px&quot;&gt;1&lt;/span&gt;&lt;/span&gt;&lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&lt;span style=&quot;font-family:Inter; font-size:18px&quot;&gt;&lt;span style=&quot;background-color:transparent; font-size:14px&quot;&gt;&lt;strong&gt;3&lt;/strong&gt;&lt;/span&gt;&lt;strong&gt;Umuntu niyoshywa gukora ibyaha ye kuvuga ati “Imana ni yo inyoheje”, kuko bidashoboka ko Imana yoshywa n'ibibi, cyangwa ngo na yo igire uwo ibyohesha.&amp;nbsp;&lt;/strong&gt;&lt;/span&gt;&lt;strong&gt;&lt;span style=&quot;font-family:Inter; font-size:18px&quot;&gt;&lt;span style=&quot;background-color:transparent; font-size:14px&quot;&gt;14&lt;/span&gt;Ahubwo umuntu wese yoshywa iyo akuruwe n'ibyo ararikiye bimushukashuka.&amp;nbsp;&lt;/span&gt;&lt;span style=&quot;font-family:Inter; font-size:18px&quot;&gt;&lt;span style=&quot;background-color:transparent; font-size:14px&quot;&gt;15&lt;/span&gt;Nuko iryo rari riratwita rikabyara ibyaha, ibyaha na byo bimaze gukura bikabyara urupfu.&lt;/span&gt;&lt;/strong&gt;&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Uburyo bwiza bwo kunesha amoshya ni ukubika Ijambo ry'Imana mu mutima rikakurwanaho igihe cyose. na Yesu ni bwo buryo yaneshesheje satani, yaramubwiraga ati &lt;strong&gt;&quot;handitse ngo...&quot;. &lt;/strong&gt;Dawidi yabivuze atya: &lt;strong&gt;Zaburi 119:11&lt;/strong&gt;&amp;nbsp;&lt;strong&gt;&lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&quot;&lt;span style=&quot;background-color:transparent; font-family:Inter; font-size:18px&quot;&gt;Nabikiye ijambo ryawe mu mutima wanjye, k&lt;/span&gt;ugira ngo ntagucumuraho.&quot;&amp;nbsp;&lt;/span&gt;&lt;/strong&gt;Ntitugomba kwemerera amoshya gutinda mu bitekerezo byacu. Yosefu akimara kubona ko amoshya y'ubusambanyi yamusatiriye, ntiyayahaye umwanya ngo abanze kubitekerezaho ahubwo yarirutse. byaramukijije.&amp;nbsp;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Murakoze, Uwiteka atugirire neza&lt;/p&gt;</description>
<category>Ibibazo byerekeye ku cyaha</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=505&amp;qa_1=ese-koshywa-ni-icyaha&amp;show=4222#a4222</guid>
<pubDate>Thu, 13 Nov 2025 18:53:00 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>ni gute nanoza umubano wange ni Imana</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=3990&amp;qa_1=ni-gute-nanoza-umubano-wange-ni-imana</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye ku cyaha</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=3990&amp;qa_1=ni-gute-nanoza-umubano-wange-ni-imana</guid>
<pubDate>Wed, 29 Oct 2025 16:34:04 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Answered: Mose yakoze ikihe cyaha? Ese koko icyaha yakoze ni ugukubita igitare kabiri nk'uko bikunze kuvugwa?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=3505&amp;qa_1=yakoze-icyaha-yakoze-ugukubita-igitare-kabiri-bikunze-kuvugwa&amp;show=3507#a3507</link>
<description>&lt;p&gt;Icyaha cya Mose&lt;/p&gt;&lt;p&gt;===============&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Mose yakoze iki cyatumye Imana imufatira umwanzuro w'uko atazagera mu gihugu cy'isezerano?&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Bikunze gusobanurwa nabi uko bitari. Hari abavuga ko icyaha cya Mose ari uko yakubise igitare kabiri, ibi sibyo kuko ntaho bigaragara ko Imana yamusabye kugikubita rimwe, uretse no kugikubita rimwe Imana ntiyigeze imusaba kugikubita!&lt;/p&gt;&lt;p&gt;-----&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Ubundi iyi yari inshuro ya kabiri Abisirayeli bahabwa amazi avuye mu gitare.&amp;nbsp;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;&lt;span style=&quot;color:#e67e22&quot;&gt;Inshuro ya mbere, Imana yahaye Mose amabwiriza muri aya magambo:&lt;/span&gt;&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;Kuva 17:5-6&lt;/strong&gt; &lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;[5]Uwiteka abwira Mose ati “Nyura imbere y'abantu ujyane bamwe mu bakuru b'Abisirayeli, witwaze inkoni wakubitishije rwa ruzi, ugende. [6] Nanjye ndahagarara imbere yawe hariya ku gitare cy'i Horebu, ukubite icyo gitare amazi aravamo abantu bayanywe.” Mose abigenzereza atyo imbere y'abakuru b'Abisirayeli.&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Ku ncuro ya mbere, Mose yahawe amabwiriza yo gukubita igitare, akubita igitare. Aho ni sawa&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;span style=&quot;color:#e67e22&quot;&gt;&lt;strong&gt;Incuro ya kabiri, Imana yahaye Mose amabwiriza muri aya magambo:&lt;/strong&gt;&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;Kubara 20:7-8&lt;/strong&gt; &lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;[7] &quot;Uwiteka abwira Mose ati [8] “Enda ya nkoni, wowe na Aroni mwene so muteranye iteraniro, mubwirire igitare mu maso yabo kivushe amazi yacyo. Ubakurire amazi muri icyo gitare, abe ari ko uha iteraniro n'amatungo yaryo amazi yo kunywa.”&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Ubundi ibi bivugwa mu ncuro ya kabiri, ari na ho havuye icyaha cya Mose, byabaye barimo kugana ku musozo w'imyaka 40 mu butayu. Nk'uko bizwi, ubu bwoko bwagoye Mose n'Imana mu buryo bwose bushoboka. Ku nshuro ya mbere mu myaka 40, aha ni ho honyine Mose yise ubwoko bw'Imana &lt;strong&gt;abagome!.&lt;/strong&gt; Uburakari, umujinya, umubabaro, urupfu rwa mushiki we watumye arokoka mu rufunzo rwo muri Egiputa, byose biramuzibiranya.&amp;nbsp; Agendeye kuri experience, ati ubwa mbere nakubise inkoni inyanja itukura iritandukanya, ubwa kabiri nakubise igitare kivamo amazi, n'ubu bwa gatatu ngiye kukibakubitira kivemo amazi! Yibagirwa ko Ijambo ry'Imana&amp;nbsp; ritamenyerwa, k&lt;strong&gt;uri iyi nshuro ntiyari yasabwe kukubita igitare, yari yasabwe kukibwira!&amp;nbsp;&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Ikiyongera kuri ibyo, akubita igitare nk'uwerekana nk'aho igitangaza ari icye kuko yarababwiye ati &quot;Muri iki gitare twabakuriramo amazi?&quot;. None se ubundi, Bitabaye Imana, Mose yakura amazi mu gitare koko? &lt;strong&gt;Kubara 20:10&lt;/strong&gt;&amp;nbsp;&lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&quot;&lt;span style=&quot;font-size:18px&quot;&gt;&lt;span style=&quot;font-family:&amp;quot;Helvetica Neue&amp;quot;,Helvetica,Arial,sans-serif&quot;&gt;Mose na Aroni bateraniriza iteraniro imbere y’icyo gitare, Mose arababwira ati “Nimwumve mwa bagome mwe: muri iki gitare twabakuriramo amazi?”&lt;/span&gt;&lt;/span&gt;&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;===&amp;gt;&amp;gt; Muri macye, icyaha cya Mose si ugukubita igitare kabiri, si no kugikubita rimwe, si no kugikubitana umujinya, ahubwo ni ukugikubita kandi yasabwe kukibwira. Imana ntiyigeze isaba Mose gukubita igitare, ahubwo yamusabye kukibwira.&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;-----&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;span style=&quot;color:#e67e22&quot;&gt;&lt;strong&gt;None se, yego yari yasabwe kubwira igitare arangije aragikubita: None se ko icyari kigambiriwe cyagezweho, amazi akaba yavuye mu gitare: Kuki byahindutse icyaha?&lt;/strong&gt;&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Ubundi&amp;nbsp;ibyakorwaga cyera byose byari igicucu cy'ibyagombaga kuzaza mu isezerano rishya. Mu byabereye hano, Imana yari yiboneye igishushanyo gikomeye:&amp;nbsp;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;&lt;span style=&quot;font-size:18px&quot;&gt;Kubwira igitare = Ijambo&lt;/span&gt;&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;&lt;span style=&quot;font-size:18px&quot;&gt;Igitare=Yesu&lt;/span&gt;&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;&lt;span style=&quot;font-size:18px&quot;&gt;Amazi=Ubugingo&lt;/span&gt;&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Mose ntiyasuzuguye Imana gusa, ahubwo yanangije igishushanyo gikomeye cy'uko Jambo yagombaga kuzaza akaduha ku mazi y'ubugingo&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;u&gt;&lt;strong&gt;ISOMO&lt;/strong&gt;&lt;/u&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Mu gitabo cya 5 cya Mose, (Gutegeka kwa kabiri),&amp;nbsp;Mose agaragara yinginga Imana ngo imukurireho igihano basi akandagize ikirenge mu gihugu yari amaze imyaka 40 aharanira kujyamo, Imana imwereka aho Ibera Imana n'ubwo yari yarayiteseho baganira nk'inshuti. Muzi uko yamusubije? Yaramubwiye ngo “Uherukire aho ntukongere kumbwira iryo jambo&quot;&amp;nbsp;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;Gutegeka kwa kabiri 3:25-26&lt;/strong&gt;&amp;nbsp;&lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;[25] Ndakwinginze, emera ko nambuka nkareba igihugu cyiza kiri hakurya ya Yorodani, iriya misozi myiza na Lebanoni.”[26] Maze Uwiteka andakarira ku bwanyu, ntiyanyumvira. Arambwira ati “Uherukire aho ntukongere kumbwira iryo jambo.&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Bikwiriye kutubera isomo bavandimwe. Uko wabanye n'Imana n'ibyo wayikoreye mbere, si urwitwazo rwo gushayisha mu byaha.&amp;nbsp;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Uwiteka komeze atugirire neza&lt;/p&gt;</description>
<category>Ibibazo byerekeye ku cyaha</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=3505&amp;qa_1=yakoze-icyaha-yakoze-ugukubita-igitare-kabiri-bikunze-kuvugwa&amp;show=3507#a3507</guid>
<pubDate>Mon, 31 Mar 2025 15:28:37 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Answered: Ese iyo ukoze icyaha utazi ko ari icyaha, ubibarwaho nk'uwakoze icyaha?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=826&amp;qa_1=ese-ukoze-icyaha-utazi-icyaha-ubibarwaho-nkuwakoze-icyaha&amp;show=827#a827</link>
<description>&lt;p&gt;&lt;strong&gt;Ikintu cyo kuzirikana abantu benshi bakunze kwibeshyaho:&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Iyo ukoze icyaha utazi ko ari icyaha, uba ukoze icyaha.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Ni ko kuri. Imana ntikina n'ikintu cyitwa icyaha, ntinakigoragoza, umuti w'icyaha ni ukwihana no kwizera imbabazi zibonerwa muri Yesu Kristo gusa, ibindi twakwishakira nk'inyoroshyo ni nko kwiremera ubucocero.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Ukumva ngo:&lt;/p&gt;&lt;p&gt;- Sinari mbizi...&lt;/p&gt;&lt;p&gt;- Sinabishakaga...&lt;/p&gt;&lt;p&gt;- Nta kundi nari kubigenza...&lt;/p&gt;&lt;p&gt;- Si njye nkana...&lt;/p&gt;&lt;p&gt;- Mana nawe urabibona...&lt;/p&gt;&lt;p&gt;- ...&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Ibyanditswe byera&amp;nbsp;birabishimangira nta shiti:&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;Rom 2:12&lt;/strong&gt; &lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;Abakoze ibyaha bose batazi amategeko bazarimbuka badahowe amategeko, kandi abakoze ibyaha bose bazi amategeko bazacirwa ho iteka ry'amategeko.&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&amp;nbsp; Abakoze ibyaha batazi amategeko,&amp;nbsp;kurimbuka ko bazarimbuka, gusa ntabwo bazaba bahowe amategeko kuko ntibari bayazi, kandi Imana ntirenganya.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;None se bazaba bazize iki koko? &lt;/strong&gt; Bibiliya irakomeza igasubiza:&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;Rom 2:14-15&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;[14]Abapagani badafite amategeko y'Imana, iyo bakoze iby'amategeko ku bwabo baba bihīndukiye amategeko nubwo batayafite,&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;span style=&quot;color:#27ae60&quot;&gt;[15]bakagaragaza ko umurimo utegetswe n'amategeko wanditswe mu mitima yabo, ugahamywa n'imitima ihana ibabwiriza, igafatanya n'ibitekerezo byabo kubarega cyangwa se kubaregura.&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Birasobanutse &amp;nbsp;rwose: N'iyo waba utazi itegeko, ariko iyo uramutse ukoze ibyo iryo iryo tegeko rivuga, uba ugaragaje ko ku mutima wawe iryo tegeko ririho.&amp;nbsp;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;Urugero:&lt;/strong&gt;&amp;nbsp;Kayini&amp;nbsp;amaze kwica Adamu yarahunze, nyamara nta tegeko ryari ryakabayeho rivuga ngo *&quot;Ntukice&quot;*. None se yahunze iki? *Ku mutima we yarabimenye ko yakoze ikintu Imana yanga*&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Ikigeretse kuri ibyo:&amp;nbsp;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;Ibyakozwe n'inrumwa&amp;nbsp;17:30&lt;/strong&gt;&amp;nbsp;&lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&quot;Nuko iyo minsi yo kujijwa Imana yarayirengagije, ariko noneho itegeka abantu bose bari hose kwihana.&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;None se kuki Imana isaba abantu kwihana kandi barabikoze mu bujiji? Ni uko nyine kabone n'iyo wabikora mu bujiji, mu kutamenya, ugomba kwihana.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Imana idufashe kudashakisha urwitwazo, ahubwo idufashe kwihana twizeye imbabazi zitagira akagero, zibonerwa muri Yesu Kristo&lt;/p&gt;</description>
<category>Ibibazo byerekeye ku cyaha</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=826&amp;qa_1=ese-ukoze-icyaha-utazi-icyaha-ubibarwaho-nkuwakoze-icyaha&amp;show=827#a827</guid>
<pubDate>Sat, 23 Nov 2024 18:02:10 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Ibyaha byicisha nibihe</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=757&amp;qa_1=ibyaha-byicisha-nibihe</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye ku cyaha</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=757&amp;qa_1=ibyaha-byicisha-nibihe</guid>
<pubDate>Mon, 30 Sep 2024 17:16:39 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Ese gusomana ni icyaha k'Umukristo ?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=752&amp;qa_1=ese-gusomana-ni-icyaha-kumukristo</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye ku cyaha</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=752&amp;qa_1=ese-gusomana-ni-icyaha-kumukristo</guid>
<pubDate>Fri, 05 Apr 2024 22:44:03 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Answered: Ese kwizihiza isabukuru y'amavuko ni icyaha?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=725&amp;qa_1=ese-kwizihiza-isabukuru-yamavuko-ni-icyaha&amp;show=726#a726</link>
<description>&lt;p&gt;Muri Bibiriya Yera hagaragaramo incuro 2 gusa abantu bizihije isabukuru z'amavuko: Umwami Farawo&amp;nbsp;mu gihe cya Yosefu &lt;strong&gt;(Itangiriro 40:20)&lt;/strong&gt;, n'umwami Herode mu isezerano rishya mu gihe cya Yohana Umubatiza. &lt;strong&gt;(Matayo 14:6). &lt;/strong&gt;Izi sabukuru zombi zivugwa, abazizihije barinejeje ariko ubwoko bw'Imana bwo burahababarira: Ubwo Farawo yizihizaga isabukuru Yosefu yari muri gereza, cyo cyimwe na Herode ubwo yizihizaga isabukuru ye, Yohana Umubatiza yari muri gereza, ndetse uwo munsi ni na wo&amp;nbsp;Herode yategetse ko Yohana Umubatiza acibwa umutwe.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Kuba iyi minsi mikuru igaragazwa gusa iyo yizihijwe n'abatari mu ruhande rw'Imana, bamwe babiheraho bavuga ko kuyizihiza bifatwa nk'imihango ya gipagani, gusa nta cyanditswe na kimwe bashobora gushingiraho bahamya ibyo.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Bibiriya itubwira ko igihe umuntu ahisemo kubaha umunsi umwe kuwurutisha iyindi, ntawe ukwiriye kumucira urubanza kubera ibyo. &lt;strong&gt;Abaroma 14:4-5&amp;nbsp;&lt;/strong&gt;&lt;span style=&quot;font-size:16px&quot;&gt;&lt;span style=&quot;background-color:#eaf1fc; color:#0033cc; font-family:&amp;quot;Helvetica Neue&amp;quot;,Helvetica,Arial,sans-serif&quot;&gt;&quot;Uri nde wowe ucira umugaragu w’abandi urubanza, kandi imbere ya Shebuja ari ho ahagarara cyangwa akaba ari ho agwa? Ariko azahagarara kuko Imana ari yo ibasha kumuhagarika. [5]&lt;/span&gt;&lt;span style=&quot;background-color:#eaf1fc; color:#0033cc; font-family:&amp;quot;Helvetica Neue&amp;quot;,Helvetica,Arial,sans-serif&quot;&gt;Umuntu umwe yubaha umunsi umwe kuwurutisha iyindi, naho undi akubaha iminsi yose akayihwanya. Umuntu wese namenye adashidikanya mu mutima we.&quot;&lt;/span&gt;&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Bibiriya ntibuza Abakristo kwizihiza isabukuru y'amavuko, gusa ibasaba ko buri cyose bakora bagikorera guhimbaza Imana kandi akirinda kubera abandi ikigusa. &lt;strong&gt;1 Abakorinto 10:31-32&amp;nbsp;&lt;/strong&gt;&lt;span style=&quot;font-size:16px&quot;&gt;&lt;span style=&quot;background-color:#eaf1fc; color:#0033cc; font-family:&amp;quot;Helvetica Neue&amp;quot;,Helvetica,Arial,sans-serif&quot;&gt;&quot;Namwe iyo murya cyangwa munywa cyangwa mukora ikindi kintu cyose, mujye mukorera byose guhimbaza Imana. [32]Ntimukabere Abayuda ikigusha, cyangwa Abagiriki cyangwa Itorero ry’Imana.&quot;.&lt;/span&gt;&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Si bibi rwose si n'icyaha kuba umukristo yahurira hamwe na bene se bagashimira Imana ku isabukuru ye y'amavuko, bagashimira Imana. Gusa nk'uko byavuzwe haruguru, abizihiza iminsi mikuru, yaba iy'amavuko cyangwa iyindi, bagomba kumenya neza ko byose bigomba kuberaho guhimbaza Imana, bakirinda ibya gipagani bikunze kuranga indi minsi mikuru yo hanze aha.&amp;nbsp;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Murakoze, uwiteka abahire&lt;/p&gt;</description>
<category>Ibibazo byerekeye ku cyaha</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=725&amp;qa_1=ese-kwizihiza-isabukuru-yamavuko-ni-icyaha&amp;show=726#a726</guid>
<pubDate>Sat, 25 Nov 2023 07:50:10 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Answered: Ese igihe umukristo agiye mu bikorwa by'imyidagaduro aba akoze icyaha?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=721&amp;qa_1=igihe-umukristo-agiye-bikorwa-byimyidagaduro-akoze-icyaha&amp;show=724#a724</link>
<description>&lt;p&gt;Iki kibazo ni cyiza kandi gikunze kwibazwa na benshi. Bibiriya ntabwo itinda ku bijyanye n'ibikorwa rw'imyidagaduro, gusa iratuburira ikadusaba gucunga neza niba buri cyose dukora cyangwa tuvuga gihesha Imana yacu icyubahiro: &lt;strong&gt;Abakolosayi 3:17&amp;nbsp;&lt;/strong&gt;&lt;span style=&quot;font-size:16px&quot;&gt;&lt;span style=&quot;background-color:#eaf1fc; color:#0033cc; font-family:&amp;quot;Helvetica Neue&amp;quot;,Helvetica,Arial,sans-serif&quot;&gt;&quot;Kandi icyo muzavuga cyose n’ibyo muzakora, mujye mubikora byose mu izina ry’Umwami Yesu, mushima Imana Data wa twese ku bw’uwo.&quot;&amp;nbsp;&lt;/span&gt;&lt;/span&gt;Ikindi, n'iby'ukuri ko turi ab'umudendezo, ariko buri Mwizera wese agomba gukora uko ashoboye kose ku buryo umudendezo we utabera ikigusha abadakomeye. &lt;strong&gt;1 Abakorinto 8:9&lt;/strong&gt;&amp;nbsp;&lt;span style=&quot;background-color:#eaf1fc; color:#0033cc; font-family:&amp;quot;Helvetica Neue&amp;quot;,Helvetica,Arial,sans-serif&quot;&gt;&amp;nbsp;&lt;/span&gt;&lt;span style=&quot;font-size:16px&quot;&gt;&lt;span style=&quot;background-color:#eaf1fc; color:#0033cc; font-family:&amp;quot;Helvetica Neue&amp;quot;,Helvetica,Arial,sans-serif&quot;&gt;&quot;Ariko mwirinde kugira ngo uwo mudendezo wanyu udahindukira abadakomeye igisitaza na hato&quot;&lt;/span&gt;&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Iyo tuvuga ibikorwa by'imyidagaduro, akenshi tugusha ku biribwa n'ibinyobwa, kwifatanya n'abandi mu bikorwa byo kwinezeza, kuganira n'ibindi, imikino, gutembera, kwinezeza n'ibindi.&amp;nbsp;Byose Bibiriya ifite icyo igenda ibivugaho:&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;1) Ibiribwa n'ibinyobwa:&lt;/strong&gt; &lt;strong&gt;1 Abakorinto 8:8&lt;/strong&gt; &lt;span style=&quot;font-size:16px&quot;&gt;&lt;span style=&quot;background-color:#eaf1fc; color:#0033cc; font-family:&amp;quot;Helvetica Neue&amp;quot;,Helvetica,Arial,sans-serif&quot;&gt;&quot;Nyamara ibyokurya si byo bitwegereza Imana, iyo tutabiriye nta cyo dutubirwa, cyangwa iyo tubiriye nta cyo twunguka.&quot;&amp;nbsp;&lt;/span&gt;&lt;/span&gt;&amp;nbsp;Icyo Bibiriya itubwira hano si uko ibyokurya ari bibi, ahubwo idusaba kutabishyira ku mwanya w'imbere.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;2) Kwifatanya n'abandi: &lt;/strong&gt;Uko bishobotse, Bibiriya itubuza kwifatanya n'abatizera.&lt;strong&gt;&amp;nbsp;&lt;/strong&gt;Igihe bibaye ngombwa kwifatanya na bo&amp;nbsp;muri ibi bikorwa by'imyidagaduro, Umukristo agomba&amp;nbsp;kuba maso kugirango batatuvana mu murongo n'indangagaciro ziboneye. &lt;strong&gt;2 abakorinto 6:14&lt;/strong&gt;&amp;nbsp;&lt;span style=&quot;font-size:16px&quot;&gt;&lt;span style=&quot;background-color:#eaf1fc; color:#0033cc; font-family:&amp;quot;Helvetica Neue&amp;quot;,Helvetica,Arial,sans-serif&quot;&gt;Ntimwifatanye n’abatizera mudahwanye. Mbese gukiranuka no gukiranirwa byafatanya bite? Cyangwa umucyo n’umwijima byabana bite? [15]&lt;/span&gt;&lt;span style=&quot;background-color:#eaf1fc; color:#0033cc; font-family:&amp;quot;Helvetica Neue&amp;quot;,Helvetica,Arial,sans-serif&quot;&gt;Kandi Kristo ahuriye he na Beliyali, cyangwa uwizera n’utizera bafitanye mugabane ki? [16]&lt;/span&gt;&lt;span style=&quot;background-color:#eaf1fc; color:#0033cc; font-family:&amp;quot;Helvetica Neue&amp;quot;,Helvetica,Arial,sans-serif&quot;&gt;Mbese urusengero rw’Imana rwahuza rute n’ibishushanyo bisengwa, ko turi urusengero rw’Imana ihoraho? Nk’uko Imana yabivuze iti “Nzatura muri bo ngendere muri bo, Nzaba Imana yabo na bo bazaba ubwoko bwanjye.&lt;/span&gt;&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;3) Ibiganiro.&amp;nbsp;&lt;/strong&gt;Umuntu ni ikiremwa kiba mu bandi (Social). Mu bikorwa by'imyidagaduro habamo n'ibiganiro, ariko hari amabwiriza dukura muri Bibiriya umukristo agomba kwitwararika: &lt;strong&gt;Abefeso 4:29&lt;/strong&gt;&amp;nbsp;&lt;span style=&quot;font-size:16px&quot;&gt;&lt;span style=&quot;background-color:#eaf1fc; color:#0033cc; font-family:&amp;quot;Helvetica Neue&amp;quot;,Helvetica,Arial,sans-serif&quot;&gt;&quot;Ijambo ryose riteye isoni ntirigaturuke mu kanwa kanyu, ahubwo uko mubonye uburyo mujye muvuga iryiza ryose ryo gukomeza abandi, kugira ngo riheshe abaryumvise umugisha.&quot;&lt;/span&gt;&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;4) Imikino. &lt;/strong&gt;Si icyaha rwose kuba umukristo yakina imikino runaka, ndetse no kuyireba nta cyaha kirimo ubwabyo, gusa muri iyi si yuzuyemo ubushukanyi n'amayeri ya satani, no mu mikino satani ntiyahatanzwe ku buryo hari imikino ifitanye isano n'isi y'umwijima&amp;nbsp;umukristo adakwiriye kwitabira.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;span style=&quot;color:#e67e22&quot;&gt;&lt;span style=&quot;font-size:16px&quot;&gt;&lt;strong&gt;NOTE yihariye ku bijyanye n'imikino:&lt;/strong&gt;&amp;nbsp;&lt;/span&gt;&lt;/span&gt;Hari &lt;strong&gt;&quot;imikino njyarugamba&quot; &lt;/strong&gt;abakristo bakwiriye kwitondera, iyi ni yayindi izwi mu ndimi z'amahanga nka &lt;strong&gt;&quot;arts martiaux&quot;&lt;/strong&gt; &lt;strong&gt;(Martial arts)&lt;/strong&gt;. Ababizi neza bavuga ko iyi mikino ibarizwamo ubwoko bugera kuri 15, ariko iyamenyekanye cyane ku rwengo mpuzamahanga ni&amp;nbsp;&lt;span style=&quot;background-color:rgba(80, 151, 255, 0.18); color:#040c28; font-family:&amp;quot;Google Sans&amp;quot;,arial,sans-serif&quot;&gt;Karaté, Judo, Kung Fu,&amp;nbsp;Tai-Chi-Chuan, na&amp;nbsp;Taekwondo.&amp;nbsp;&lt;/span&gt;&amp;nbsp;Ikizwi neza ni uko iyi mikino ifite inkomoko imwe, kandi ikaba izwiho gutoza cyane abayikina ibyo bita mu ndimi z'amahanga &lt;strong&gt;&quot;Meditation transcendatale&quot;. &lt;/strong&gt;Izi meditation ni uburyo bwo guceceka ugatekereza ku kintu kimwe umyanya munini, ku buryo abazimenyereye bagera ku rwego rwo kubasha gutandukanya umwuka n'umubiri, umwuka we ukaba wakora ikintu umubiri utabigizemo uruhare! Iyi mikorere ihabanye cyane n'inyigisho za Bibiriya, kuko Bibiriya ihamya ko igihe cyose umuntu akiri mu isi ari muzima, ibintu 3 bimugize biguma hamwe kugeza igihe umuntu apfiriye, ubugingo bukamuvamo (vie), umwuka ugasubira ku Wawutanze, umubiri na wo ugasubira mu gitaka aho waturutse.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Abakristo bagomba kubyitondera cyane, bakagisha inama ababifitemo ubumenyi mbere yo kwitabira mwene iyi mikino ya &lt;strong&gt;martial arts&lt;/strong&gt;. Ibisigaye, n'ubwo imikino atari mibi no kuyitabira ubwabyo atari icyaha, umukristo wese agomba kumenya ko nk'uko Bibiriya ibivuga, igihe dutoza umubiri tugomba kumenya no kwitoza kubaha Imana.&amp;nbsp;&lt;strong&gt;1 Timoteyo 4:8-9&amp;nbsp;&lt;/strong&gt;&lt;span style=&quot;font-size:16px&quot;&gt;&lt;span style=&quot;background-color:#eaf1fc; color:#0033cc; font-family:&amp;quot;Helvetica Neue&amp;quot;,Helvetica,Arial,sans-serif&quot;&gt;&quot;Kuko kwitoza k’umubiri kugira umumaro kuri bike, naho kubaha Imana kukagira umumaro kuri byose, kuko gufite isezerano ry’ubugingo bwa none n’ubuzaza na bwo. [9]&lt;/span&gt;&lt;span style=&quot;background-color:#eaf1fc; color:#0033cc; font-family:&amp;quot;Helvetica Neue&amp;quot;,Helvetica,Arial,sans-serif&quot;&gt;Iryo jambo ni iryo kwizerwa kandi rikwiriye kwemerwa rwose.&lt;/span&gt;&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Ntabwo ari icyaha rwose kuba umukristo yafata umuryango bakajya ku mazi kuruhuka, bagatembera.... si na bibi kujyanayo na benedata mu matsinda runaka mugatembererayo kubera impamvu zitandukanye, ariko nanone, Ukuri guhari ni uko&amp;nbsp; Umukristo wageze ku musaraba agomba kuryohherwa n'ibitaramo bihimbaza Imana, ndetse akagera ku rwego atakinezezwa n'ibitaramo bisanzwe twita secular. Imyidagaduro ihesha Imana icyubahiro ntibuze rwose, iyo ni yo ikuza umuntu ikamuvana ku rwego rumwe ikamugeza ku rundi.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Murakoze, uwiteka abagirire neza&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;/p&gt;</description>
<category>Ibibazo byerekeye ku cyaha</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=721&amp;qa_1=igihe-umukristo-agiye-bikorwa-byimyidagaduro-akoze-icyaha&amp;show=724#a724</guid>
<pubDate>Sun, 12 Nov 2023 18:47:21 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Answered: Ese kwishyiraho tattoo (Tatouages) ni icyaha?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=513&amp;qa_1=ese-kwishyiraho-tattoo-tatouages-ni-icyaha&amp;show=722#a722</link>
<description>&lt;p&gt;Ibishushanyo byo ku mubiri twita mu ndimi z'amahanga &quot;&lt;strong&gt;Tattoo&quot;&amp;nbsp;&lt;/strong&gt;cyangwa &quot;&lt;strong&gt;Tatouages&quot;,&amp;nbsp;&lt;/strong&gt;mu myaka ya cyera byahoze bifatwa nk'ibikorwa n'ibirara gusa cyangwa abantu badashobotse, ariko ubu byahinduye isura byigaruriye n'abandi bantu basanzwe, bikiganza cyane cyane mu bantu b'ibimenyabose bazwi&amp;nbsp;ku izina ry'abastars.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;img alt=&quot;&quot; src=&quot;http://www.bazabibiriya.org/images/tattoo.jpg&quot; style=&quot;height:205px; width:246px&quot;&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Isezerano rishya&amp;nbsp;nta kintu rivuga kuri ibi bishushanyo bya tattoo (Tatouages), ariko isezerano rya cyera ribuza mu buryo budasubirwaho abana b'Imana kwishyiraho ibi bishushanyo. Mu kinyarwanda iri jambo ntiryabonewe igisobanuro gihamyamo neza, ni yo mpamvu dusaba abasomyi kutwemerera tugashyiraho iki cyanditswe mu ndimi z'amahanga:&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;- Abalewi 19:28&lt;/strong&gt;&amp;nbsp;&lt;span style=&quot;font-size:16px&quot;&gt;&lt;strong&gt;&lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&lt;span style=&quot;font-family:Georgia&quot;&gt;“Do not cut your bodies for the dead, and do not mark your skin with tattoos. I am the&amp;nbsp;&lt;/span&gt;&lt;span style=&quot;font-family:Georgia&quot;&gt;Lord&lt;/span&gt;&lt;span style=&quot;font-family:Georgia&quot;&gt;.&quot;&lt;/span&gt;&lt;/span&gt;&lt;/strong&gt;&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Mu zindi versions uyu murongo ugira uti&amp;nbsp;&lt;strong&gt;&lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&lt;span style=&quot;font-size:16px&quot;&gt;&lt;span style=&quot;font-family:Georgia&quot;&gt;&quot;You must not cut your body to show sadness for someone who died or put tattoo marks on yourselves. I am the&amp;nbsp;&lt;/span&gt;&lt;span style=&quot;font-family:Georgia&quot;&gt;Lord&lt;/span&gt;&lt;span style=&quot;font-family:Georgia&quot;&gt;.&quot;&lt;/span&gt;&lt;/span&gt;&lt;/span&gt;&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;span style=&quot;font-family:&amp;quot;times new roman&amp;quot;,Times,serif; font-size:17.28px&quot;&gt;Mu gifaransa uyu murongo ugira uti: &lt;strong&gt;&lt;span style=&quot;font-size:18px&quot;&gt;&lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&quot;Vous ne ferez point d'incisions dans votre chair pour un mort, et vous n'imprimerez point de figures sur vous. Je suis l'Éternel.&quot;&lt;/span&gt;&lt;/span&gt;&lt;/strong&gt;&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Muri Bibiriya Yera uyu murongo ugira uti&amp;nbsp;&lt;span style=&quot;font-size:16px&quot;&gt;&lt;span style=&quot;background-color:#eaf1fc; color:#0033cc; font-family:&amp;quot;Helvetica Neue&amp;quot;,Helvetica,Arial,sans-serif&quot;&gt;“Ntimukiraburishe kwikeba ku mubiri, kandi ntimukicishe imanzi z’ibishushanyo. Ndi Uwiteka.&quot;&lt;/span&gt;&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Uretse ko mu by'ukuri iyi mirongo inasobanutse, ni byiza ko twanabagezaho inkomoko ya za tattoo kugirango birusheho gusobanuka, kuko ntekereza ko abantu benshi bagendera mu kigare bagapfa kwishushanyaho batanazi ibyo barimo n'ingaruka zabyo.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Ijambo &lt;strong&gt;&quot;Tattoo&quot;&lt;/strong&gt; ubwaryo rikomoka muri Tahiti (Polynesie Francaise), mu rurimi rwaho rikaba ryandikwa &lt;strong&gt;&quot;TATOUAS&quot; &lt;/strong&gt;bisobanuye &lt;strong&gt;&quot;imyuka&quot;.&lt;/strong&gt;&amp;nbsp;Guhera cyera mu bihe bya Mose mu isezerano rya cyera, abantu bajyaga bishushanyaho ku mubiri, (cyane cyane iyo babaga bapfushije), bakabikora kugirango baturishe imyuka bakekaga ko ishobora kubatera iturutse kuri uwo muntu wabo wabaga yapfuye.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Uko imyaka yagiye ikurikiraho, ni ko byagiye bihinduka kugeza ubwo kugeza mu bihe by'abami muri Bibiriya, abasengaga ibigirwama bishushanyagaho mu rwego rwo kubiramya, kandi bishushanyagaho mu buryo bubabaje umubiri ku buryo bavaga n'amaraso. Ibi ni byo byabaye muri Bibiriya ubwo Eliya yari ahanganye n'abahanuzi ba Bayali: &lt;strong&gt;1 abami 18:26, 28&lt;/strong&gt;&amp;nbsp;&lt;span style=&quot;font-size:16px&quot;&gt;&lt;span style=&quot;background-color:#eaf1fc; color:#0033cc; font-family:&amp;quot;Helvetica Neue&amp;quot;,Helvetica,Arial,sans-serif&quot;&gt;&quot;Nuko bazana impfizi bahawe barayibaga, maze batakambira izina rya Bāli uhereye mu gitondo ukageza ku manywa y’ihangu, bavuga bati “Nyamuna Bāli, twumvire.” Ariko ntihagira ijwi ryumvikana cyangwa ubasubiza n’umwe. Basimbukira hirya no hino ku gicaniro bubatse. [28]&lt;/span&gt;&lt;span style=&quot;background-color:#eaf1fc; color:#0033cc; font-family:&amp;quot;Helvetica Neue&amp;quot;,Helvetica,Arial,sans-serif&quot;&gt;Barongera batera hejuru, bikebesha ibyuma n’intambi nk’uko basanzwe babigenza, kugeza aho amaraso yabereye imyishori kuri bo.&quot;&lt;/span&gt;&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Uwabajije iki kibazo yifuzaga kumenya, mutwemerere tumusubize dukurikije ibyo twizera kandi dukurikije Ijambo ry'Imana, ntihagire utekereza ko hari uwo twifuza kwibasira.&amp;nbsp;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;igihe cyose Imana ivuze ikintu muri Bibiriya, satani na we azana igishaka gusa na cyo mu buryo buhishe. Abantu bamwe baravuga bati &quot;namwe ntimugakabye, ubu se byatwara iki kwishyiraho agashushanyo runaka ku mubiri....&quot; ariko rero, tuzirikana ko Imana yavuze ko&amp;nbsp; ikimenyetso rukumbi Imana yemera ko kitubaho ari &lt;strong&gt;&quot;ugukebwa ko ku mutima&quot;,&lt;/strong&gt; ariko satani yifuza kubitesha agaciro akazanira abarangaye ibimenyetso bindi bishyira ku mubiri.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Ubusanzwe, kuri buri muntu wese wavutse ubwa kabiri akiyemeza kuyoborwa n'Imana, agomba kumenya ko igihe cyose Imana itubujije ikintu, haba hari impamvu. Kuba Bibiriya itubuza kwishushanyaho Tattoo, hari impamvu. Buriya mu isi y'umwuka habera byinshi, ariko tugomba kumenya ko igihe cyose isi y'umwuka yifuza kwihuza n'isi y'ibifatika, icyenera ikintu kiyihuza n'isi y'umubiri. Kugirango dayimoni yinjire mu muntu, nta na rimwe ijya ikoresha imbaraga, ahubwo icyenera umuryango ufunguye gusa. Iyo wishyize ku mubiri ibishushanyo ya Tattoo, mu buryo utazi uba ukinguye umuryango mu buryo utazi, kandi uba uhaye abadayimoni uburenganzira bwo kugusaba, kuko uba werekanye ko witeguye.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;INAMA DUTANGA:&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;- Uwarangije kwishyiraho za Tattoo ku mubiri, hanyuma agakizwa,&lt;/strong&gt; yaba yarabitewe no kutamenya, kugendera mu kigare cyangwa akaba yari abizi neza akaza gukizwa nyuma, iri jambo riramuhumuriza: &lt;strong&gt;Ibyakozwe n'intumwa 17:30&lt;/strong&gt;&amp;nbsp;&lt;strong&gt;&lt;span style=&quot;font-size:16px&quot;&gt;&lt;span style=&quot;background-color:#eaf1fc; color:#0033cc; font-family:&amp;quot;Helvetica Neue&amp;quot;,Helvetica,Arial,sans-serif&quot;&gt;&quot;Nuko iyo minsi yo kujijwa Imana yarayirengagije, ariko noneho itegeka abantu bose bari hose kwihana&quot;.&amp;nbsp;&lt;/span&gt;&lt;/span&gt;&lt;/strong&gt;&amp;nbsp;Mwene uyu ntuntu agirwa inama yo gusiba ibyo yishushanijeho bimuriho kandi agasesa amasezerano yose yabayeho hagati ye n'isi y'umwijima.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;- Ku muntu utarabyishushanyaho: &lt;/strong&gt;Nta mpamvu yo kwishyiraho Tattoo kubera impamvu zikurikira:&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;1) Icya mbere, &lt;/strong&gt;kwishyiraho Tattoo ni icyaha kuko Imana irabibuza, kandi igihe cyose dukoze ikintu Imana yabujije tuba dukoze icyaha.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;2) Icya kabiri,&lt;/strong&gt; Ese ubundi bimaze iki? Birakongerera iki? &lt;strong&gt;1 Abakorinto 6:12&lt;/strong&gt;&amp;nbsp;&lt;span style=&quot;font-size:16px&quot;&gt;&lt;span style=&quot;background-color:#eaf1fc; color:#0033cc; font-family:&amp;quot;Helvetica Neue&amp;quot;,Helvetica,Arial,sans-serif&quot;&gt;&quot;Byose ndabyemererwa, nyamara ibingirira akamaro si byose. Byose ndabyemererwa ariko sinzategekwa n’ikintu cyose.&quot;&lt;/span&gt;&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;3) Icya gatatu:&lt;/strong&gt; Kuki tutagira amakenga? Kuki twakwirukira ibyadutse byose, tukirengagiza imiburo tuburirwa n'ababifitemo ubumenyi? &lt;strong&gt;Imigani 27:12&lt;/strong&gt;&amp;nbsp;&lt;span style=&quot;font-size:16px&quot;&gt;&lt;span style=&quot;background-color:#eaf1fc; color:#0033cc; font-family:&amp;quot;Helvetica Neue&amp;quot;,Helvetica,Arial,sans-serif&quot;&gt;&quot;Umunyamakenga iyo abonye ibibi bije arabyikinga, Ariko umuswa arakomeza akabijyamo akababazwa na byo.&quot;&lt;/span&gt;&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&amp;nbsp;Mu kurangiza, turasubiza iki kibazo duhamya tutajijinganya ko kwishyiraho za tattoo ari icyaha kuko Imana yabibuzanije. Muri ibi bihe bya nyuma satani afite amayeri menshi yo kwigarurira abantu, abizera barasabwa kugira ubwenge n'amacyenga kandi bakihatira gukurikiza iyi nama ya Yesu: &lt;strong&gt;Matayo 10:16&lt;/strong&gt;&amp;nbsp;&lt;span style=&quot;font-size:16px&quot;&gt;&lt;span style=&quot;background-color:#eaf1fc; color:#0033cc; font-family:&amp;quot;Helvetica Neue&amp;quot;,Helvetica,Arial,sans-serif&quot;&gt;“Dore mbatumye muri nk’intama hagati y’amasega, nuko mugire ubwenge nk’inzoka, kandi muzabe nk’inuma mutagira amahugu.&quot;&lt;/span&gt;&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Murakoze, Uwiteka abagirire neza&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&amp;nbsp; &amp;nbsp; &amp;nbsp; &amp;nbsp; &amp;nbsp; Ev. Innocent M.&lt;/p&gt;</description>
<category>Ibibazo byerekeye ku cyaha</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=513&amp;qa_1=ese-kwishyiraho-tattoo-tatouages-ni-icyaha&amp;show=722#a722</guid>
<pubDate>Thu, 09 Nov 2023 16:04:26 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Answered: Ese abana bashobora kuzira ibyaha by'ababyeyi babo?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=510&amp;qa_1=ese-abana-bashobora-kuzira-ibyaha-byababyeyi-babo&amp;show=706#a706</link>
<description>&lt;p&gt;Iki ni ikibazo cyiza gishobora gusubizwa n'ibyanditswe dukura mu Ijambo ry'Imana. Bimwe muri iyo byanditswe ubisomye ushobora kubona ko nta muntu wazira icyaha cy'undi,&amp;nbsp;ariko ibindi bikagaragaza ko abana bashobora kuzira ibyaha by'ababyeyi babo. None se ukuri nyakuri ni ukuhe? Tubisuzume:&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Muri &lt;strong&gt;Ezekiyeli 14:2-4&lt;/strong&gt;&amp;nbsp;&lt;span style=&quot;font-size:16px&quot;&gt;&lt;span style=&quot;background-color:#eaf1fc; color:#0033cc; font-family:&amp;quot;Helvetica Neue&amp;quot;,Helvetica,Arial,sans-serif&quot;&gt;“Kuki mujya mucira igihugu cya Isirayeli uyu mugani ngo ‘Ababyeyi bariye inzabibu zirura, ariko abana babo bakaba ari bo bagira ubushagarira mu kanwa’? [3]“Ndirahiye, ni ko Uwiteka avuga, ntabwo muzongera gucira Isirayeli uwo mugani. [4]Dore ubugingo bwa bose ni ubwanjye, ubugingo bw’umwana ni ubwanjye nk’ubugingo bwa se, ubugingo bukora icyaha ni bwo buzapfa.&quot;&lt;/span&gt;&amp;nbsp;&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Ariko kandi nanone, hari icyanditswe cyo muri Bibiriya kigaragaza ko abana bashobora kuzira ibyaha by'ababyeyi babo.&lt;strong&gt; Kuva 5:6&lt;/strong&gt;&amp;nbsp;&lt;span style=&quot;font-size:16px&quot;&gt;&lt;span style=&quot;background-color:#eaf1fc; color:#0033cc; font-family:&amp;quot;Helvetica Neue&amp;quot;,Helvetica,Arial,sans-serif&quot;&gt;&quot;Ntukabyikubite imbere, ntukabikorere kuko Uwiteka Imana yawe ndi Imana ifuha, mpōra abana gukiranirwa kwa ba se, nkageza ku buzukuruza n’ubuvivi bw’abanyanga,&quot;&lt;/span&gt;&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Ukuri guhari ni uko uhereye cyera, haba mu isezerano rya cyera cyangwa irishya, ihame ry'Imana ni uko Icira buri wese urubanza ishingiye ku migenzereze ye bwite: &lt;strong&gt;Ezekiyeli 18:30&lt;/strong&gt;&lt;span style=&quot;font-size:16px&quot;&gt;&amp;nbsp;&lt;span style=&quot;background-color:#eaf1fc; color:#0033cc; font-family:&amp;quot;Helvetica Neue&amp;quot;,Helvetica,Arial,sans-serif&quot;&gt;“Ni cyo gituma ngiye kubacira urubanza, umuntu wese nk’uko imigenzereze ye iri, mwa b’inzu ya Isirayeli mwe. Ni ko Umwami Uwiteka avuga. Nimugaruke muve mu bibi byanyu byose, ibibi bitabatera kurimburwa.&quot;&lt;/span&gt;&lt;/span&gt;&amp;nbsp;Guhera cyera cyane isi igituwe n'abantu 4 gusa, Imana yagenjereje Kayini ibihwanye n'imigenzereze ya Kayini, ndetse igenzereza Abel ibihwanye n'imigenzereze ya Abel itabihereye ku byaha byakozwe n'ababyeyi babo. Ndetse n'uyu munsi, Imana yaduhaye impano y'agakiza kabonerwa muri Yesu, iyo mpano igenewe bose abazayemera bakayizera, tutitaye ku byakozwe n'ababyeyi ba buri wese.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Ariko rero, &lt;strong&gt;ni ngombwa cyane gutandukanya icyaha n'ingaruka zacyo. &lt;/strong&gt;Kuba ntawe Imana ihora icyaha cy'undi, ntibikuraho ko ingaruka z'icyaha cyakozwe n'umubyeyi zishobora kugera ku bana. Ndetse n'abantu bose ku isi yose muri rusange, uyu munsi turi mu ngaruka z'icyaha cyakozwe na Adamu na Eva. Dawidi yasambanye na Betisheba, havamo umwana. Uyu mwana bidatinze yararwaye arapfa nk'igihano Imana ihaye Dawidi. Nta wavuga ko Imana yahannye uyu mwana bitewe n'icyaha cya se, OYA rwose, icyakoze uyu mwana yagezweho n'ingaruka z'icyaha cyakozwe na se Dawidi.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Iby'icyaha n'ingaruka zacyo bigaragara henshi cyane muri Bibiriya, mu buryo busobanutse. &lt;strong&gt;Amaganya ya Yeremiya 5:7&lt;/strong&gt;&amp;nbsp;&lt;span style=&quot;font-size:16px&quot;&gt;&lt;span style=&quot;background-color:#eaf1fc; color:#0033cc; font-family:&amp;quot;Helvetica Neue&amp;quot;,Helvetica,Arial,sans-serif&quot;&gt;&quot;Ba data bakoze ibyaha kandi ntibakiriho,Natwe twikoreye ibicumuro byabo.&quot;&amp;nbsp;&lt;/span&gt;&lt;/span&gt;&amp;nbsp;Ahangaha ntabwo Yeremiya avuga ko twikoreye ibyaha byakozwe na ba data, oya, aravuga ati &quot;Ba data bakoze &lt;strong&gt;ibyaha&lt;/strong&gt;&quot; .... none &quot;twe twikoreye &lt;strong&gt;ibicumuro&lt;/strong&gt; byabo&quot;.... bisobanuye ko ibyaha byabo bazabyibarizwa, ariko uburemere bwabyo natwe buratugeraho bukadutera gucumura.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Kuva icyaha cyakwinjira mu isi, igihe cyose kibayeho kigira ingaruka no ku batarakigizemo uruhare. N'uyu munsi turabibona. Gusa ku munsi w'urubanza, nta n'umwe uzabazwa ibyaha byakozwe n'abandi. N'ubwo ingaruka z'ibyaha byakozwe n'abandi zitugeraho, dufite amahirwe yo kuba twarahawe umwanya wo&amp;nbsp;kuvuka bundi, iyo twemeye impano y'agakiza kabonerwa muri Yesu, Imana ibasha kutubona mu isura nshya kandi ikadufasha kwigobotora ingoyi y'ingaruka z'ibyaha, uretse n'ingaruka z'ibyaha byakozwe n'abandi, n'ibyaha twakoze ubwabyo turabibabarirwa tugahinduka bashya muri Kristo Yesu.... AMEN.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Uwiteka abagirire neza&lt;/p&gt;</description>
<category>Ibibazo byerekeye ku cyaha</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=510&amp;qa_1=ese-abana-bashobora-kuzira-ibyaha-byababyeyi-babo&amp;show=706#a706</guid>
<pubDate>Wed, 11 Oct 2023 18:13:57 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Answered: Ese kunywa itabi ni icyaha?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=481&amp;qa_1=ese-kunywa-itabi-ni-icyaha&amp;show=662#a662</link>
<description>&lt;p&gt;Nk'uko dukunze kubivuga ntabwo Bibiriya itanga urutonde rw'ibyaha. Muri Bibiriya ntaho byanditse ko kunywa itabi ari icyaha, ariko kuba ntaho byanditse ntibisobanuye ko atari icyaha, kimwe n'uko kuba ntaho byanditse ko kunywa urumogi ari icyaha bidasobanuwe ko turwemerewe.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Ibibazo nk'ibi Bibiriya idakomozaho mu buryo butaziguye, bicishwa mu ndorerwamo y'Ijambo ry'Imana mu bindi byanditswe. Pawulo yandikira abakorinto yarababwiye ati: &lt;strong&gt;&lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&quot;Byose ndabyemererwa, nyamara ibingirira akamaro si byose. Byose ndabyemererwa ariko sinzategekwa n’ikintu cyose.&quot;&amp;nbsp;&lt;/span&gt;(2 abakorinto 6:12)&lt;/strong&gt;&quot;.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Pawulo ati &quot;Sinzategekwa n'ikintu cyose.&quot;. Birazwi ko kunywa itabi ari kimwe mu byaha bibata umuntu (Addiction). Muri icyo gice, Pawulo arakomeza ati: &lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&lt;strong&gt;&quot;Mbese ntimuzi yuko imibiri yanyu ari insengero z’Umwuka Wera uri muri mwe, uwo mufite wavuye ku Mana? Kandi ntimuri abanyu ngo mwigenge. kuko mwaguzwe igiciro. Nuko rero mutume imibiri yanyu ihimbaza Imana.&quot;&lt;/strong&gt;&lt;/span&gt; &lt;strong&gt;(2 Abakorinto 6:19-20).&amp;nbsp;&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Ijambo ry'Imana rirakomeza riti: &lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&lt;strong&gt;&quot;Namwe iyo murya cyangwa munywa cyangwa mukora ikindi kintu cyose, mujye mukorera byose guhimbaza Imana.&quot; &lt;/strong&gt;&lt;/span&gt;&lt;strong&gt;(1 Abakorinto 10:31)&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Ibyo byanditswe bitatu tubonye hejuru bishobora gutuma twibaza ibibazo bitatu:&lt;/p&gt;&lt;p&gt;- Ese kunywa itabi Bidufitiye umumaro?&lt;/p&gt;&lt;p&gt;- Ese kunywa itabi biratuma umubiri wanjye uhimbaza Imana?&lt;/p&gt;&lt;p&gt;- Ese kunywa itabi ni igikorwa gihimbaza Imana?&amp;nbsp;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Byanga bikunda, igisubizo cy'ibyo bibabo ni kimwe: OYA. Kubera iyo mpamvu, twemeza kandi twizera ko kunywa itabi ari icyaha; Bityo rero, nta Mukristo wakanyweye itabi.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Hari uwigeze kunganirirza kuri iki kibazo, arambwira ati &quot;None se ko Abakristo bajya bakunda iyindi mirire cyangwa ibinyobwa runaka kugeza ubwo babaye imbata zabyo, ati nk'urugero: Hari Umukristo nzi ukunda ikawa ku buryo adashobora kuva mu rugo atanyweye ikawa ngo azakore akazi!. Naramusubije nti &quot;None se ibyo byatuma kunywa itabi bitaba icyaha ngo ni uko hari Umukristo wabaye imbata y'ikawa?&quot;&amp;nbsp;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Imana ntiyigeze idukorera urutonde rw'ibyaha. Ubwo Yesu yari amaze gusoza umurimo we hano mu isi, yatubwiye ko azaduha Mwuka Wera akazatubwira n'ibyo Yesu atatubwiye, kuko tutari kubasha kubyihanganira tudafite Mwuka Wera. &lt;strong&gt;(Yohana16:7-13) &lt;/strong&gt;Umukristo wuzuye Mwuka Wera, byanga bikunda Umwuka Wera uri muri we amusobanurira ko kunywa itabi ari icyaha.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Kunywa itabi ni kimwe mu byaha bibata umuntu. Iyo cyakubase, ukigwamo, ukababazwa n'uko wagikoze, ukihana, ariko nyuma yaho ukisanga wakiguyemo nanone. Iyo bimeze bityo, biragoye cyane kucyigobotora, uwo bibaho agomba kwiyambaza umukozi w'Imana yisanzuyeho akakimwaturira, akamukorera delivrance, Imana irahari kugirango imubohore kandi imubabarire burundu.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Uwiteka Imana ibahe umugisha&lt;/p&gt;</description>
<category>Ibibazo byerekeye ku cyaha</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=481&amp;qa_1=ese-kunywa-itabi-ni-icyaha&amp;show=662#a662</guid>
<pubDate>Wed, 27 Sep 2023 20:09:09 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Answered: Kuki icyaha cy'ubusambanyi gifatwa mu buryo bw'umwihariko?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=511&amp;qa_1=kuki-icyaha-cyubusambanyi-gifatwa-mu-buryo-bwumwihariko&amp;show=582#a582</link>
<description>&lt;p&gt;Igihe Imana yaremaga umuntu, ntiyigeze imuha ububasha bwo kuba ari we usobanura ikiri icyaha n'ikitari icyaha. Iyaremye umuntu ni na yo yashyizeho imbibi z'ibyemewe n'ibitemewe. Ni yo yashyizeho uko ibiremwa byayo bikwiriye kororoka, ni na yo yashyizeho uko umuntu yaremye akwiriye gukoresha ingingo yahawe, inasobanura mu buryo butomoye ibyerekeye imibonano mpuzabitsina.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Imana imaze kurema umugabo wa mbere, (Adamu), yanamuremeye umugore (Eva), ibaha umugisha, ibaha uburenganzira bwo kororoka, kandi uhereye icyo gihe, Imana yashyizeho ko umugabo n'umugore bahinduka umubiri umwe iyo bahuje ibitsina, kandi Imana yanatuye ko ari byiza. &lt;strong&gt;(Itangiriro 2:24 ; Mariko 10:8)&amp;nbsp;&lt;/strong&gt;. Uhereye icyo gihe, Imana yashyizeho ko&amp;nbsp;imibonano yose ikozwe n'abatarashakanye, biba ari ukwangiza ubushake bwayo mu buryo bukomeye.&amp;nbsp;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;Ariko se kuki iki cyaha cy'ubusambanyi cyafatwa mu buryo bw'umwihariko kurenza ibindi?&amp;nbsp;&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&lt;strong&gt;Icya mbere,&lt;/strong&gt; &lt;/span&gt;mu gikorwa cyo guhuza ibitsina Imana yahishemo imbaraga zituma ababihuje bahinduka umubiri umwe. Gukorana ibindi byaha muri babiri ntibibahindura umuntu umwe: Kwibana n'umuntu, gusindana n'umuntu, gufatanya n'undi muntu icyaha kindi icyo ari cyo cyose ntibibahindura umubiri umwe, ariko guhuza ibitsina n'undi&amp;nbsp;muntu bibahindura umuntu umwe.&amp;nbsp;&amp;nbsp;Mu gikorwa cyo guhuza ibitsina hihishemo imbaraga zo guhinduka umubiri umwe ku&amp;nbsp;mubiri, ubuzima, umutima, ibyiyumviro, n'amarangamutima. Ibi rwose Bibiriya ntibica iruhande, ibihamya muri aya magambo:&amp;nbsp;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;1 Abakorinto 6:16-18&lt;/strong&gt;&amp;nbsp;&quot;&amp;nbsp;&lt;span style=&quot;font-size:16px&quot;&gt;&lt;span style=&quot;background-color:#eaf1fc; color:#0033cc; font-family:&amp;quot;Helvetica Neue&amp;quot;,Helvetica,Arial,sans-serif&quot;&gt;Ntimuzi yuko uwifatanya na maraya aba abaye umubiri umwe na we? Kuko Imana yavuze iti “Bombi bazaba umubiri umwe.” [17]Ariko uwifatanya n’Umwami Yesu aba abaye umwuka umwe na we. [18]Muzibukire gusambana. Ibindi byaha byose umuntu akora bikorerwa inyuma y’umubiri, ariko usambana aba akoze icyaha cyo mu mubiri we.&quot;&lt;/span&gt;&lt;/span&gt;&amp;nbsp;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;==&amp;gt; Ukurikije icyo cyanditswe, ni ikibazo gikomeye&amp;nbsp;kuba umuntu yahinduka umwuka umwe na Kristo, yarangiza akihindura&amp;nbsp;umubiri umwe na maraya.&amp;nbsp;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&lt;strong&gt;Icya kabiri&lt;/strong&gt;&lt;/span&gt; gituma iki cyaha gifatwa mu buryo bw'umwihariko, ni uko cyangiza ishusho y'isezerano rikomeye Yesu afitanye n'itorero rye: Mu by'ukuri, ni kenshi Bibiriya ikoresha ishusho y'umukwe n'umugeni ishaka kuvuga Yesu n'itorero rye. Ni kenshi Bibiriya ivuga &quot;Ubukwe bw'Umwana w'intama&quot; ishaka kuvuga urukundo Yesu afitanye n'Itorero rye. Mu ishusho y'ubumwe bukomeye,&amp;nbsp;Yesu n'itorero rye bagize umubiri umwe. Guhuza ibitsina kw'abatarashyingiranywe byangiza iki cyitegererezo, bikanahindura ubusa uku kwihuza kwera hagati ya Kristo n'Itorero rye. Bibiriya igaragaza henshi ko Itorero ari umugeni, kristo akaba umukwe:&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;2 Abakorinto 11:2&lt;/strong&gt;&amp;nbsp;&quot;&lt;span style=&quot;font-size:16px&quot;&gt;&lt;span style=&quot;background-color:#eaf1fc; color:#0033cc; font-family:&amp;quot;Helvetica Neue&amp;quot;,Helvetica,Arial,sans-serif&quot;&gt;kuko mbafuhira ifuhe ryo mu buryo bw’Imana, kuko nabakwereye umugabo umwe ari we Kristo, ngo mubashyingire mumeze nk’umwari utunganye.&quot;&amp;nbsp;&lt;/span&gt;&lt;/span&gt;&amp;nbsp;(Twarakowe, dukobwa n'umugabo umwe ari we Kristo. Ni agahomamunwa kuba Bibiriya yagufata nk'umwari utunganye wakowe, warangiza ukihindura umubiri umwe na maraya kandi warahindutse umwuka umwe na Kristo)&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;Ibyahishuwe19:7&lt;/strong&gt; &quot;&lt;span style=&quot;font-size:16px&quot;&gt;&lt;span style=&quot;background-color:#eaf1fc; color:#0033cc; font-family:&amp;quot;Helvetica Neue&amp;quot;,Helvetica,Arial,sans-serif&quot;&gt;Tunezerwe twishime, tuyihimbaze, kuko ubukwe bw’Umwana w’Intama busohoye umugeni we akaba yiteguye,&quot;&lt;/span&gt;&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;Ibyahishuwe 21:9&amp;nbsp;&lt;/strong&gt;&lt;span style=&quot;font-size:16px&quot;&gt;&lt;span style=&quot;background-color:#eaf1fc; color:#0033cc; font-family:&amp;quot;Helvetica Neue&amp;quot;,Helvetica,Arial,sans-serif&quot;&gt;&quot;Haza umwe wo muri ba bamarayika barindwi bari bafite za nzabya ndwi zuzuye ibyago birindwi by’imperuka, avugana nanjye arambwira ati “Ngwino nkwereke umugeni, umugore w’Umwana w’Intama.”&lt;/span&gt;&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;==&amp;gt; No mu isezerano rya cyera, iyo Abisirayeli bacaga mu iserano bafitanye n'Imana bagereranywaga na maraya, ni ukuvuga umugore wica isezerano ry'urushako akiyandarika mu bandi bagabo:&amp;nbsp;&lt;/p&gt;&lt;table style=&quot;border-collapse:collapse; border-spacing: 0px;&quot;&gt;&lt;tbody&gt;&lt;tr&gt;&lt;td&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;Ibyahishuwe 21:9 &quot;&lt;/strong&gt;&lt;span style=&quot;font-size:16px&quot;&gt;Dore ye, umurwa wiringirwaga uhindutse maraya, ahuzuraga imanza zitabera hakababwamo no gukiranuka, none hasigaye ari ah’abicanyi.&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;/td&gt;&lt;/tr&gt;&lt;/tbody&gt;&lt;/table&gt;&lt;p&gt;==&amp;gt; Muri macye, ntabwo icyaha cy'ubusambanyi kireberwa mu isi y'ibifatika gusa, ahubwo kirenga imbibi kikanafata mu isi y'umwuka. Hafi ya buri gitabo cyose muri Bibiriya kivuga kuri iki cyaha mu buryo bumwe cyangwa ubundi, kandi igihe cyose Imana idusabye kuba abera yongeraho kudusaba kwirinda gusambana, bigaragaza uburyo Imana ubwayo ifata iki cyaha nk'icyaha gikomeye.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;1 Abatesaloniki 4:3-5 &quot;&lt;/strong&gt;&lt;span style=&quot;font-size:16px&quot;&gt;&lt;span style=&quot;background-color:#eaf1fc; color:#0033cc; font-family:&amp;quot;Helvetica Neue&amp;quot;,Helvetica,Arial,sans-serif&quot;&gt;Icyo Imana ishaka ni iki: ni ukwezwa kwanyu no kwirinda gusambana, [4]&lt;/span&gt;&lt;span style=&quot;background-color:#eaf1fc; color:#0033cc; font-family:&amp;quot;Helvetica Neue&amp;quot;,Helvetica,Arial,sans-serif&quot;&gt;ngo umuntu wese muri mwe amenye gutegeka umubiri we wezwe ufite icyubahiro, [5]&lt;/span&gt;&lt;span style=&quot;background-color:#eaf1fc; color:#0033cc; font-family:&amp;quot;Helvetica Neue&amp;quot;,Helvetica,Arial,sans-serif&quot;&gt;mudatwarwa n’irari ryo kurigira nk’abapagani batazi Imana.&quot;&lt;/span&gt;&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Mu gusoza, ntitwakwibagirwa inama ikomeye Bibiriya itugira ku byerekeranye n'iki cyaha cy'ubusambanyi: Ku bindi byaha byose, Bibiriya iratubwira ngo &quot;turwanye satani na we azaduhunga&quot; (Yakobo 4:7); Ariko ku cyaha cy'ubusambanyi, Bibiriya ntidusaba kurwana, idusaba &quot;guhunga&quot;.&amp;nbsp;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;1 Corintians 6:18&amp;nbsp;&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;(Version Louis second)&lt;/strong&gt; &lt;span style=&quot;color:#e67e22&quot;&gt;&quot;&lt;span style=&quot;background-color:#fdfeff; font-family:Roboto,Arial,Helvetica,sans-serif&quot;&gt;Fuyez l'impudicité&lt;/span&gt;&lt;/span&gt;&lt;span style=&quot;background-color:#fdfeff; color:#001320; font-family:Roboto,Arial,Helvetica,sans-serif&quot;&gt; [...]&amp;nbsp;&amp;nbsp;&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;span style=&quot;background-color:#fdfeff; color:#001320; font-family:Roboto,Arial,Helvetica,sans-serif&quot;&gt;&lt;strong&gt;(King James version)&lt;/strong&gt;&amp;nbsp;&lt;/span&gt;&lt;span style=&quot;color:#e67e22&quot;&gt;&lt;span style=&quot;background-color:#fdfeff; font-family:Roboto,Arial,Helvetica,sans-serif&quot;&gt;&quot;&lt;/span&gt;&lt;span style=&quot;background-color:#fdfeff; font-family:Roboto,Arial,Helvetica,sans-serif&quot;&gt;Flee fornication&quot; &lt;/span&gt;&lt;/span&gt;&lt;span style=&quot;background-color:#fdfeff; color:#001320; font-family:Roboto,Arial,Helvetica,sans-serif&quot;&gt;[...]&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;span style=&quot;background-color:#fdfeff; color:#001320; font-family:Roboto,Arial,Helvetica,sans-serif&quot;&gt;&lt;strong&gt;(Martin Bible version)&lt;/strong&gt;&amp;nbsp;&lt;/span&gt;&lt;span style=&quot;color:#e67e22&quot;&gt;&lt;span style=&quot;background-color:#fdfeff; font-family:Roboto,Arial,Helvetica,sans-serif&quot;&gt;Fuyez la fornication&lt;/span&gt;&lt;/span&gt;&lt;span style=&quot;background-color:#fdfeff; color:#001320; font-family:Roboto,Arial,Helvetica,sans-serif&quot;&gt; [...]&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;span style=&quot;background-color:#fdfeff; color:#001320; font-family:Roboto,Arial,Helvetica,sans-serif&quot;&gt;Murakoze, Uwiteka abagirire neza&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;em&gt;&lt;span style=&quot;background-color:#fdfeff; color:#001320; font-family:Roboto,Arial,Helvetica,sans-serif&quot;&gt;Ev. Innocent Munyaneza&lt;/span&gt;&lt;/em&gt;&lt;/p&gt;</description>
<category>Ibibazo byerekeye ku cyaha</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=511&amp;qa_1=kuki-icyaha-cyubusambanyi-gifatwa-mu-buryo-bwumwihariko&amp;show=582#a582</guid>
<pubDate>Wed, 06 Sep 2023 18:49:06 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Answered: Ese ibyaha byose birangana imbere y'Imana?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=492&amp;qa_1=ese-ibyaha-byose-birangana-imbere-yimana&amp;show=577#a577</link>
<description>&lt;p&gt;Impaka zo kumenya niba&amp;nbsp;ibyaha byose bingana imbere y'Imana zagiye zivuka ziturutse mu byanditswe muri Bibiriya ubwabyo. Hamwe na hamwe muri Bibiriya, iyo uhasomye udasesenguye neza wumva Bibiriya yemeza ko ibyaha byose bingana imbere y'Imana, ariko ibindi byanditswe bikongera bigasa n'ibigaragaza ko hari ibyaha bikomeye n'ibyoroheje.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;REKO TUBANZE TUREBE IBYO BYANDITSWE:&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;&amp;nbsp;Yakobo 2: 10-11&lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&amp;nbsp;&quot;Umuntu wese witondera amategeko yose agasitara kuri rimwe, aba ayacumuye yose. Kuko uwavuze ati 'Ntugasambane', ni we wavuze ati 'ntukice'. Nuko rero nudasambana ariko ukica, uba ucumuye amategeko yose&quot;&lt;/span&gt;&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;Matayo 5:27-28&lt;/strong&gt; &lt;strong&gt;&lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&quot;Mwumvise ko byavuzwe ngo 'Ntugasambane', Jyewe ho ndababwira yuko umuntu wese ureba umugore akamwifuza, aba amaze gusambana na we mu mutima we.&quot;&lt;/span&gt;&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Ukoresheje ibi byanditswe byo hejuru, bamwe babibonamo ubusobanuro ko ibyaha byose bingana. Ariko nanone ibi byanditswe byo hasi, abandi babibonamo ko ibyaha bitangana:&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;Mariko 3:28&lt;/strong&gt;&amp;nbsp;: Mu gihe ibindi byaha byose bishobora kubabarirwa, hari icyaha kidashobora kubabarirwa cyo gutuka Mwuka Wera. (Ku bindi bisobanuro ushobora &amp;lt;a href=&quot;&lt;a href=&quot;http://bazabibiriya.org/question/ni-kihe-cyaha-kidashobora-kubabarirwa/&quot;&quot; rel=&quot;nofollow&quot;&gt;http://bazabibiriya.org/question/ni-kihe-cyaha-kidashobora-kubabarirwa/&quot;&lt;/a&gt; target=&quot;_blank&quot;&amp;gt;gukanda hano&amp;lt;/a&amp;gt; ugasoma ikibazo kigira kiti &quot;Ni ikihe cyaha kidashobora kubabarirwa).&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&amp;nbsp;&lt;strong&gt;Yohana 19:11&lt;/strong&gt;: &lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&lt;strong&gt;&quot;Yesu aramusubiza ati &quot;Ntiwagira ububasha bwo kugira icyo untwara utabuhawe buvuye mu ijuru, ni cyo gituma ukungabije akurusha icyaha.&quot;&lt;/strong&gt;&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Icya mbere tugomba kumenya tutarajya kure, ni uko Icyaha kigomba kureberwa mu nguni ebyiri: Hari inguni y'Imana n'inguni y'abantu. Mu nguni y'abantu, uburemere bw'icyaha burarutana bitewe n'ingaruka zabyo: Gusambana no kugira irari ry'ubusambanyi, byombi ni ibyaha mu maso y'Imana, ariko sindabona umuntu warwaye sida azira irari gusa ritashyizwe mu bikorwa. Kwanga mugenzi wawe no kwica mugenzi wawe byombi ni ibyaha, ariko nta muntu nzi wagizwe imfubyi n'urwango rw'abantu igihe rutakurikijwe ibikorwa.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Imana Irera cyane kandi igakiranuka birenze ubwenge bwacu, ku buryo buri cyaha cyose dukoze tuba tugikoreye Imana kandi kiba kigomba kwihanwa. Irari ry'ubusambanyi n'ubusambanyi nyir'izina, kwanga umuntu no kwica umuntu, kubeshya no kuraguza, ...... buri cyaha cyose umuntu akoze aba acumuye ku itegeko ry'Imana, kandi buri cyaha cyose Imana icyanga kimwe n'ikindi. Muri iyi nguni, ibyaha byose bica mu ndorerwamo y'Imana mu buryo bumwe. Ariko kuko tutari&amp;nbsp;ku rwego rw'imitekerereze y'Imana tukaba tutanayishyikira, igikwiye ni uko twasuzuma iki kibazo tukirebeye mu ndorerwamo z'abantu n'ingaruka ibyaha byabo bibagiraho.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Igihe Yesu yari ku isi, hari hari inyigisho zimwe zavugaga ko igihe cyose utarashyira mu bikorwa intekerezo zawe mbi, nta cyaha kikubarwaho. Yesu yababwiye ko bibeshya: Gukora ikintu bishobora kukubera icyaha, &lt;strong&gt;(Action)&lt;/strong&gt;, no kudakora ikintu bishobora kukubera icyaha &lt;strong&gt;(Omission)&lt;/strong&gt;. Muri &lt;strong&gt;Yakobo 4:17&lt;/strong&gt; Bibiriya itubwira ko &lt;strong&gt;&quot;uzi gukora neza ntabikore bimubera icyaha.&quot; &lt;/strong&gt;Muri macye, uwifashe ntakore ikintu kiza kandi yari agishoboye, mu maso y'Imana aba akoze icyaha kimwe n'utabashije kwifata agakora ikibi. Bombi baba bagomba kwihana. Impamvu yabyo? uwavuze ngo ujye ukora ikintu A, ni na we wavuze ngo ntugakore ikintu B. Ibi byombi iyo byirengagijwe, uba ucumuye kuri nyirabyo. Ibi ni byo Bibiriya isobanura.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Muri mcye, irari rizajyana nyiraryo mu rubanza, kimwe n'uko ubusambanyi buzajyana nyirabwo mu rubanza. Nta muriro w'abakoze ibyaha byoroheje uriho, n'uwabakoze ibikomeye ntawo. Gusa tukiri mu isi, ingaruka z'ibyaha by'abantu zigera ku bandi bantu mu bukana butandukanye, akaba ariho duhera tuvuga ko ibyaha byose bitangana mu maso y'abantu. Aho ariko ni mu maso y'abantu, na ho Imana yo iguma ari Imana. &lt;strong&gt;Yobu 35:7-8&lt;/strong&gt;&amp;nbsp;yagize ati &lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&lt;strong&gt;&quot;Niba uri umukiranutsi hari icyo uyihaye? cyangwa se icyo ihabwa n'ukuboko kwawe ni iki? icyakora ibibi byawe byababaza umuntu umeze nkawe, kandi umwana w'umuntu gukiranuka kwawe ni we kwagira icyo kumumarira.&quot;&lt;/strong&gt;&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;Muri macye: Ibyaha byose birangana?&lt;/strong&gt; Igisubizo ni &lt;strong&gt;YEGO&amp;nbsp;na OYA&lt;/strong&gt;. Biterwa n'inguni ubireberamo. Mu maso y'Imana ni YEGO. Nta kaha gato kabaho. Buri cyaha cyose kidutandukanya n'Imana. Igihe nta kwihana kubayeho, byose ku munsi w'amateka bizashyirisha ba nyirabyo mu rubanza. Mu maso y'abantu ni OYA: Tukiri mu isi, ingaruka z'icyaha kimwe ntizisharira nk'iz'ikindi.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;INAMA&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Abakristo bagomba kwirinda umuco utari mwiza wo gushyira ibyaha mu byiciro. Bagomba kwirinda cyane cyane ibyaha twita &quot;Inyongobezabugingo&quot;, ibi ni ibyaha bamwe batekereza ko ari bito nyamara na byo bidutandukanya n'ubwiza bw'Imana.&amp;nbsp;Inkuru nziza ni uko Yesu yadupfiriye kugirango tubabarirwe. Igihe cyose Umukristo akoze icyaha aba agomba kwihutira kwihana.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Imana ibahe umugisha&lt;/p&gt;</description>
<category>Ibibazo byerekeye ku cyaha</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=492&amp;qa_1=ese-ibyaha-byose-birangana-imbere-yimana&amp;show=577#a577</guid>
<pubDate>Tue, 05 Sep 2023 17:28:40 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Answered: Ese hari itandukaniro hagati y'icyaha ukoze ubigambiriye n'icyo ukoze utabishaka? (Ku byerekeye imbabazi)</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=500&amp;qa_1=itandukaniro-ubigambiriye-utabishaka-byerekeye-imbabazi&amp;show=575#a575</link>
<description>&lt;p&gt;Nubwo Bibiriya igaragaza itandukanya mu buryo bugaragara hagati y'icyaha umuntu akoze yacyitumye n'icyo akoze atabishaka, uko byagenda kose gusaba Imana imbabazi ni ngombwa, waba wagikoze ubishaka cyangwa utabishaka.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Ubwo Abisirayeli bari mu butayu bavuye muri Eguputa, Imana yabahaye amategeko menshi. Muri ayo mategeko, hari harimo itegeko ryo guhanisha umuntu igihano gihwanye n'icyaha yakoze. Uwakuragamo umuntu ijisho, na we bamukuragamo ijisho. Uwavunaga umuntu ukuboko, na we bamuvunaga ukuboko. Uwicaga umuntu, na we baramwicaga. Ariko ku byerekeranye no kwica, Imana yashyizeho itandukaniro: &lt;strong&gt;Kubara 35:11&lt;/strong&gt; &lt;strong&gt;&lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&quot;Muzitoranirize imidugudu y'ubuhungiro, kugirango gatozi wishe umuntu atabyitumye, ayihungiremo.&quot;&lt;/span&gt;&lt;/strong&gt;&amp;nbsp; Iyi midugudu, yari ishinzwe gusa kurengera umuntu wishe undi atabigambiriye. Uwishe umuntu abigambiriye we yagombaga guhorwa byanze bikunze, ariko uwishe atabigambiriye yahabwaga amahirwe yo guhunga umuhoozi, gusa agasabwa kuguma mu mudugudu w'ubuhungiro ntarenge ingabano zawo kugeza igihe umutambyi mukuru azapfira (umurongo wa 25 na 28).&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Ariko rero nanone, tukiri mu isezerano rya kera, gukora icyaha utabishaka ntabwo byaguhaga ubudahangarwa, ngo wumve yuko nta rubanza rukuriho. Ni yo mpamvu Bibiriya mu &lt;strong&gt;Kubara 15:27&lt;/strong&gt;&amp;nbsp;igira iti:&amp;nbsp;&lt;strong&gt;&lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&quot;Kandi umuntu umwe nakora icyaha atakitumye, atambe umwagazi w'ihene utaramara umwaka ho igitambo gitambirwa ibyaha.&quot;&lt;/span&gt;&lt;/strong&gt; Ku murongo wa 30 w'icyo gice, Bibiriya igira iti:&amp;nbsp;&lt;strong&gt;&lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&quot;Ariko umuntu ukora icyaha yihandagaje, naho yaba umusuhuke cyangwa kavukire, uwo muntu aba atutse Uwiteka. Nuko akurwe mu bwoko bwe.&quot;&amp;nbsp;&lt;/span&gt;&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Mu isezerano rishya, &lt;strong&gt;Abaheburayo 10:26-27&lt;/strong&gt; &lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&quot;Niba dukora ibyaha nkana tumaze kumenya ukuri, ntihaba hagisigaye igitambo cy'ibyaha, keretse gutegerezanya ubwoba gucirwaho iteka, no gutegereza umuriro w'inkazi uzarya abanzi b' Imana&quot;&lt;/span&gt;&amp;nbsp;. Iki cyanditswe kirakaze ku bakora ibyaha nkana, ariko nanone ntabwo bibiriya ihishira abakoze icyaha batabizi cyangwa batabigambiriye. &lt;strong&gt;Ibyakozwe n'intumwa 3:17-19&lt;/strong&gt; Bibiriya igira iti&amp;nbsp;&lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&quot;Kandi bene Data, nzi yuko mwabikoze mutabizi, n'abatware banyu ni uko.....Nuko mwihane muhindukire, ngo iminsi yo guhemburwa ibone uko iza ituruka ku Mwami Imana.&quot;&lt;/span&gt; Petero yari arimo asobanurira abamwumvaga ko kuba barakoze ibyaha batabizi, atari urwitwazo: Bagombaga gusaba imbabazi cyimwe n'abandi. Pawulo na we arabishimangira kuko avuga ati &lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&quot;Iminsi yo kujijwa Imana yarayirengagije, ariko noneho itegeka abantu bose bari hose kwihana.&quot;&lt;/span&gt; &lt;strong&gt;Ibyakozwe n'intumwa 17:30&amp;nbsp;&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Abantu benshi bakunze kwitwaza &lt;strong&gt;&quot;kutamenya&quot;&lt;/strong&gt; nk'impamvu y'ibyaha byabo. Nyamara pawulo arababurira, akababwira ko nta rwitwazo ruhari, &lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&quot;kuko bigaragara ko bazi Imana.....&quot;&lt;/span&gt; &lt;strong&gt;(Abaroma 1:18-20)&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Ndetse Pawulo ntatinya no kuvuga mu buryo busobanutse ati: &lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&quot;Abakoze ibyaha bose batazi amategeko, bazarimbuka badahowe amategeko.....&lt;/span&gt;; (Ntabwo Bibiriya ivuga ko abakoze ibyaha batazi amategeko batazarimbuka: Kurimbuka ko bazarimbuka, ariko ntabwo bazarimbuka ku bw'amategeko. Komeza usome wumve)&amp;nbsp;&lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&quot;abapagani badafite amategeko y'Imana, iyo bakoze iby'amategeko ku bwabo baba bihindukiye amategeko nubwo batayafite, bagaragaza ko umurimo utegetswe n'amategeko wanditswe mu mitima yabo, igahamywa n'imitima ihana ibabwiriza, igafatanya n'ibitekerezo byawo kubarega cyangwa se kubaregura.&quot;&lt;/span&gt; &lt;strong&gt;(Abaroma 2:12-16).&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;Muri macye:&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;- Iyo ujkoze icyaha utazi ko ari icyaha, uba ukoze icyaha, uba ugomba gusaba Imana imbabazi&lt;/p&gt;&lt;p&gt;- Iyo ukoze icyaha utabishaka, uba ukoze icyaha, uba ugomba gusaba Imana imbabazi.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;Umwanzuro Ku bakoze ibyaha mu bujiji:&lt;/strong&gt;&amp;nbsp;Haracyari imbabazi. Pawulo ati: &lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&quot;Nubwo nabanje kuba umutukanyi, n'urenganya n'umunyarugomo, ariko narababariwe kuko nabikoze mu bujiji ntarizera&quot;&lt;/span&gt; &lt;strong&gt;(1 Timoteyo 1:13)&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;Umwanzuro Ku bakora ibyaha nkana:&lt;/strong&gt;&amp;nbsp;Petero ati &lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&quot;Niba kumenya neza Yesu Kristo Umwami wacu n'Umukiza kwarabateye guhunga, bakava mu byisi byonona maze bakongera kubyizingitirizamo bikabanesha, ibya nyuma byabo biba birushije ibya mbere kuba bibi. Icyajyaga kuba kiza iyaba batigeze kumenya inzira yo gukiranuka, biruta ko basubira inyuma bamaze kuyimenya, bakareka itegeko ryera bahawe.&lt;/span&gt;&quot; &lt;strong&gt;(2 Petero 2:20-21)&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Muri make, uko bigaragara mu ijambo ry'Imana, Igihe cyose ukoze icyaha uba ugomba kwihana no gusaba Imana imbabazi, waba wagikoze ubizi ko ari icyaha cyangwa utabizi, waba wagikoze nkana cyangwa utabishaka. Imana ni iyo kwizerwa kandi Ikiranukira kutubabarira ibyaha byacu. &lt;strong&gt;(1 Yohana 1:9).&lt;/strong&gt; Iyo utabikoze, ugomba kwitegura ingaruka z'icyaha, nta rwitwazo uzabona.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Imana ibahe Umugisha&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;/p&gt;</description>
<category>Ibibazo byerekeye ku cyaha</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=500&amp;qa_1=itandukaniro-ubigambiriye-utabishaka-byerekeye-imbabazi&amp;show=575#a575</guid>
<pubDate>Tue, 05 Sep 2023 16:23:43 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Answered: Ese kurota usambana ni icyaha?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=495&amp;qa_1=ese-kurota-usambana-ni-icyaha&amp;show=542#a542</link>
<description>&lt;p&gt;Abantu bamwe bakunze kurota basambana, ndetse bakwicura bakagaragaza ibimenyetso nk'iby'umuntu wasambanye koko! Abandi barabyuka mu gitondo, cyane cyane abakiri bato, bagasanga biroteyeho, kabone nubwo baba batibuka inzozi barose! Abo bibayeho bakibaza niba ari icyaha. Mu cyongereza ibi babyita &quot;wet dream&quot; cyangwa &quot;nocturnal emission.&quot;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Muri Bibiriya, isezerano rya kera, umuntu nk'uyu yafatwaga nk'uhumanye, agasabwa kwiyeza mbere yo kugaruka mu bandi. &lt;span style=&quot;color:#008000&quot;&gt;&lt;strong&gt;Abalewi 15:16&lt;/strong&gt;&lt;/span&gt; hagira hati &lt;strong&gt;&quot;Kandi intanga z'umuntu nizimuvamo, yiyuhagire umubiri wose, abe ahumanye ageze nimugoroba&quot; &lt;span style=&quot;color:#008000&quot;&gt;Gutegeka kwa kabiri 23:11 &lt;/span&gt;&lt;/strong&gt;(23:10 muri versions zimwe na zimwe)&lt;strong&gt; &lt;/strong&gt;Bibiriya igira iti&lt;strong&gt;: &quot;Muri mwe nihaba umugabo wahumanijwe n'ibyamubayeho nijoro, azave mu rugerero ye kuhagaruka. ariko nibujya kwira yiyuhagire, izuba ryamara kurenga akagaruka mu rugerero&quot;&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Iki kibazo mutwemerere tukirebere hamwe mu bintu bibiri: kurota usambana, n'ikindi abakiri bato bakunze kwita kwiroteraho. Abo bibayeho usanga bagira ipfunwe baterwa no kwibaza niba ari icyaha. Bakibaza bati ese byakwitwa icyaha gute mu gihe nta bushobozi dufite bwo guhitamo ibyo turota n'ibyo tutarota?&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Urebeye ku miterere ya muntu, koko ni byo ko udashobora guhitamo ibyo urota n'ibyo utarota. Iyo uryamye ugasinzira, ubwonko burakomeza bugakora mu buryo buturenze. Ariko rero, ibihurizwaho n'abahanga n'abashakashatsi muri rusange, ni uko inzozi ari amashusho agaruka ajyanye n'ibintu watekerejeho cyane, ibyaguteye ubwoba cyane, ibiguhangayitse cyane...... n'ibindi byagufashe umwanya munini ku manywa cyangwa mu gihe cya hafi gishize.&amp;nbsp;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;iyo ukunze umuntu cyane, bituma umutekerezaho umwanya munini ku manywa, ntibitangaje ko nijoro wamurota. Iyo utinya inzoka ugahura na yo ku manywa, ntibitangaje ko nijoro wayirota.&amp;nbsp;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;span style=&quot;text-decoration: underline;&quot;&gt;&lt;strong&gt;Iki kibazo turagisubiza mu nguni 2:&amp;nbsp;&lt;/strong&gt;&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;1.&amp;nbsp;&lt;/strong&gt;Inzozi warose ubwazo sicyo kibazo, ahubwo ikibazo ni ibyaguteye kurota izo nzozi. Niba ku manywa &amp;nbsp; &amp;nbsp; &amp;nbsp; &amp;nbsp; &amp;nbsp; &amp;nbsp; &amp;nbsp; &amp;nbsp; &amp;nbsp; &amp;nbsp; wagaburiye ubwonko bwawe ibitekerezo bibi, ibiganiro bibi n'amashusho y'urukozasoni, aho ni ho ikibazo &amp;nbsp; &amp;nbsp; &amp;nbsp; &amp;nbsp; &amp;nbsp; &amp;nbsp; giherereye. Ntiwatangara ubonye nijoro urose usambana, cyangwa se wabyuka ukagaragaza ibimenyetso &amp;nbsp; &amp;nbsp; &amp;nbsp; &amp;nbsp; &amp;nbsp; nk'iby'umuntu wakoze imibonano mpuzabitsina. &amp;nbsp;Aho rero, inzozi ubwazo si icyaha ahubwo ni ingaruka &amp;nbsp; &amp;nbsp; &amp;nbsp; &amp;nbsp; &amp;nbsp; &amp;nbsp; &amp;nbsp; &amp;nbsp; z'icyaha. &amp;nbsp;Niba ibi bikunze kukubaho, genzura neza ubuzima ubayemo. Niba uri Umukristo, cunga neza &amp;nbsp; &amp;nbsp; &amp;nbsp; &amp;nbsp; &amp;nbsp; &amp;nbsp; &amp;nbsp; ubusabane ufitanye n'Imana, ibitekerezo byawe, ibiganiro byawe..... urebe niba bitariho umugayo. Bibiriya &amp;nbsp; &amp;nbsp; &amp;nbsp; &amp;nbsp; &amp;nbsp; yera &lt;span style=&quot;color:#008000&quot;&gt;&lt;strong&gt;Abafiripi 4:8&lt;/strong&gt;&lt;/span&gt; hagira hati &lt;strong&gt;&quot;Ibisigaye bene data, iby'ukuri byose, ibyo kubahwa byose, ibyo &amp;nbsp; &amp;nbsp; &amp;nbsp; &amp;nbsp; &amp;nbsp; &amp;nbsp; &amp;nbsp; &amp;nbsp; &amp;nbsp; &amp;nbsp; &amp;nbsp; gukiranuka byose, ibiboneye byose, iby'igikundiro byose, n'ibishimwa byose, nihaba hariho ingeso &amp;nbsp; &amp;nbsp; &amp;nbsp; &amp;nbsp; &amp;nbsp; nziza kandi hakabaho ishimwe, abe ari byo mwibwira.&quot; &amp;nbsp;&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;&amp;nbsp; &amp;nbsp; &lt;/strong&gt;Muri rusange, bene izi nzozi zigaragaza ubuzima urimo mu buryo bw'Umwuka.&amp;nbsp;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;2&lt;/strong&gt;. &amp;nbsp;Niba uzi neza ko ibi tumaze kuvuga haruguru atari ibyawe, ariko ukarenga ukarota usambana, cyangwa wabyuka mu gitondo ukibonaho ibimenyetso nk'iby'uwakoze imibonano mpuzabitsina, iki ni ikbazo gikomeye kandi gikeneye deliverance (isengesho ribohora), kuko biraterwa n'ibyo bita mu ndimi z'amahanga &quot;Mari de nuit&quot;, &quot;femme de nuit&quot; (Nocturnal husband, nocturnal wife). Mu kinyarwanda ni &quot;Abagore ba nijoro&quot; cyangwa &quot;abagabo ba nijoro.&quot; Ibi biterwa n'ibitero byo mu buryo bw'umwuka. Ni ibitero by'abadayimoni. Ugomba gushaka umukozi w'Imana akagusengera by'umwihariko, akagukorera deliverance.&amp;nbsp;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Narangiza nkubwira ko mu isezerano rya kera harimo amategeko menshi yitwa y'imihango n'imigenzo. Ntugendere ku byanditswe natanze haruguru ngo utekereze ko niba byakubayeho nijoro uhumanye. Gusa igikwiye ni ugusesengura imibereho yawe ukareba niba ihura n'imibereho y'Abera, kuko muri rusangee umubiri ukora ibijyanye n'ibyuzuye mu mutima &lt;strong&gt;(Matayo 12:34)&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;Imana ibahe umugisha.&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Ikindi kibazo wasoma: Ese kwikinisha ni icyaha? &lt;a target=&quot;_blank&quot; rel=&quot;nofollow&quot; href=&quot;http://bazabibiriya.org/index.php?qa=488&amp;amp;qa_1=ese-kwikinisha-ni-icyaha&quot;&gt;kanda hano&lt;/a&gt; urebe igisubizo.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;/p&gt;</description>
<category>Ibibazo byerekeye ku cyaha</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=495&amp;qa_1=ese-kurota-usambana-ni-icyaha&amp;show=542#a542</guid>
<pubDate>Thu, 15 Jun 2017 18:01:32 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Answered: Ese kwikinisha ni icyaha?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=488&amp;qa_1=ese-kwikinisha-ni-icyaha&amp;show=540#a540</link>
<description>&lt;p&gt;Iki ni ikibazo gikunze kwibazwa n'abantu benshi kandi ntibakivugeho rumwe. Mbere yo kugisubiza, reka tubanze twemeze ibintu 3 by'ukuri:&lt;/p&gt;&lt;p&gt;1. Bibiriya ntitanga urutonde rw'ibyaha&lt;/p&gt;&lt;p&gt;2. Ijambo &quot;Kwikinisha&quot; ubwaryo cyangwa &quot;masturbation&quot;&amp;nbsp;mu ndimi z'amahanga ntaho riboneka muri Bibiriya.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;3. Mbere y'uko Yesu asubira mu ijuru, yatwijeje ko n'ibyo we atatubwiye, Umwuka wera azabitumbwira.&amp;nbsp;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;span style=&quot;font-size:16px&quot;&gt;Kuba iri jambo kwikinisha ntaho riboneka muri Bibiriya, ubwabyo si impamvu yatuma umuntu ahagarara ku maguru abiri ngo yemeze ko atari icyaha. Kimwe n'uko kuba ijambo &quot;Imana&quot; ntaho rigaragara mu gitabo cya Esiteri, si impamvu yatuma umuntu akeka ko kitahumetswe kimwe n'ibindi.&amp;nbsp;&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Ngirango mbere yuko tujya kure, abasoma iyi article bose twakwemeranya ko kwikinisha ari indunduro y'ibintu bikorwa n'umuntu ugamije kwishakishaho ibyo abandi babonera mu mibonano mpuzabitsina yemewe n'Imana. Nta muntu wakwitora ngo yikinishe atabanje kimwe muri ibi bikurikira: Ibitekerezo by'Imibonano mpuzabitsina, ibiganiro biganisha aho, amashusho y'urukozasoni (Pornographie) n'ibindi nkibyo: Ibi nibyo biganisha ku ndunduro yo kwikinisha kandi nibyo dukwiriye kwibazaho mbere na mbere. Umuntu ubasha kwirinda ibitekerezo by'irari, ibiganiro bibi, n'amashusho y'urukozasoni, azatsinda kwikinisha. Mbere yo guterwa ipfunwe n'uko wikinisha, wakagombye guterwa ipfunwe n'ibitekerezo byuzuye irari n'amashusho y'urukozasoni ureba.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Hari amahame ya Bibiriya yadufasha gusesengura neza iki kibazo.&amp;nbsp;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;&lt;span style=&quot;color:#008000&quot;&gt;1. Abefeso 5:3&lt;/span&gt;, Bibiriya igira iti: &quot;Ariko gusambana n'ibyonona byose no kurarikira ntibikavugwe rwose muri mwe nk'uko bikwiriye abera.&quot;. &lt;/strong&gt;Bibiriya y'icyongereza version zimwe zibyita&amp;nbsp;&quot;&lt;strong&gt;Fornication and sexual immorality&lt;/strong&gt;&quot;. Sexual immorality ntibyoroshye kubibonera ikinyarwanda gihamyamo neza, ariko ni ibikorwa byose byonona impuzabitsina yemewe n'Imana. Simbona ukuntu kwikinisha byarenga iyi ndorerwamo.&amp;nbsp;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;&lt;span style=&quot;color:#006400&quot;&gt;2. Abakorinto 10:31:&lt;/span&gt; &quot;....buri kintu cyose dukora, twagombye kugikorera guhimbaza Imana&quot;. &lt;/strong&gt;Ese igikorwa cyo kwikinisha, n'ibyakibanjirije nk'uko twabivuze haruguru, (Ibitekerezo bibi, amashusho y'urukozasoni....)&amp;nbsp;birahimbaza Imana?&amp;nbsp;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;&lt;span style=&quot;color:#006400&quot;&gt;3.&lt;/span&gt; &quot;Buri gikorwa cyose kidakoranywe kwizera kiba ari icyaha&quot; &lt;/strong&gt;&lt;span style=&quot;color:#006400&quot;&gt;&lt;strong&gt;Abaroma 14:23. &lt;/strong&gt;&amp;nbsp;&lt;/span&gt;Simbona ukuntu wararikira mu kwizera, ukagirira ibitekerrezo bibi mu kwizera, cyangwa ukarebera amashusho y'urukozasoni mu kwizera. Ntibishoboka.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;span style=&quot;color:#006400&quot;&gt;&lt;strong&gt;4. 1 Abakorinto 6:19-20:&amp;nbsp;&lt;/strong&gt;&lt;/span&gt;&lt;strong&gt;Mbese ntimuzi yuko imibiri yanyu ari insengero z'Umwuka Wera uri muri mwe, uwo mufite wavuye ku Mana? Kandi ntimuri abanyu ngo mwigenge kuko mwaguzwe igiciro. Nuko rero mutume imibiri yanyu ihimbaza Imana.&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;span style=&quot;color:#FF0000&quot;&gt;&lt;span style=&quot;text-decoration: underline;&quot;&gt;&lt;strong&gt;UMWANZURO:&lt;/strong&gt;&lt;/span&gt;&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Mu rumuri ruturuka ku byanditswe maze kuvuga haruguru, ndahamya rwose ntashidikanya ko kwikinisha ari icyaha. Icya mbere ntibihimbaza Imana, icya kabiri byonona umubiri n'ibitekerezo (Sexual immorality) kandi ntibyubahisha Imana nka nyiri uyu mubiri dutunze ukaba ari n'urusengero rw'Umwuka Wera.&amp;nbsp;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;span style=&quot;color:#FF0000&quot;&gt;&lt;strong&gt;INAMA:&lt;/strong&gt;&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;- Ubusanzwe icyaha cyo kwikinisha ni kimwe mu byaha bibata umuntu.&amp;nbsp;Umuntu wese ujya ugwa muri iki cyaha, agomba kwihana no gusaba Imana imbabazi, ariko umuntu wagizwe imbata na cyo nta mbaraga yabona zo kucyigobotora, aracyanga ariko ajya kwisanga agasanga yagikoze. Uyu aba agomba kucyaturira abakozi b'Imana bakamusengera by'umwihariko mu buryo bwa deliverance.&amp;nbsp;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;- Kugirango wirinde kukigwamo, igihe uri wenyine ugomba kugaburira ibitekerezo byawe, amatwi yawe n'amaso yawe ibintu bitari bukujyane kure. Soma Ijambo ry'Imana, ririmba, umva indirimbo z'Imana, reba film zitarimo amashusho mabi.&amp;nbsp;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Imana ibahe umugisha.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Evangeliste Innocent&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;/p&gt;</description>
<category>Ibibazo byerekeye ku cyaha</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=488&amp;qa_1=ese-kwikinisha-ni-icyaha&amp;show=540#a540</guid>
<pubDate>Tue, 13 Jun 2017 17:10:21 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Answered: Icyaha kidashobora kubabarirwa ni ikihe?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=494&amp;qa_1=icyaha-kidashobora-kubabarirwa-ni-ikihe&amp;show=539#a539</link>
<description>&lt;p&gt;Bibiriya yera, &lt;span style=&quot;color:#008000&quot;&gt;&lt;strong&gt;Mariko 3:28-29&lt;/strong&gt;&lt;/span&gt; yesu ubwe yaravuze ati: &lt;strong&gt;&quot;Ndababwira ukuri yuko abantu bazababarirwa ibyaha byabo byose, n'ibitutsi batuka Imana, ariko umuntu wese utuka Umwuka Wera ntabwo azabibabarirwa rwose, ahubwo aba akoze icyaha cy'iteka ryose&quot;&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Ukurikije uko yesu ubwe abivuga, icyaha kitababarirwa ni &lt;strong&gt;ugutuka Umwuka Wera&lt;/strong&gt;. Buri cyaha kindi cyose, uko cyaba gisa, uko cyaba kingana, yewe kabone n'ubwo waba waratutse Imana, uzabibabarirwa nusaba Imana imbabazi, ariko nuramuka ututse Umwuka Wera, bizaba birangiye, nta mbabazi. UMUNTU ATUKA UMWUKA WERA ATE?&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Igihe Yesu yavuze iri jambo rikomeye, yaribwiye Abafarisayo. Aba bari bariboneye n'amaso yabo ibikorwa bya Yesu n'ibitangaza bye, bari barumvise inyigisho ze, amaso yabo n'amatwi yabo yabaye umugabo wagombaga guhamya umurimo wa Mwuka Wera, ariko barenze kuri ibyo ahubwo bagahamya ko yesu akora ibyo byose abikoreshejwe n'umukuru w'abadayimoni witwa Belzebuli. Ibi ntabwo Abafarisayo babitewe no kutamenya cyangwa ubujiji, bari bazi neza ko yesu ari we Mesiya, ariko banze kumwakira ku bwende bwabo. Bari bazi neza ko ubuhanuzi bwari burimo gusohorera mu maso yabo. Nyamara birengagije ibyo byose bahitamo kwiziba amatwi ngo batumva ukuri kuzanwa na Mwuka Wera. Nyamara Yesu we azi uburyo yasize icyubahiro cye aza kubakiza, kwanga kumwizera yabibonaga nk'icyaha kidashobora kubabarirwa.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Muri iyi minsi yacu, Umwuka Wera ari ku murimo mu isi yose, kandi nk'uko tubisanga muri &lt;strong&gt;Yohana 16:8, &lt;/strong&gt;afite umurimo wo &quot;&lt;strong&gt;gutsinda ab'isi, kubemeza iby'icyaha no gukiranuka&lt;/strong&gt;.&quot; igihe umuntu ahisemo kwanga kumvira umwuka wera, akanga kwizera yesu, aba ahisemo kurimbuka mu kimbo cy'Ubugingo.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Imana yategetse ko uburyo rukumbi bw'agakiza bubonerwa mu Mwana wayo Yesu gusa. Nta handi. Mu buryo budasubirwaho, imbabazi zibonerwa muri Yesu gusa. Kwirengagiza Umucunguzi rukumbi twahawe, nta buryo bundi bundi bw'agakiza uba usigaranye. Kwanga imbabazi z'Imana, Imana ntiyabyihanganira.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;MURI MAKE&lt;/strong&gt;: &lt;strong&gt;&lt;span style=&quot;color:#e67e22&quot;&gt;Icyaha kitababarirwa ni ukuva muri uyu mubiri utizeye Yesu kandi yaramubwiwe. Nta mbabazi zihari ku muntu urinda apfa atizeye kandi yarabwiwe.&lt;/span&gt;&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Abantu benshi babana n'ipfunwe ryo gukeka ko baba barakoze icyaha kitababarirwa, bakibwira ko nta byiringiro bisigaye kuri bo. Icyo Satani yifuza ni uko mwene abo bantu batakaza icyizere cyose, ku buryo bagera n'aho bakeka ko ntacyo bimaze gusaba Imana imbabazi. &lt;strong&gt;Nyamara hari inkuru nziza ku munyabyaha igihe cyose agihumeka: Niyegere Imana na yo izamwegeera (Yakobo 4:8). Aho ibyaha bigwiriye, ninaho ubuntu burushaho gusaga (Abaroma 5:20) &lt;/strong&gt;. Niba hari umutima waguciraga urubanza, uyu munsi wizere ko kuva ukiriho, nturakora icyaha kitababarirwa. Imana iragutegereje n'amaboko arambuye. Ariko nuramuka uvuye muri uyu mubiri utizeye Yesu, nta mahirwe yandi, bizaba birangiye, uzaba ukoze icyaha udashobora kubabarirwa. ibyo abandi bazagukorera nyuma yaho ntacyo bizaba bimaze.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Imana ibahe umugisha&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;/p&gt;</description>
<category>Ibibazo byerekeye ku cyaha</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=494&amp;qa_1=icyaha-kidashobora-kubabarirwa-ni-ikihe&amp;show=539#a539</guid>
<pubDate>Tue, 06 Jun 2017 20:49:32 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Answered: Ni irihe tandukaniro hagati yo gukiranirwa, icyaha n'igicumuro?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=506&amp;qa_1=ni-irihe-tandukaniro-hagati-gukiranirwa-icyaha-nigicumuro&amp;show=538#a538</link>
<description>&lt;p&gt;Icyaha, gukiranirwa, igicumuro: Aya magambo 3 tuyasanga henshi muri Bibiriya, abantu benshi bakaba bibaza aho atandukaniye, ndetse n'abasobanuzi ba Bibiriya mu ndimi zitandukanye bagiye bayavanga.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;&lt;span style=&quot;color:#008080&quot;&gt;Zaburi 32:5:&lt;/span&gt; Nakwemereye ibyaha byanjye, sinatwikiriye gukiranirwa kwanjye. Naravuze nti &quot;Ndaturira Uwiteka ibicumuro byanjye&quot;, nawe unkuraho urubanza rw'ibyaha byanjye. &lt;/strong&gt;Muri uyu murongo wonyine, aya maganbo uko ari 3 aragaragaramo icyarimwe. Icya mbere twavuga, ni uko aya magambo afite icyo ahuriyeho n'icyo atandukaniyeho: Icyo ahuriyeho, ni uko yose agaragaza ikibi kigutandukanya n'Imana, ugikoze wese akaba agomba kwihana no gusaba imbabazi kugirango yiyunnge n'Imana.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Reka noneho turebe icyo atandukaniyeho:&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;span style=&quot;text-decoration: underline;&quot;&gt;&lt;strong&gt;1. ICYAHA:&lt;/strong&gt;&lt;/span&gt; Mu Ruheburayo, ijambo ry'umwimerere ryasobanujwe &quot;icyaha&quot; risobanura &quot;Guhusha intego&quot;. Umuntu akora icyaha igihe cyose akoze kimwe muri ibi bikurikira, yaba abigambiriye cyangwa atabigambiriye:&lt;/p&gt;&lt;p&gt;- Gukora ikintu cyose gitandukanye n'icy'ukuri kw'Imana.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;- Kugira ibitekerezo bidahesha Imana icyubahiro&lt;/p&gt;&lt;p&gt;- Gukora ikintu kiri bugire ingaruka mbi, kuri wowe cyangwa ku bandi&lt;/p&gt;&lt;p&gt;- Kudakora ikintu kandi ubizi neza ko ari kiza (Yakobo 4:17)&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Kuva umuntu wa mbere yakora icyaha, abantu bose bamukomotseho bahise bagira kamere ibogamira ku cyaha, (Abaroma 5:12). Muri twe, habamo intambara ihoraho hagati y'ikibi n'icyiza. Pawulo we agira ati: &quot;&lt;strong&gt;Nzi yuko muri jye, ibyo ni ukuvuga muri kamere yanjye, nta kiza kimbamo, kuko mpora nifuza gukora icyiza, ariko kugikora ntako.&quot; Abaroma 7:18. &lt;/strong&gt;Muri make, igihe cyose ukoze igihabanye n'icy'Imana yifuza, waba ubizi cyangwa utabizi, waba ubishaka cyangwa utabishaka, cyangwa se ukagira ibitekerezo bidahesha Imana icyubahiro, uba ukoze icyaha, kimwe n'igihe udakoze ikintu kandi ubizi ko ari kiza.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;&lt;span style=&quot;text-decoration: underline;&quot;&gt;2. GUKIRANIRWA&lt;/span&gt;: &lt;/strong&gt;Muri make, gukiranirwamo ni uguhitamo kwibera mu buzima bw'ibyaha, butarangwamo kwicuza no kwihana, cyangwa kwihana kutarimo kureka. &lt;span style=&quot;color:#006400&quot;&gt;&lt;strong&gt;Itangiriro 15:16 &lt;/strong&gt;&lt;/span&gt;Bibiriya ivuga ku Bamoni iti :&quot;&lt;strong&gt;Ubuvivi bw'abazajyayo ni bwo buzagaruka ino, kuko gukiranirwa kw'abamoni kutaruzura&quot;. &lt;/strong&gt;Impamvu Bibiriye ikoresha iri jambo, ni uko Abamoni bari barahisemo kwirengagiza Imana no kwibera mu buzima bw'ibyaha.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;3: &lt;span style=&quot;text-decoration: underline;&quot;&gt;&lt;strong&gt;IGICUMURO: &lt;/strong&gt;&lt;/span&gt;Igicumuro ni icyaha umuntu akora yakitumye, akakigambirira kandi akagikorera gahunda. Umunsi Dawidi yasambanye na Betisheba, yakoze igicumuro. Ni yo mpamvu muri &lt;strong&gt;zaburi ya 51 &lt;/strong&gt;yo kwihana kwe, avuga ku murongo wa 3 ati &quot;..... Ku bw'imbabazi zawe nyinshi usibanganye ibicumuro byange&quot;.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Uko byagenda kose, Imana ibasha kubibabarira byose, byaba ibyaha, ibicumuro cyangwa gukiranirwa. igihe cyose ukiriho, uba ugifite amahirwe yo kwihana no gusaba Imana imbabazi, Yo &lt;strong&gt;ikiranukira kutubabarira ibyaha byacu no kutwezaho gukiranirwa kose. (1 Yohana 1:9). &lt;/strong&gt;Ndetse iyo ibabariye ntiyongera kubyibuka ukundi &lt;strong&gt;(Abaheburayo 8:12). &lt;/strong&gt;Ariko gukiranirwa kurambye gusunikira umuntu kubaho nk'ikigenge, akumva ko nta Mana ibaho.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Abanditsi ba Bibiriya bagiye bifashisha amagambo atandukanye kugirango bagaragaze icyaha mu ishusho yacyo yose. Ariko rero, utitaye ku byo wabayemo mbere, Yesu yitanze ubwe apfira ku musaraba kugirango atubabarire ibyo byose. Iyo umwizeye, abiguhanaguraho, ariko iyo utamwizeye ukarinda uva muri uyu mubiri, nta mahirwe yandi uba ugisigaranye, ndetse uba ukoze icyaha kitababarirwa.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Ushobora no kureba igisubizo igisubizo ku kibazo kigira kiti: Icyaha kidashobora kubabarirwa ni ikihe? &lt;a target=&quot;_blank&quot; rel=&quot;nofollow&quot; href=&quot;http://bazabibiriya.org/index.php?qa=494&amp;amp;qa_1=icyaha-kidashobora-kubabarirwa-ni-ikihe&quot;&gt;Kanda hano&lt;/a&gt; urebe igisubizo&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Imana iguhe umugisha&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;/p&gt;</description>
<category>Ibibazo byerekeye ku cyaha</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=506&amp;qa_1=ni-irihe-tandukaniro-hagati-gukiranirwa-icyaha-nigicumuro&amp;show=538#a538</guid>
<pubDate>Mon, 05 Jun 2017 19:42:50 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Answered: Ese gushyenga (Joking)  ni icyaha? ; Bibiriya ivuga iki ku gutera urwanya?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=498&amp;qa_1=ese-gushyenga-joking-icyaha-bibiriya-ivuga-gutera-urwanya&amp;show=516#a516</link>
<description>&lt;p&gt;Gushyenga, gutebya, urwenya, n'ibindi biganiro cyangwa ibikorwa bigamije gusetsa, ubwabyo muri byo si icyaha. Ariko rero, Abakristo bagomba kwitondera mwene ibyo biganiro, kuko hari umurongo ntarengwa. Hari ibyo Bibiriya yita &lt;strong&gt;&quot;Ibiganiro bibi&quot;.&amp;nbsp;&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;Abagalatiya 5:21,&amp;nbsp;&lt;/strong&gt;Bibiriya ishyira ibiganiro bibi mu mirimo ya kamere.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;Abaroma 13:13,&amp;nbsp;&lt;/strong&gt;Bibiriya itubuza kugira ibiganiro bibi.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Inshuro nyinshi mu ijambo ry'Imana, Bibiriya idushishikariza &lt;strong&gt;kurinda ururimi rwacu&lt;/strong&gt;. &lt;strong&gt;Imigani 18:21,&amp;nbsp;&lt;/strong&gt;Bibiriya igira iti: &quot;Ururimi ni rwo rwica kandi ni rwo rukiza. Abarukunda bazatungwa n'icyo ruzana&quot;.&amp;nbsp;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Muri make&amp;nbsp;habaho ibiganiro no gusetsa&amp;nbsp;bishobora kunezeza abandi kandi bitabaye icyaha. Umwanditsi w'&amp;nbsp;&lt;strong&gt;Imigani 17:22&lt;/strong&gt;&amp;nbsp;yavuze ko Umutima unezerewe ari umuti mwiza. Ibyo bisobanuye ko iyo umutima wawe unezerewe, ushobora kubera umuti uwari ufite umutima ubabaye. Aho nta handi bica ni mu biganiro byururutsa imitima.&amp;nbsp;Ariko hariho n'inzenya zidakwiriya abakristo. &lt;strong&gt;&lt;span style=&quot;color:#006400&quot;&gt;Mu buryo butomoye kandi budasubirwaho, Bibiriya itubuza gusohora mu kanwa kacu ijambo ryose riteye isoni&amp;nbsp;( Abefeso 4:29).&amp;nbsp;&amp;nbsp;&lt;/span&gt;&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Amagambo yacu agomba guhesha Imana icyubahiro igihe cyose. Kugira amashyengo ashobora gukomeretsa abandi tugomba kubyirinda, kabone n'aho waba ubikoze nta kibi ugambiriye. Umudendezo w'umwe ntugomba kubera undi ikigusha.&amp;nbsp;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;/p&gt;</description>
<category>Ibibazo byerekeye ku cyaha</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=498&amp;qa_1=ese-gushyenga-joking-icyaha-bibiriya-ivuga-gutera-urwanya&amp;show=516#a516</guid>
<pubDate>Tue, 15 Nov 2016 22:27:53 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Answered: Ese gukina imikino y'amahirwe (kubetinga) ni icyaha?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=484&amp;qa_1=ese-gukina-imikino-yamahirwe-kubetinga-ni-icyaha&amp;show=515#a515</link>
<description>&lt;p&gt;Bibiriya ntabwo ivuga mu buryo butomoye ibyerekeye no kubetinga cyangwa gukina imikino y'amahirwe.&amp;nbsp;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Ariko rero, Bibiriya iratuburira ku byerekeranye no gukunda amafaranga &lt;strong&gt;(&lt;span style=&quot;text-decoration: underline;&quot;&gt;1 Timoteyo 6:10&lt;/span&gt; &amp;nbsp;&quot;Kuko gukunda impiya ari umuzi w'ibibi byose, hariho abantu bamwe bazirarikiye barayoba, bava mu byo kwizera bihandisha imibabaro myinshi&quot;)&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Bibiriya kandi nanone, itubuza gushaka gukira vuba: mu&amp;nbsp;Migani 13:11 Bibiriya ivuga ko umuntu urundarunda ubutunzi bwe avunika ari we uzunguka. Version LouiS Second mu gifaransa iravuga iti: &lt;strong&gt;La richesse mal acquise diminue, mais celui qui amasse peu &lt;span style=&quot;font-family:arial,sans-serif; font-size:10pt&quot;&gt;à&lt;/span&gt; peu l'augmente.&amp;nbsp;&lt;/strong&gt;Mu cyongereza version BBE iravuga iti &quot;&lt;strong&gt;Wealth quickly got will become less ....&lt;/strong&gt;&quot;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Dushobora rero kwemeranya ko kubetinga cyangwa gukina imikino y'amahirwe bishingiye byanze bikunze kuri ibi bintu bibiri cyangwa kimwe muri byo:&amp;nbsp;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;- Urukundo rw'amafaranga cyangwa&lt;/p&gt;&lt;p&gt;- Gushaka gukira vuba&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Ikindi kandi, ni uko inararibonye zabikozemo ubushakashatsi, zasanze bigoye cyane ko wakizwa cyangwa ngo utezwe imbere n'imikino y'amahirwe. Ba nyiri iriya mikino bashobora kuzakwereka umuntu umwe cyangwa 2 bagwiriwe n'amahirwe y'imbonekarimwe, ariko kugirango uzisange muri abo 2 biragoye cyane. Ni ikibazo cya statistics, amahirwe ni make cyane, abakina iyi mikino icyo bakora ni ugutakaza amafaranga hato na hato.&amp;nbsp;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Ikindi kandi abakina iyi mikino bakwiriye kumenya, ni uko iyo ukinnye ugatsindwa rimwe, muri wowe uhita wibwira ko niwongera gukina noneho uri butsinde ukagaruza n'ayo wari watakaje mbere, nabwo ukongera ugatsindwa, ukongera ugakina bwa gatatu, gutyo gutyo ...... kugeza igihe urundukiye. Kandi iyo utsinde rimwe, nabwo uhita wibwira uti: &quot; reka nongere nunguke kurushaho...... kugeza ubwo n'ayo wari wabonye wongera kuyatakaza.&quot;&amp;nbsp;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Bibiriya ntawo ikora urutonde rw'ibyaha. Kuba ikintu kitanditse muri Bibiriya nk'icyaha,&amp;nbsp;ubwabyo ntabwo bihagije ngo twemeze ko tucyemerewe. Pawulo we ati: &quot;Nubwo twemererwa byose, ariko ibigira icyo bitumarira si byose. (&lt;strong&gt;1 abakorinto&amp;nbsp;10:23 ; &amp;nbsp;6:12&quot; )&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Abantu&amp;nbsp;bamwe bakunze guhuza kubetinga no kuba muri Bibiriya hari ahantu heshi hagiye hakoreshwa tombola kugirango bamenye aho ibintu byerekeza. Aha hakoreshwaga ijambo &quot;&lt;strong&gt;ubufindo&lt;/strong&gt;&quot;: Nk'ingero, Igihugu cya Kanani cyagabanijwe imiryango 12 hakoreshejwe ubufindo &lt;strong&gt;(kubara 33:54),&amp;nbsp;&lt;/strong&gt;Nehemiya yakoresheje ubufindo kugirango hamenyekane abazatura muri Yerusalemu imbere, Mu Migani 18:18 Bibiriya iravuga ngo Ubufindo bumara impaka, Yewe no mu isezerano rishya, intumwa zakoresheje ubufindo kugirango zimenye uwagombaga gusimbura Yuda. &lt;strong&gt;Gusa,&lt;/strong&gt;&amp;nbsp;aha hose hakoreshejwe ubufindo kugirango bakiranure impaka nk'uko Bibiriya ibivuga, nta na hamwe higeze hakoreshwa ubufindo kugirango umuntu abone indamu cyangwa ubutunzi.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Bamwe baribwira bati &quot;reka tubetinge, nidutsinda tuzazana amaturo mu rusengero duteze imbere umurimo w'Imana ....&quot; n'ibindi nk'ibyo. Ariko abakristo bakwiriye kumenya ko isi n'ibiyuzuye ari iby'Imana, Imana ntabwo yigeze inanirwa guteza imbere umurimo wayo ikoresheje inzira zo mu mucyo. Ese Imana izanezezwa n'uko twacuruje ibiyobyabwenge tukazana amaturo mu rusengero? Cyangwa n'uko twibye muri bank tukazana icyacumi cy'ayo twamennye mu mutemenwa? igisubizo ni &lt;strong&gt;OYA. &lt;/strong&gt;Uko niko Imana itazanezezwa n'amafaranga abakire bazazana bayibye abakene mu mikino y'amahirwe.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Mu &lt;strong&gt;Baheburayo 13:5 Bibiriya iravuga iti: &quot;ntimukagire ingeso zo gukunda impiya, ahubwo muge munyurwa n'ibyo mufite....&quot;&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;/p&gt;</description>
<category>Ibibazo byerekeye ku cyaha</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=484&amp;qa_1=ese-gukina-imikino-yamahirwe-kubetinga-ni-icyaha&amp;show=515#a515</guid>
<pubDate>Sun, 13 Nov 2016 20:24:17 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Ni izihe ngaruka z'icyaha umuntu atihannye?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=512&amp;qa_1=ni-izihe-ngaruka-zicyaha-umuntu-atihannye</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye ku cyaha</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=512&amp;qa_1=ni-izihe-ngaruka-zicyaha-umuntu-atihannye</guid>
<pubDate>Tue, 08 Nov 2016 20:10:06 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Ese Imana ibona icyaha ukoze utabyitumye mu buryo butandukanye n'ibindi?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=509&amp;qa_1=imana-ibona-icyaha-ukoze-utabyitumye-butandukanye-nibindi</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye ku cyaha</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=509&amp;qa_1=imana-ibona-icyaha-ukoze-utabyitumye-butandukanye-nibindi</guid>
<pubDate>Tue, 08 Nov 2016 20:07:29 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Ukurikije Bibiriya, gukiranirwa ni iki?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=508&amp;qa_1=ukurikije-bibiriya-gukiranirwa-ni-iki</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye ku cyaha</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=508&amp;qa_1=ukurikije-bibiriya-gukiranirwa-ni-iki</guid>
<pubDate>Tue, 08 Nov 2016 20:05:47 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Bose baracumuye: Bishatse kuvuga iki?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=504&amp;qa_1=bose-baracumuye-bishatse-kuvuga-iki</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye ku cyaha</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=504&amp;qa_1=bose-baracumuye-bishatse-kuvuga-iki</guid>
<pubDate>Tue, 08 Nov 2016 20:01:09 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Igihembo cy'icyaha ni urupfu: Bishatse kuvuga iki?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=503&amp;qa_1=igihembo-cyicyaha-ni-urupfu-bishatse-kuvuga-iki</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye ku cyaha</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=503&amp;qa_1=igihembo-cyicyaha-ni-urupfu-bishatse-kuvuga-iki</guid>
<pubDate>Tue, 08 Nov 2016 20:00:21 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Ingaruka z'icyaha ni izihe?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=502&amp;qa_1=ingaruka-zicyaha-ni-izihe</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye ku cyaha</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=502&amp;qa_1=ingaruka-zicyaha-ni-izihe</guid>
<pubDate>Tue, 08 Nov 2016 19:59:34 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Kuki Imana yanga icyaha?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=501&amp;qa_1=kuki-imana-yanga-icyaha</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye ku cyaha</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=501&amp;qa_1=kuki-imana-yanga-icyaha</guid>
<pubDate>Tue, 08 Nov 2016 19:58:55 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Icyaha kiruta ibindi ni ikihe?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=499&amp;qa_1=icyaha-kiruta-ibindi-ni-ikihe</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye ku cyaha</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=499&amp;qa_1=icyaha-kiruta-ibindi-ni-ikihe</guid>
<pubDate>Tue, 08 Nov 2016 16:18:00 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Ese gukora ku cyumweru ni icyaha?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=497&amp;qa_1=ese-gukora-ku-cyumweru-ni-icyaha</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye ku cyaha</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=497&amp;qa_1=ese-gukora-ku-cyumweru-ni-icyaha</guid>
<pubDate>Tue, 08 Nov 2016 16:15:54 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Kamere y'icyaha ni iki?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=496&amp;qa_1=kamere-yicyaha-ni-iki</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye ku cyaha</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=496&amp;qa_1=kamere-yicyaha-ni-iki</guid>
<pubDate>Tue, 08 Nov 2016 16:15:18 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Ese twese twavukanye icyaha cya Adamu na Eva?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=493&amp;qa_1=ese-twese-twavukanye-icyaha-cya-adamu-na-eva</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye ku cyaha</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=493&amp;qa_1=ese-twese-twavukanye-icyaha-cya-adamu-na-eva</guid>
<pubDate>Tue, 08 Nov 2016 16:13:01 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Ese ni icyaha kunywa ibisindisha?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=491&amp;qa_1=ese-ni-icyaha-kunywa-ibisindisha</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye ku cyaha</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=491&amp;qa_1=ese-ni-icyaha-kunywa-ibisindisha</guid>
<pubDate>Tue, 08 Nov 2016 16:11:19 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Ese hari gihe kubeshya bitaba icyaha?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=490&amp;qa_1=ese-hari-gihe-kubeshya-bitaba-icyaha</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye ku cyaha</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=490&amp;qa_1=ese-hari-gihe-kubeshya-bitaba-icyaha</guid>
<pubDate>Tue, 08 Nov 2016 16:10:49 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Bibiriya ivuga iki ku kureba amashusho y'urukozasoni? (pornography)</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=489&amp;qa_1=bibiriya-ivuga-kureba-amashusho-yurukozasoni-pornography</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye ku cyaha</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=489&amp;qa_1=bibiriya-ivuga-kureba-amashusho-yurukozasoni-pornography</guid>
<pubDate>Tue, 08 Nov 2016 16:10:03 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Ese Bibiriya itanga urutonde rw'ibyaha?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=487&amp;qa_1=ese-bibiriya-itanga-urutonde-rwibyaha</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye ku cyaha</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=487&amp;qa_1=ese-bibiriya-itanga-urutonde-rwibyaha</guid>
<pubDate>Tue, 08 Nov 2016 16:07:47 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Ko Bibibiya idatanga urutonde rw'ibyaha, namenya nte niba ikintu runaka ari icyaha?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=486&amp;qa_1=bibibiya-idatanga-urutonde-rwibyaha-namenya-ikintu-runaka</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye ku cyaha</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=486&amp;qa_1=bibibiya-idatanga-urutonde-rwibyaha-namenya-ikintu-runaka</guid>
<pubDate>Tue, 08 Nov 2016 16:06:17 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Abantu b'i Sodomu na Gomora bakoze ikihe cyaha?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=485&amp;qa_1=abantu-bi-sodomu-na-gomora-bakoze-ikihe-cyaha</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye ku cyaha</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=485&amp;qa_1=abantu-bi-sodomu-na-gomora-bakoze-ikihe-cyaha</guid>
<pubDate>Tue, 08 Nov 2016 16:05:03 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Icyaha cyanjye kigira ingaruka ku bandi gute?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=483&amp;qa_1=icyaha-cyanjye-kigira-ingaruka-ku-bandi-gute</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye ku cyaha</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=483&amp;qa_1=icyaha-cyanjye-kigira-ingaruka-ku-bandi-gute</guid>
<pubDate>Tue, 08 Nov 2016 16:03:19 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Ese kurahira ni icyaha?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=482&amp;qa_1=ese-kurahira-ni-icyaha</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye ku cyaha</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=482&amp;qa_1=ese-kurahira-ni-icyaha</guid>
<pubDate>Tue, 08 Nov 2016 16:02:10 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Bibiriya ivuga ki ku kuryamana kw'abahuje ibitsina?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=480&amp;qa_1=bibiriya-ivuga-ki-ku-kuryamana-kwabahuje-ibitsina</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye ku cyaha</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=480&amp;qa_1=bibiriya-ivuga-ki-ku-kuryamana-kwabahuje-ibitsina</guid>
<pubDate>Tue, 08 Nov 2016 16:01:03 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Icyaha cy'inkomoko ni iki?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=479&amp;qa_1=icyaha-cyinkomoko-ni-iki</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye ku cyaha</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=479&amp;qa_1=icyaha-cyinkomoko-ni-iki</guid>
<pubDate>Tue, 08 Nov 2016 15:59:41 +0000</pubDate>
</item>
</channel>
</rss>