<?xml version="1.0" encoding="utf-8"?>
<rss version="2.0">
<channel>
<title>Bibiriya irasubiza - Recent questions and answers in Ibibazo byerekeye Bibiriya</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=qa&amp;qa_1=ibibazo-byerekeye-bibiriya</link>
<description>Powered by Question2Answer</description>
<item>
<title>Mose yanditse itangiriro ryari?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=4233&amp;qa_1=mose-yanditse-itangiriro-ryari</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye Bibiriya</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=4233&amp;qa_1=mose-yanditse-itangiriro-ryari</guid>
<pubDate>Thu, 01 Jan 2026 18:03:14 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Heb. 10.26 Havuga ko niba dukora ibyaha nkana nta imbabazi;   Heb. 6. 4.-6  ntiishoboka ko bongera kwihana</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=747&amp;qa_1=havuga-dukora-ibyaha-imbabazi-ntiishoboka-bongera-kwihana</link>
<description>Iyi mirongo iragaragazako hari abantu batababarirwa &amp;nbsp;n'ubwo baba batatutse uUmwuka wera ariko bagakora ibyaha nkana.Heb. 6.4-6 na Heb 10.26&lt;br /&gt;
&lt;br /&gt;
None ko mwemeza ko imbabazi zihoraho murumva ari kuri buri wese?</description>
<category>Ibibazo byerekeye Bibiriya</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=747&amp;qa_1=havuga-dukora-ibyaha-imbabazi-ntiishoboka-bongera-kwihana</guid>
<pubDate>Tue, 16 Jan 2024 07:19:28 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Mwiriwe bavandimwe narinkeneye mumfashe ubusobanuzi kubijanye nayanyenyeri yabonekeye abanyabwenge</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=729&amp;qa_1=bavandimwe-narinkeneye-ubusobanuzi-nayanyenyeri-abanyabwenge</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye Bibiriya</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=729&amp;qa_1=bavandimwe-narinkeneye-ubusobanuzi-nayanyenyeri-abanyabwenge</guid>
<pubDate>Fri, 22 Dec 2023 19:46:03 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Answered: Torah ni iki?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=164&amp;qa_1=torah-ni-iki&amp;show=728#a728</link>
<description>&lt;p&gt;Ubusanzwe &quot;&lt;strong&gt;Torah&lt;/strong&gt;&quot; ni Ijambo ry'igiheburayo risobanura &quot;Kwigisha cyangwa guhugura&quot;. (To instruct, instruire).&amp;nbsp;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Iri jambo rikoreshwa cyane mu idini ya &lt;strong&gt;Judaism, &lt;/strong&gt;rikaba risobanuye ibitabo bitanu byanditswe na Mose ari na byo bibanza muri Bibiriya. Ibyo bitabo ni &lt;strong&gt;Itangiriro&lt;/strong&gt;, &lt;strong&gt;Kuva&lt;/strong&gt;, &lt;strong&gt;Abalewi&lt;/strong&gt;, &lt;strong&gt;Kubara&lt;/strong&gt; no &lt;strong&gt;Gutegeka kwa kabiri. &lt;/strong&gt;Guhera mu gihe cya Mose, Torah yafatwaga nk'ibanze mu nyigisho zo kumenyesha abantu Imana, ndetse na nubu iracyashingirwaho cyane mu idini ya Judaism.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Judaism na Christianism bahurira ku kuba bombi bizera ko ibi bitabo uko ari 5 byahumetswe n'Imana.&amp;nbsp;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Murakoze&lt;/p&gt;</description>
<category>Ibibazo byerekeye Bibiriya</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=164&amp;qa_1=torah-ni-iki&amp;show=728#a728</guid>
<pubDate>Sat, 25 Nov 2023 10:05:30 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Answered: Bisobanuye iki kuvuga ko Bibiriya yahumetswe n'Imana?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=128&amp;qa_1=bisobanuye-iki-kuvuga-ko-bibiriya-yahumetswe-nimana&amp;show=720#a720</link>
<description>&lt;p&gt;Iki kibazo ahanini gishingiye ku cyanditswe kiri muri &lt;strong&gt;2 Timoteyo 3:16-17&lt;/strong&gt;&amp;nbsp;&lt;span style=&quot;font-size:16px&quot;&gt;&lt;span style=&quot;background-color:#eaf1fc; color:#0033cc; font-family:&amp;quot;Helvetica Neue&amp;quot;,Helvetica,Arial,sans-serif&quot;&gt;Ibyanditswe byera byose &lt;u&gt;byahumetswe&lt;/u&gt; n’Imana kandi bigira umumaro wo kwigisha umuntu, no kumwemeza ibyaha bye no kumutunganya, no kumuhanira gukiranuka, [17]&lt;/span&gt;&lt;span style=&quot;background-color:#eaf1fc; color:#0033cc; font-family:&amp;quot;Helvetica Neue&amp;quot;,Helvetica,Arial,sans-serif&quot;&gt;kugira ngo umuntu w’Imana abe ashyitse, afite ibimukwiriye byose ngo akore imirimo myiza yose.&lt;/span&gt;&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Kuvuga ko Bibiriya &quot;yahumetswe n'Imana,&amp;nbsp;bishatse&amp;nbsp;kuvuga ko Imana&amp;nbsp;ubwayo ari yo yabwiye abantu ibyo bandika. Gusa hari ikigomba kumvikana neza: Kubwira abantu ibyo bandika ntibisobanuye ko Imana yabahagararaga hejuru ikababwira aho bashyira akitso n'akadomo, ahubwo yabashyiraga mu mutima igitekerezo-rusange cy'ibyo bagoma kwandika ubundi buri wese akabyandika mu buryo bwe.&amp;nbsp;&lt;strong&gt;Hari ingero:&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;1)&lt;/strong&gt; Abanditsi b'amavanjili uko ari bane, Bose bavuga ko Yuda yagurishije Yesu, ariko Matayo ni we wenyine uvuga umubare nyawo w'ibice by'ifeza Yuda yakiriye kugirango atange Yesu. (30) Ibyo biterwa n'iki? Byatewe n'uko Matayo yari asanzwe akora mu mafaranga, yari umwakirizi w'imisoro, ntabwo yari kwibagirwa ka detail nk'ako kajyanye n'amafaranga!&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;2)&lt;/strong&gt;&amp;nbsp;Abanditsi b'amavanjili uko ari bane, bavuga ko igihe Yesu yari muri Getsemane abasirikare baje kumufata, Petero yakuye inkota aca ugutwi k'umugaragu w'umusirikare, ariko Luka ni we wenyine wongeraho ko Yesu yahise asubizaho uko gutwi! Kubera iki? Kuko Luka yari umuganga, ntabwo yari kwibagirwa ka detail nk'ako kerekeranye n'ubuvuzi.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;3) &lt;/strong&gt;Kugeza ubu, igitabo cy'abaheburayo ntibizwi uwacyanditse mu buryo butajijinganywaho, ariko iyo umuntu yitegereje byimbitse imyandikire yacyo,&amp;nbsp;abasesenguzi bahamya ku kigero cyo hejuru ko icyo gitabo cyanditswe na Pawulo. Ibi nta kindi babishingiraho, babishingira kuri style iki gitabo cyanditswemo: Iyo witegereje imyandikire ya Pawulo mu bindi bitabo yanditse, usanga iyo myandikire ihura&amp;nbsp;n'imyandikire y'igitabo cy'abaheburayo;&amp;nbsp;kuko Pawulo agira style ye, Petero akagire iye, Yakobo akagira iye.... ibi byose bigaragaza ko Umwuka Wera yahaga umwanditsi igitekerezo rusange, hanyuma umwanditsi akagira ubwisanzure bwo kwandika ibyo yahawe muri style ye.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;==&amp;gt; Nubwo bimeze bityo ariko, n'ubwo abanditsi bose buri wese yandikaga mu bwisanzure bw'imyandikire ye, Bibiriya ihamya ko ibyo banditse byavaga ku Mana, bakabyandika &quot;bashorewe na mwuka Wera&quot;. Ibyo biboneka muri &lt;strong&gt;2 Petero 1:21&lt;/strong&gt;&amp;nbsp;&lt;span style=&quot;font-size:16px&quot;&gt;&lt;span style=&quot;background-color:#eaf1fc; color:#0033cc; font-family:&amp;quot;Helvetica Neue&amp;quot;,Helvetica,Arial,sans-serif&quot;&gt;&quot;kuko ari nta buhanuzi bwazanywe n’ubushake bw’umuntu, ahubwo abantu b’Imana bavugaga ibyavaga ku Mana bashorewe n’Umwuka Wera.&quot;&lt;/span&gt;&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;==&amp;gt; Icyongeye kuri ibyo, Bibiriya ubwayo ihamya ko buri jambo riyirimo ari ijambo Imana yaduhereye kumenya ibyayo by'Umwuka: &lt;strong&gt;1 Abakorinto 2:12-13&lt;/strong&gt;&amp;nbsp;&lt;span style=&quot;font-size:16px&quot;&gt;&lt;span style=&quot;background-color:#eaf1fc; color:#0033cc; font-family:&amp;quot;Helvetica Neue&amp;quot;,Helvetica,Arial,sans-serif&quot;&gt;Ariko twebweho ntitwahawe ku mwuka w’iyi si, ahubwo twahawe uwo Mwuka uva ku Mana kugira ngo tumenye ibyo Imana yaduhereye ubuntu, [13]&lt;/span&gt;&lt;span style=&quot;background-color:#eaf1fc; color:#0033cc; font-family:&amp;quot;Helvetica Neue&amp;quot;,Helvetica,Arial,sans-serif&quot;&gt;ari byo tuvuga ariko ntitubivugisha amagambo akomoka mu bwenge bw’abantu, ahubwo tubivugisha akomoka ku Mwuka, dusobanuza iby’Umwuka iby’umwuka bindi.&lt;/span&gt;&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Mu gusoza, twarangiza tuvuga ko ibyanditswe byera bitibeshya kandi bitavuguruzanya nk'uko bamwe bajya babyibwira. Imana ntiyibeshya, n'Ijambo yandikishije ntiryibeshya.&amp;nbsp;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Murakoze, Uwiteka abahe umugisha&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;/p&gt;</description>
<category>Ibibazo byerekeye Bibiriya</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=128&amp;qa_1=bisobanuye-iki-kuvuga-ko-bibiriya-yahumetswe-nimana&amp;show=720#a720</guid>
<pubDate>Tue, 07 Nov 2023 21:25:03 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Answered: Kubera iki Morodekayi yabujije Esther kuvuga ubwoko bwe kandi we impamvu atakunamira Hamani ari uko ari Umuyuda?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=716&amp;qa_1=kubera-morodekayi-yabujije-esther-impamvu-atakunamira-umuyuda&amp;show=718#a718</link>
<description>&lt;p&gt;Ni byo koko, Morideayi yabujije Esiteri kuvuga ubwoko bwe, nyamara Moridekayi we ntiyangaga kubuhisha. Ibyo biboneka mu mirongo ikurikira:&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;Esiteri 2:10&lt;/strong&gt;&amp;nbsp;&lt;span style=&quot;font-size:16px&quot;&gt;&lt;span style=&quot;background-color:#eaf1fc; color:#0033cc; font-family:&amp;quot;Helvetica Neue&amp;quot;,Helvetica,Arial,sans-serif&quot;&gt;&quot;Kandi Esiteri ntabwo yari yigeze kuvuga bene wabo cyangwa ubwoko bwe, kuko Moridekayi yari yaramwihanangirije kutabivuga.&quot;&lt;/span&gt;&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;Esiteri 2:10&amp;nbsp;&lt;/strong&gt;&lt;span style=&quot;font-size:16px&quot;&gt;&lt;span style=&quot;background-color:#eaf1fc; color:#0033cc; font-family:&amp;quot;Helvetica Neue&amp;quot;,Helvetica,Arial,sans-serif&quot;&gt;&quot;Kandi Esiteri yari ataravuga bene wabo cyangwa ubwoko bwe ubwo ari bwo, nk’uko Moridekayi yari yaramwihanangirije, kuko Esiteri yumviraga itegeko rya Moridekayi nk’uko yaryumviraga akimurera.&quot;&lt;/span&gt;&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;Esiteri 3:3-4&amp;nbsp;&lt;/strong&gt;&lt;span style=&quot;font-size:16px&quot;&gt;&lt;span style=&quot;background-color:#eaf1fc; color:#0033cc; font-family:&amp;quot;Helvetica Neue&amp;quot;,Helvetica,Arial,sans-serif&quot;&gt;&quot;Bukeye abagaragu b’umwami bari ku irembo ry’ibwami babaza Moridekayi bati “Ni iki gituma ucumura ku itegeko ry’umwami?” [4]Bakomeza kumuhana uko bukeye, atabyumviye babiregera Hamani ngo barebe ko yemera ibya Moridekayi, kuko yari yireguje ko ari Umuyuda.&lt;/span&gt;&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;None se, kuki Moridekayi asaba Esiteri guhisha ibyo we ubwe atabasha guhisha?&lt;/strong&gt; Iki kibazo ni cyiza, ariko kugisubiza bisaba gusubira inyuma cyane tukareba inkomoko y'urwango hagati ya Hamani n'Abayuda. Kuki Hamani yangaga abayuda urunuka, kugeza aho yamaze amezi 12 araguza umunsi ku munsi ngo abone uko arimbura Abayuda? Ubundi ibivugwa mu gitabo cya Esiteri ntibyabereye muri Israel, byabereye i Sushani (Suse), aha hakaba hari mu Bamedi n'abaperesi aho Abayuda bari barajyanywe mu bunyage cyera.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Byose byatangiriye ku ngoma ya Sawuli umwami wa Israel, ubwo Imana yamusabaga kurimbura abamaleki akabamaraho burundu ntasige na kamwe. &lt;strong&gt;1 Samuel 15:1-3&lt;/strong&gt;&amp;nbsp;&lt;span style=&quot;font-size:16px&quot;&gt;&lt;span style=&quot;background-color:#eaf1fc; color:#0033cc; font-family:&amp;quot;Helvetica Neue&amp;quot;,Helvetica,Arial,sans-serif&quot;&gt;Hanyuma Samweli abwira Sawuli ati “Uwiteka yantumye kukwimikisha amavuta, ngo ube umwami wa Isirayeli. Nuko rero ube wumvira Uwiteka mu byo avuga. [2]&lt;/span&gt;&lt;span style=&quot;background-color:#eaf1fc; color:#0033cc; font-family:&amp;quot;Helvetica Neue&amp;quot;,Helvetica,Arial,sans-serif&quot;&gt;Uwiteka Nyiringabo avuze ngo ‘Nibutse ibyo Abamaleki bagiriye Abisirayeli, ubwo babatangiraga mu nzira bava muri Egiputa. [3]&lt;/span&gt;&lt;span style=&quot;background-color:#eaf1fc; color:#0033cc; font-family:&amp;quot;Helvetica Neue&amp;quot;,Helvetica,Arial,sans-serif&quot;&gt;None genda urwanye Abamaleki, ubarimburane rwose n’ibyo bafite byose ntuzabababarire, ahubwo uzice abagabo n’abagore, n’abana b’impinja n’abonka, inka n’intama, ingamiya n’indogobe.’ ”&lt;/span&gt;&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Sawuli yari yasabwe kumaraho Abamaleki burundu, ariko Sawuli abateye, arimbura abandi ariko akiza umwami w'Abamaleki witwaga &lt;strong&gt;&quot;Agagi&quot;&lt;/strong&gt;. (Iri zina murifate mu mutwe turarigarukaho). &lt;strong&gt;1 Samuel 15:9&lt;/strong&gt;&amp;nbsp;&lt;span style=&quot;background-color:#eaf1fc; color:#0033cc; font-family:&amp;quot;Helvetica Neue&amp;quot;,Helvetica,Arial,sans-serif; font-size:23.52px&quot;&gt;&lt;span style=&quot;font-size:16px&quot;&gt;&quot;riko Sawuli n’abari kumwe na we barokora Agagi n’inyamibwa z’intama n’inka z’indatwa, n’ibiduhagire n’abāgazi b’intama beza, n’ikintu cyose cyiza banga kubirimbura rwose, ahubwo ikintu cyose kigawa kidafite umumaro baba ari cyo barimbura rwose.&quot;&lt;/span&gt;&amp;nbsp;&lt;/span&gt;Iri ni ikosa rikomeye Sawuli yakoze, ndetse ni naryo yazize kuko Imana yahise ifata umwanzuro wo kumukura ku ngoma ikamusimbuza Dawidi. (Wasoma 1 Samuel igice cya 15 cyose).&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Nubwo Samuel yahindukiye akica Agagi ubwe, amateka avuga ko umugore wa agagi yari yarangije gutoroka, kandi yatorotse atwite inda ya Agagi, ku buryo yaje kubyara ndetse akomokwaho n'ubwoko bwitwa &lt;strong&gt;&quot;Abagagi&quot;. &lt;/strong&gt;Ikibazo gikomeye rero, ni uko &lt;strong&gt;Hamani&lt;/strong&gt; ubwe na we yari &lt;strong&gt;Umwagagi. &lt;/strong&gt;Incuro 5 mu gitabo cya Esiteri, Bibiriya ivuga &lt;strong&gt;Hamani &lt;/strong&gt;ikongeraho iti &lt;strong&gt;&quot;umwagagi&quot;&lt;/strong&gt;. Si k'ubw'impanuka Bibiriya ibitsindagira ityo, bifite impamvu. &lt;strong&gt;Esiteri 3:1,10&lt;/strong&gt;&amp;nbsp;&lt;span style=&quot;font-size:16px&quot;&gt;&lt;span style=&quot;background-color:#eaf1fc; color:#0033cc; font-family:&amp;quot;Helvetica Neue&amp;quot;,Helvetica,Arial,sans-serif&quot;&gt;Hanyuma y’ibyo, Umwami Ahasuwerusi akuza Hamani mwene Hamedata &lt;u&gt;Umwagagi&lt;/u&gt; amugira umutware mukuru, intebe ye ayiha icyubahiro ayirutisha iz’abatware bose bahakanywe. [10]&lt;/span&gt;&lt;span style=&quot;background-color:#eaf1fc; color:#0033cc; font-family:&amp;quot;Helvetica Neue&amp;quot;,Helvetica,Arial,sans-serif&quot;&gt;Nuko umwami yambura impeta ku rutoki ayiha Hamani mwene Hamedata &lt;u&gt;Umwagagi&lt;/u&gt;, umwanzi w’Abayuda.&lt;/span&gt;&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&amp;nbsp;Aya mateka y'ibyo Abayuda bakoreye Abamaleki, cyane cyane ibyo Sawuli yakoreye Agagi sekuruza wa Hamani, Moridekayi yari ayazi nk'umuntu mukuru, ndetse na Hamani yari ayazi. Birumvikana, kuba Moridekayi yari Umuyuda, akaza kwisanga mu bunyage mu gihugu cy'amahanga, cyane cyane akisanga munsi y'ubuyobozi bwa Hamani w'Umwagagi, byari ikibazo gihangayikishije, byanze bikunze Moridekayi yicaraga yiteguye ko igihe icyo aricyo cyose Hamani azihorera.&amp;nbsp;&amp;nbsp;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Moridekayi ni we wareze Esiteri yari abereye sewabo kuko se wa Esiteri yari yarapfuye. Bibiriya ntitanga amakuru ku byo Moridekayi yaba yaraganirije Esiteri byerekeranye n'urwango&amp;nbsp;hagati y'Abayuda n'Abagagi, ariko uko byamera kose, Esiteri yari umwana muto utari witeguye guhangana na Hamani. Hamani yari umuntu ukomeye kandi ufite ububasha yahawe n'umwami, nta mubyeyi n'umwe wari kumuteza umwana w'umukobwa warerewe mu gikari utarigeze atozwa iby'intambara. N'ikimenyimenyi, ubwo Hamani yari amaze kumenya ko Moridekayi ari Umuyuda, (Esiteri we yari yaramaze gutoranywa nk'umwamikazi) hatanzwe itegeko ko Abayuda bose barimburwa &lt;span style=&quot;font-size:14px&quot;&gt;&lt;em&gt;[Nk'uko Abayuda na bo bigeze kurimbura Abagagi];&amp;nbsp;&lt;/em&gt;&lt;/span&gt;&lt;span style=&quot;font-size:16px&quot;&gt;icyo gihe Moridekayi yatumye kuri Esiteri ngo abahakirwe be kurimburwa, Esiteri yabanje kubasubiza ko iyo mission atayishobora! Birumvikana.&amp;nbsp;&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;span style=&quot;font-size:16px&quot;&gt;Mu rumuri rw'ibyo byose bisobanuwe haruguru, biragaragara ko Moridekayi yakoze nk'umubyeyi usheshe akanguhe kandi uzi amateka, unazi ingaruka zari kuba kuri Esiteri iyo ahishura uwo yari we mu gihe kitari cyo. Erega na Bibiriya irabivuga neza, kuvuga ijambo ryiza cyangwa ry'ukuri ntibihagije, ni nangombwa kurivuga &quot;mu gihe gikwiriye&quot;. &lt;strong&gt;Imigani 25:11&lt;/strong&gt;&amp;nbsp;&lt;span style=&quot;background-color:#eaf1fc; color:#0033cc; font-family:&amp;quot;Helvetica Neue&amp;quot;,Helvetica,Arial,sans-serif&quot;&gt;&quot;Ijambo ryizihiye rivuzwe mu gihe gikwiriye, ni nk’amatunda y’izahabu ku mbehe y’ifeza.&quot;&amp;nbsp;&lt;/span&gt;&lt;/span&gt;&amp;nbsp;Esiteri ntiyigeze asabwa kubeshya, yasabwe kwicecekera, kandi ibi si icyaha ahubwo Bibiriya ibidushishikariza kenshi, na Yesu ubwe ubwo yari ageze imbere ya Herode, Herode yamuhase ibibazo byinshi byari bigamije ko Yesu yisobanura uwo ari we, ariko Bibiriya itubwira ko Yesu yicecekeye, nta jambo na rimwe rye Herode yigeze yumva! &lt;strong&gt;Luka 23:8-9&lt;/strong&gt;&amp;nbsp;&lt;span style=&quot;font-size:16px&quot;&gt;&lt;span style=&quot;background-color:#eaf1fc; color:#0033cc; font-family:&amp;quot;Helvetica Neue&amp;quot;,Helvetica,Arial,sans-serif&quot;&gt;Herode abonye Yesu aranezerwa cyane, kuko uhereye kera yashakaga kumubona, kuko yumvaga inkuru ze kandi yifuzaga kubona ikimenyetso yakora. [9]&lt;/span&gt;&lt;span style=&quot;background-color:#eaf1fc; color:#0033cc; font-family:&amp;quot;Helvetica Neue&amp;quot;,Helvetica,Arial,sans-serif&quot;&gt;Amubaza amagambo menshi, ariko ntiyagira icyo amusubiza.&lt;/span&gt;&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Iyo Esiteri aza guhishura uwo ari we igihe kidakwiriye, amahirwe ye yo gutoranywa nk'umwamikazi yari kuba ayoyotse, bityo n'amahirwe y'Abayuda yo gutabarwa na yo yari kuba ayoyotse! Ibyo Moridekayi yari abizi, ni na cyo cy'ingenzi cyamuteye gusaba Esiteri kutihutita kuvuga uwo ari we.&amp;nbsp;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Gusa Moridekayi we, mu gihe gikwiriye yahishuye ko ari Umuyuda. Gusa na we kubihishura&amp;nbsp;yabitewe n'uko yanze gupfukamira Hamani, kandi yagombaga gutanga ibisobanuro by'impamvu yanze kumupfukamira. Nk'uko twabisobanuye haruguru, Moridekayi yahishuye uwo ari we mu gihe gikwiriye, dore ko muri uwo mwanya Esiteri yari yararangije kugera ku ntebe y'umwamikazi, umwanya&amp;nbsp;wamuheshaga amahirwe yo kuvuganira ubwoko bwe.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Mu kurangiza, twavuga ko uko Moridekayi yabitekereje byari byo kuko ni byo byabyaye umusaruro. Uko byarangiye birazwi ntitwabitindaho, byarangiye Abayuda ari bo bigaranzuye abanzi babo barabarandura! Biraduha isomo rikomeye: &lt;strong&gt;Nk'uko Bibiriya ibivuga, ni ngombwa cyane kuvuga ijambo ryiza mu gihe gikwiriye!&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Murakoze, Uwiteka abagirire neza.&lt;/p&gt;</description>
<category>Ibibazo byerekeye Bibiriya</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=716&amp;qa_1=kubera-morodekayi-yabujije-esther-impamvu-atakunamira-umuyuda&amp;show=718#a718</guid>
<pubDate>Fri, 03 Nov 2023 21:25:44 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Answered: Umuntu yagenza ate Bibiriya ishaje itakibasha gukoreshwa?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=148&amp;qa_1=umuntu-yagenza-ate-bibiriya-ishaje-itakibasha-gukoreshwa&amp;show=700#a700</link>
<description>&lt;p&gt;Mbere yo gusubiza iki kibazo, tubanze tubwire abasomyi ko ikintu gihindura Bibiriya Ijambo ry'Imana&amp;nbsp;atari impapuro na wino yanditsemo, ahubwo ni Ijambo ubwaryo ryanditse kuri izo mpapuro. Muri ibi binyejana by'ikoranabuhanga, hari na za Bibiriya zitanditse ku mpapuro kandi na zo ziba zifite ubukana nk'ubwa Bibiriya aho yaba yanditse hose. Buriya ufashe Bibiriya ukayica yacika, uyishyize mu muriro yashya, uyanditsemo byafata .... ariko Ijambo ubwaryo ntirishobora gushya cyangwa gucika.&amp;nbsp;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Umuhanuzi Yeremiya ubwo yari amaze gukusanya ubuhanuzi bwe ku muzingo bandikagaho icyo gihe, umwami Yowakimu yafashe imizingo y'ubwo buhanuzi arayitwika mu muriro, byabaye ngombwa ko Yeremiya (yifashishije umwanditsi we witwaga Baruku) yongera kwandika bundi bushya&amp;nbsp;&lt;strong&gt;(Yeremiya 46).&amp;nbsp;&lt;/strong&gt;Bibiriya nk'impapuro, ifite amateka maremare, yaratwitswe, yaraciwe, yarajugunywe, yarangijwe, nta kibi itakorewe ariko Ijambo ry'Imana ryahuranije ibinyejana guhera kuri Mose kugera kuri Yohana, imyaka 1,500 yose ikorerwa ibibi byose ariko Ijambo ry'Imana ryahagaze ridahungabana, rica mu miraba yose kugeza uyu munsi.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Ntabwo igitabo cya Bibiriya kigomba gufatwa nk'agakoni ka maji cyangwa ubukonikoni, igihe udafite Ijambo ryanditsemo mu mutima wawe. Ndibuka umudamu umwe nigeze gucumbikira iwanjye ahamara igihe, naje gusanga aryama yiseguye Bibiriya, namubajije impamvu abikora atyo ambwira ko yumva arinzwe iyo ayiseguye! Ukuri guhari ni uko ikirinda umuntu ari Ijambo, atari impapuro ryanditseho! Niba udafite Ijambo ry'Imana mu mutima kandi utanaryizera, kwisegura Bibiriya nta kintu byahindura ku ijoro ryawe.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Tugaruke ku kibazo cyacu: Umuntu yagenza ate Bibiriya ishaje? Igihe Bibiriya ishaje ku rwego itagishobora kuba yakoreshwa ishyirwa ahantu ikabikwa neza, iyo ubigenje utyo uba uhaye amahirwe abazagukurikira bakareba umwimerere w'Ijambo ry'Imana uko ibihe bitambuka biha ibindi. Iyi Bibiriya Yera y'ikinyarwanda tumenyereye ubu muri 2025,&amp;nbsp; yasohotse mu icapiro muri 2001, ariko umurimo wo kuyitunganya wabaye muri 1991. Yaje isimbura indi Bibiriya yari yarasohotse mu 1957, na yo yasimbuye iyari yarashyizwe mu kinyarwanda mu 1914. Iyo ugize amahirwe ukabona iyi Bibiriya yo muri 1957, ubasha kwibonera ko n'ubwo amategeko y'imyandikire y'ikinyarwanda yagiye ahinduka, ariko umwimerere w'Ijambo ry'Imana wagumye ari wawundi. Ibyo byose tubibashishwa no kubona za Bibiriya zabitswe neza kuva cyera.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Ntabwo rwose bikwiriye kujugunya mu myanda Bibiriya ishaje, cyangwa kuyigabiza abatazi ibyo aribyo ngo bayihindure igikinisho. None se mu buzima busanzwe ugenza ute igitabo iyo urangije kugisoma? Urakijugunya se? Oya rwose, uko twubaha ibitabo birimo ubwenge bw'iyi si busanzwe, dukwiye kurushaho kubaha izi mpapuro zanditseho ubuhanuzi bwavuye mu kanwa k'Imana.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Ese muzi impamvu twemera 100% ko Ijambo ry'Imana riri muri Bibiliya Yera dukoresha ubu&amp;nbsp; rimeze neza neza&amp;nbsp;uko ryari rimeze ubwo ryandikwaga n'abahanuzi? Vuba aha mu mwaka wa 1947, mu buvumo bw'ahitwa &lt;strong&gt;Qumran (ni mu gace ka Palestine kagenzurwa na Israel), &lt;/strong&gt;umwana w'umushumba yahavumbuye inyandiko z'umwimerere zari zanditsweho ibyinshi mu byanditswe byera. Babigereranije na Bibiliya yari iriho icyo gihe, basanga birahura 100%.&amp;nbsp;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;Dore ifoto y'ibyo byanditswe bizwi ku izina rya &quot;MANUSCRITS DE LA MER MORTE&quot; (&lt;span style=&quot;font-family:&amp;quot;Google Sans&amp;quot;,Arial,sans-serif&quot;&gt;The Dead Sea Scrolls)&lt;/span&gt;&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;span style=&quot;color:#001d35; font-family:&amp;quot;Google Sans&amp;quot;,Arial,sans-serif&quot;&gt;&lt;img alt=&quot;&quot; src=&quot;bazabibiriya.org/images/manuscrits.jpg&quot;&gt;&lt;img alt=&quot;&quot; src=&quot;http://bazabibiriya.org/images/manuscrits.jpg&quot; style=&quot;height:265px; width:500px&quot;&gt;&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;None se mwagizengo iyi mizingo twari kuyibona dute iyo iza kuba yarazimiye? Ubu se aho ibitse muri museum muri Israel, iyo tuyisuye tukayibonera n'amaso yacu ntacyo bitwungura?&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Uko ni ko bimeze no kuri Bibiliya ishaje ku buryo itakibasha gukoreshwa: Twayubaha tukayibika neza, ishobora kuzagirira akamara abazadukurikira.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Murakoze, Uwiteka abagirire neza&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Ev. Innocent M.&lt;/p&gt;</description>
<category>Ibibazo byerekeye Bibiriya</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=148&amp;qa_1=umuntu-yagenza-ate-bibiriya-ishaje-itakibasha-gukoreshwa&amp;show=700#a700</guid>
<pubDate>Wed, 04 Oct 2023 14:47:24 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Answered: Hari bitabo 7 bita &quot;Apocrypha&quot; biri muri Bibiriya ntagatifu bitari muri Bibiriya Yera. Kubera iki?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=152&amp;qa_1=bitabo-apocrypha-bibiriya-ntagatifu-bitari-bibiriya-kubera&amp;show=699#a699</link>
<description>&lt;p&gt;Tugendeye ku bitabo biba muri Bibiriya, muri rusange habaho Bibiriya z'ubwoko bubiri, hari Bibiriya imenyerewe ku izina rya &quot;Bibiriya Yera&quot;&amp;nbsp;ikoreshwa mu matorero ya Gipantekote, (Ubwo turavuga mu kinyarwanda), hakaba n'iyindi Bibiriya izwi ku izina rya &quot;Bibiriya Ntagatifu&quot;&amp;nbsp;ikoreshwa mu idini rya Kiriziya Gatolika.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Iyo tuvuga izo Bibiriya ubwo ntabwo tuvuga versions zitandukanye, tuvuga Ibitabo biri muri izo Bibiriya, ibyo bakunze kwita&lt;strong&gt; &quot;Canon&quot;&lt;/strong&gt;. Muri Bibiriya ntagatifu, mu isezerano rya kera harimo ibitabo 7&amp;nbsp;by'inyongera bitaba muri Bibiriya Yera. Ibyo bitabo ni byo bizwi ku mazina ya &lt;strong&gt;&quot;Apocrypha&quot;&lt;/strong&gt;, cyangwa &lt;strong&gt;&quot;Deuterocanonical&quot;&lt;/strong&gt;.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&amp;nbsp;Iri jambo &lt;strong&gt;&quot;apocrypha&quot;&lt;/strong&gt; ubwaryo rikaba risobanura mu cyongereza &lt;strong&gt;&quot;hidden&quot;&lt;/strong&gt;; ducishirije mu kinyarwanda ni &quot;ikintu gihishe&quot;. Naho&lt;strong&gt; &quot;Deuterocanonical&quot;&lt;/strong&gt; rikaba risobanura &lt;strong&gt;&quot;Inyongera kuri canon isanzwe&quot;.&amp;nbsp;&lt;/strong&gt;Ibyo bitabo ni ibi bikurikira:&lt;/p&gt;&lt;p&gt;- Tobiya, Yudita, Ubuhanga, Baruku, Mwene Siraki, 1 Abamakabe na 2 Abamakabe.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Birazwi ko hagati y'izezerano rya kera n'irishya, haciyemo igihe kinini kibarirwa mu myaka 350. Nyuma y'abahanuzi ba nyuma nka Zekariya na Malaki, ntabwo Yesu yahise avuka, haciyemo igihe kirekire cyo gucececeka, icyo gihe nta muhanuzi wavugaga, nta yerekwa ryari ririho, Imana ubwayo yaracecetse. Iki gihe kizwi mu ndimi z'amahanga nka &quot;Intertestamental silence&quot;. Ibitabo bya apocrypha twabonye hejuru byose byanditswe muri iki gihe cyo guceceka kw'Imana. Ibi bitabo mimaze kwandikwa, Abaheburayo barabyubahaga ariko ku ikubitiro ntibyigeze byemerwa nk'ibyahumetswe n'Imana, kubera impamvu 3:&amp;nbsp;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;1) &lt;/strong&gt;Impamvu ya mbere, byanditswe&amp;nbsp;igihe Imana itari ikivugana n'abahanuzi&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;2) &lt;/strong&gt;Impamvu ya kabiri, birimo amakosa menshi no kuvuguruzanya bitakagombye kuboneka mu nyandiko yahumetse n'Imana.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;3)&lt;/strong&gt; Icya gatatu, ibitabo bindi byo mu isezerano rya cyera bivugwaho mu isezerano rishya mu buryo bumwe cyangwa ubundi, ariko biriya bitabo bya apocrypha nta muntu n'umwe mu isezerano rishya wigeze agira icyo abivugaho.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Guhera mu kinyejana cya mbere, ibitabo byari muri Bibiriya byari bimwe, dore ko bitari binariho kuvuga ngo iyi ni Bibiriya yo muri Gatolika cyangwa hehe, kuko n'Abaprotestants bari bataranabaho. Mu myaka igana 1,500, ubwo Luther Marting yari amaze gutangiza umuriro wo kuvugurura imyizerere (Protestant reforms), ni bwo kiriziya Gatolika yongeye biriya bitabo muri Bibiriya yakoreshaga.&amp;nbsp;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Zimwe mu nyigisho zinagaragara muri ibi bitabo bya apocrypha ntabwo zemerwa mu matorero ya Gipantekote, nko gusengera abapfuye no kwiyambaza abatagatifu. Ibyo byose biri mu bituma ibi bitabo bidakwiye gufatwa nk'ibyahumetswe n'Imana kuko inyigisho zabyo zitandukanye n'izitangwa muri Bibiriya yose, kwemera ko byahumetswe n'Imana byaba bivuze ko Imana yivuguruza kandi bitabaho.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Uwiteka abagirire neza&lt;/p&gt;</description>
<category>Ibibazo byerekeye Bibiriya</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=152&amp;qa_1=bitabo-apocrypha-bibiriya-ntagatifu-bitari-bibiriya-kubera&amp;show=699#a699</guid>
<pubDate>Wed, 04 Oct 2023 14:24:53 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Answered: Ni inde waciye imirongo n'ibice muri Bibiriya? ryari?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=139&amp;qa_1=ni-inde-waciye-imirongo-nibice-muri-bibiriya-ryari&amp;show=652#a652</link>
<description>&lt;p&gt;Ibyanditswe byera by'umwimere igihe byandikwaga ntibyari birimo ibice n'imirongo nk'uko tubona bimeze ubu muri Bibiriya.&amp;nbsp;Byandikwaga ku mizingo nk'uyu nguyu wabonetse muri Isirayeli muri 1947: Uyu ni umwe mu mizingo ya cyera cyane ishoboka ya Bibiriya:&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;img alt=&quot;&quot; src=&quot;http://www.bazabibiriya.org/images/dead sea.webp&quot; style=&quot;height:600px; width:800px&quot;&gt;Aho murabona ukuntu ibyanditswe byera byabaga bimeze mbere yo gucibwamo ibice n'imirongo.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Iki gihe ntabwo byari byoroshye na gato kubwira umuntu icyanditswe ngo ahite akibona muri uyu muzingo. Biroroshye kubwira umuntu ngo reba ijambo riri muri Yohana 3:16 kuruta kumubwira ngo shaka muri Yohana Ijambo rivuga ngo &quot;Kuko Imana yakunze abari mu isi ....&quot;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&amp;nbsp;Ahagana mu mwaka wa 1227, Cardinal wo muri Kiriziya Gatolika, akaba na Archibishop wa Canterbury mu Bwongereza, witwaga Stephen Langton, ni we wabaye uwa mbere mu kugabanya Bibiriya mo ibice. Byumvikane neza ko yaciye ibice gusa, imirongo ntayo yashyizemo.&amp;nbsp;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Bibiriya ya mbere yasohotse irimo ibice yitwa &lt;strong&gt;Wycliffe English Bible&lt;/strong&gt; yasohotse mu &lt;strong&gt;1332&lt;/strong&gt;. Muri rusange, nubwo nyuma yaho hari ibice bike byagihe bihuzwa cyangwa bigatandukanywa bitewe n'isano bifitanye, Bibiriya tugenderaho uyu munsi yagumanye ibi bice biteye gutyo ku kigero cya 99.9%.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&amp;nbsp;Mu mwaka wa &lt;strong&gt;1448,&lt;/strong&gt; Umuyahudi w'umwigisha (Rabbi) witwaga &lt;strong&gt;Nathan,&lt;/strong&gt;&amp;nbsp;yaciye imirongo mu isezerano rya kera ryose, akurikije ibice nk'uko byaciwe na Langton twabonye hejuru.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Mu mwaka wa &lt;strong&gt;1555,&amp;nbsp;&lt;/strong&gt;Robert Estienne&amp;nbsp;(Stephanus), ni we waciye imirongo mu isezerano rishya, uko yayiciye ni ko na n'ubu ikiri muri za Bibiriya zose.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Turashima Imana ku bw'aba bakozi bayo bakoze umurimo ukomeye, kuko ntiwakwiyumvisha ingorane twari kuba dufite iyo Bibirya idashyirwamo ibice n'imirongo.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Ikindi kibazo wasoma: Amateka ya Bubiriya: ESE Bibiriya y'umwimerere iracyariho? &lt;a target=&quot;_blank&quot; rel=&quot;nofollow&quot; href=&quot;https://bazabibiriya.org/index.php?qa=159&amp;amp;qa_1=ese-bibiriya-yumwimerere-iracyariho-original-bible&amp;amp;show=579#a579&quot;&gt;Kanda hano&amp;nbsp;ubone igisubizo.&lt;/a&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Uwiteka Atugirire neza.&lt;/p&gt;</description>
<category>Ibibazo byerekeye Bibiriya</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=139&amp;qa_1=ni-inde-waciye-imirongo-nibice-muri-bibiriya-ryari&amp;show=652#a652</guid>
<pubDate>Wed, 27 Sep 2023 17:41:50 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Answered: Ese ni ngombwa gusoma no kwiga isezerano rya kera?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=132&amp;qa_1=ese-ni-ngombwa-gusoma-no-kwiga-isezerano-rya-kera&amp;show=610#a610</link>
<description>&lt;p&gt;Abantu bamwe bibwira bibeshya ko bitakiri ngombwa gusoma no kwiga isezerano rya kera, ngo kuko irishya ryabonetse. Ibi siko biri. Yesu ubwe mu nyigisho ze, inshuro zigera kuri 78 yavuze ibyanditswe byo mu isezerano rya kera abikuye mu bitabo nibura 24 bitandukanye!&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Hari impamvu nyinshi zituma twakagombye gusoma no kwiga isezerano rya kera.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;1)&amp;nbsp;Isezerano rya kera rishyiraho urufatiro rw'inyigisho zigaragara mu isezerano rishya. Bibiriya ni umubumbe w'ihishurirwa ry'inkurikirane (A progressive revelation). Ese wasoma igitabo gisanzwe ukagihera hagati ukazasobanukirwa ibyo urimo? Ubigenje utyo ntiwasobanukirwa iby'abantu urimo gusoma, ikigamijwe, impamvu, ibihe.... Na Bibiriya ni uko. Ubasha gusobanukirwa neza isezerano rishya ari uko uzi ibyabaye mbere, abantu bavugwamo, amasezerano, ubuhanuzi, n'amategeko byabayeho mbere.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;2)&amp;nbsp;Wisomeye isezerano rishya gusa, ntiwasobanukirwa impamvu Abayuda bari bategereje Mesiya. Ntiwasobanukirwa impamvu bibwiraga ko Yesu yari aje kubavana mu bubata bw'Abaroma kuko ububata ntiwaba ubuzi ntiwaba unazi uko babugezemo. Ntiwasobanukirwa impamvu abayuda banenaga abasamariya kandi bose ari Abisirayeli. Ntiwasobanukirwa impamvu Yerusalemu ari umurwa w'inkingi mu buzima bwa Isirayeli no mu mateka y'ibihe bya nyuma. Ntiwasobanukirwa impamvu Yesu yagiriye ishyaka urusengero rw'i Yerusalemu akirukanamo abarucururizagamo, kuko amateka y'urwo rusengero ntiwaba uyazi. Ntiwasobanukirwa impamvu yahoraga mu mpaka n'Abafarisayo n'abigishaga amategeko kuko amateka y'amategeko utaba uyazi. Muri make, wasoma nk'usoma iherezo ariko utazi urufatiro rwaryo, utazi impamvu y'ibintu byinshi...&lt;/p&gt;&lt;p&gt;3)&amp;nbsp;Wisomeye isezerano rishya gusa, ntiwamenya uko ibya yesu byari byarahanuwe byose uko byakabaye: Aho yari kuvukira neza neza &lt;strong&gt;(Mika 5:2)&lt;/strong&gt;, Impamvu byari ngombwa ko aza &lt;strong&gt;(Yesaya 53),&lt;/strong&gt; uburyo yari gupfamo &lt;strong&gt;(Zaburi 22)&lt;/strong&gt;, umurimo yari gukora, &lt;strong&gt;(Yesya 9:2; 52:13)&lt;/strong&gt;, ukuzuka kwe &lt;strong&gt;(Zaburi 16:10)&lt;/strong&gt;... Muri make ntiwabasha kwibonera uko buri cyose cya Yesu cyari cyarahanuwe cyera.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;4)&amp;nbsp;Isezerano rya cyera rifite ubuhanuzi bwagaragaje mu buryo budasubirwaho ko Bibiriya ari Ijambo ryahumetswe n'Imana. Nk'urugero rumwe muri nyinshi,Daniel&amp;nbsp;guhera ku gice cya 7, yari yarahanuye ibyerekeranye no kugwa kw'ibihangage, ibyo yahanuye byaje kuba neza neza nk'uko yabihanuye, ku buryo abarwanya Bibiriya bavuze ko ibyo byahanuwe byanditswe nyuma y'ibyahanurwaga. Ibi byose ubibona iyo usomye isezerano rya kera.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;5)Tugomba gusoma no kwiga isezerano rya kera kubera amasomo akomeye riduha. Ntiwamenya&amp;nbsp;uko icyaha n'urupfu byinjiye mu isi udasomye ibya Adamu na Eva. Ntiwamenya ingaruka z'icyaha udasomye ibya Nowa. Ntiwamenya kwizera icyo aricyo udasomye ibya Abrahamu. Ntiwamenya intandaro y'amakimbirane ahoraho hagati y'abisirayeli n'Abarabu udasomye ibya Ishimayeli na Isaka. Ntiwamenya inkomoko y'imiryango 12 ya Isirayeli udasomye ibya Yakobo. Ntiwamenya kwihangana icyo aricyo udasomye ibya Yobu. Ntiwamenya&amp;nbsp;ibyo gukiranuka, imbabazi, kwihangana, amategeko ... udasomye ibya Mose. Wamenya ute iby'imbabazi z'Imana utize ubuzima bwa Dawidi? Wamenya ute ukuntu ubwenge bwa muntu butazatugeza mu Ijuru utize ubuzima bwa Salomon? Wamenya ute ibyo gukomera ku gukiranuka kw'Imana n'inyungu zabyo utize ubizima bwa Daniel na bagenzi be? Wamenya ute ibyahanuwe kuva kera udasomye ibya Yeremiya, Yesaya, Ezeckiel n'abandi bahanuzi?&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Iyo usomye isezerano rya kera ukaryiga neza, ubona mu buryo budashidikanwaho ko muntu yari akeneye umucunguzi kugirango akemure ikibazo cy'icyaha. Ubona neza umuntu na kamere ye, cyane cyane ubona ineza y'Imana n'urukundo rwayo. Muri make, ni ngombwa cyane gusoma no kwiga isezerano rya kera; Isezerano rya kera ritwigisha Imana mu mpande zayo zose. Ritwereka uko dukwiriye gukunda no gukorera Imana. Ritwereka mu buryo budasubirwaho ukuntu Bibiriya ari igitabo gitandukanye n'ibindi biciye mu buhanuzi n'abanditsi bigaragara ko bari bahumekewe n'Imana mu kwandika kwabo.&amp;nbsp;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Niba utarivumbika mu byanditswe byo mu Isezerano rya kera, hari byinshi Imana yakugeneye bitarakugeraho.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Murakoze, Imana ibahe umugisha.&lt;/p&gt;&lt;div&gt;&lt;/div&gt;</description>
<category>Ibibazo byerekeye Bibiriya</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=132&amp;qa_1=ese-ni-ngombwa-gusoma-no-kwiga-isezerano-rya-kera&amp;show=610#a610</guid>
<pubDate>Sun, 17 Sep 2023 21:45:37 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Answered: Bibiriya yanditswe na ba nde?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=129&amp;qa_1=bibiriya-yanditswe-na-ba-nde&amp;show=606#a606</link>
<description>&lt;p&gt;Mbere yo kugira icyo tuvuga ku banditse Bibiriya, reka tubanze duhamye mu buryo budashidikanywaho, ko mbere ya byose Bibiriya yanditswe n'Imana. &lt;strong&gt;2 Timoteyo 3:16&lt;/strong&gt;&amp;nbsp;Bibiriya igira iti: &lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&lt;strong&gt;&quot;Ibyanditswe byera byose byahumetswe n’Imana kandi bigira umumaro wo kwigisha umuntu, no kumwemeza ibyaha bye no kumutunganya, no kumuhanira gukiranuka&quot;&lt;/strong&gt;&lt;/span&gt;. &lt;strong&gt;2 Petero 1:21&lt;/strong&gt; Bibiriya yongera iti: &lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&lt;strong&gt;&quot;kuko ari nta buhanuzi bwazanywe n’ubushake bw’umuntu, ahubwo abantu b’Imana bavugaga ibyavaga ku Mana bashorewe n’Umwuka Wera.&quot;&lt;/strong&gt;&lt;/span&gt;&amp;nbsp;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Birumvikana ko Imana itafashe ikaramu ngo yandike, ahubwo Umwuka Wera yahumekeraga abanditsi ibyo bagomba kwandika. Ntabwo Mwuka Wera yahagraraga hejuru y'uwandika ngo amubwire aho ashyira akadomo n'akitso. OYA. Yamuhaga ibyo kwandika mu buryo bwa rusange, hanyuma buri mwanditsi akandika mu buryo bwe, muri style ye no mu bwisanzure bwe. Icyo nicyo gituma nk'abanditsi b'amavanjili uko ari ane, bavuga bimwe ariko bakabivuga mu buryo butandukanye. Muri bose&amp;nbsp;uko ari 4, Luka ni we wenyine uvuga ko igihe Petero yakataga ugutwi k'umwe mu bari baje kumufata, Yesu, Yesu yagusubijeho. Kubera iki abandi batabyitayeho? Kuko Luka yari umuganga, ntiyashoboraga kureka kwandika akantu nk'aka kajyanye n'ubuvuzi! Urundi rugero rw'ubwisanzure bari bafite: Mu banditsi b'amavanjili uko ari 4, Matayo ni we wenyine uvuga umubare w'amafaranga yaguzwe Yesu, ibice by'ifeza 30! Kubera iki abandi batabyitayeho? Kuko Matayo yahamagawe yari asanzwe akora mu misoro (Yari umukoresha w'ikoro), ntiyashobora kureka kwandika akantu nk'aka kajyanye n'amafaranga!&amp;nbsp;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Bibiriya yanditswe n'abantu bagera kuri 40, baturukaga ahantu hatandukanye, bakora ibitandukanye. Hagati ya Mose wanditse ibitabo 5 bibanza na Yohana wanditse ibyahishuwe, haciyemo imyaka igera ku 1,500: Abanditse Bibiriya abenshi ntibari baziranye, ndetse igihe bandikaga ntibari bazi ko ibyo bandikaga umunsi umwe bizashyirwa hamwe n'ibindi byanditswe n'abandi bikavukamo igitabo cyitwa Bibiriya.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;- Yesaya&lt;/strong&gt; yari umuhanuzi&lt;/p&gt;&lt;p&gt;- &lt;strong&gt;Ezira&lt;/strong&gt; yari umutambyi&lt;/p&gt;&lt;p&gt;- &lt;strong&gt;Matayo&lt;/strong&gt; yari umusoresha&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;-&amp;nbsp;Yohana, Petero na Andereya&lt;/strong&gt;&amp;nbsp;bari abarobyi.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;- Pawulo&lt;/strong&gt; yari umuboshyi w'amahema.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;- Mose &lt;/strong&gt;yari umushumba.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;- Luka&lt;/strong&gt; yari umuganga.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;- Yosuwa&lt;/strong&gt; yari umusirikare&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;- Daniel&lt;/strong&gt; yari umukozi muri Government&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;- Dawidi na Salomon&lt;/strong&gt; bari abami&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Aba bose banditse nta wicaranye n'undi kandi ntibigeze bavuguruzanya! Mu bitabo 66 bigize Bibiriya Yera, ibike ni byo bivuga uwabyanditse mu buryo budashidikanywaho. Ibindi bisaba ubusahakashatsi bwimbitse kugirango umenye uwabyanditse. Ndetse hari n'ibyo kugeza uyu munsi bitazwi uwabyanditse nk'igitabo cya Yobu, icy'Abaheburayo...&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Dore urutonde rw'ibitabo byo muri Bibiriya, ababayanditse n'igihe byandikiwe:&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;ICYITONDERWA:&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;- Ntabwo muri Bibiri bagenda bavuga ngo iki gitabo cyanditswe mu mwaka uyu n'uyu. Kumenya igihe cyandikiwe bisaba kureba ibyo kivuga igihe byabereye. Niyo mpamvu ahenshi mugenda muhabona aka kamenyetso &lt;strong&gt;+-&lt;/strong&gt; gasobanuye &lt;strong&gt;&quot;Ahagana mu mwaka wa....&quot;&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;- B.C&lt;/strong&gt; = Mbere ya Yesu&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;- A.D&lt;/strong&gt; = Nyuma ya Yesu&lt;/p&gt;&lt;p&gt;- K'uwanditse igitabo runaka, iyo hari akabazo (?) bisobanuye ko uwanditse igitabo atazwi neza ariko bivigwa ko yaba ari runaka...&lt;/p&gt;&lt;p&gt;IGITABO&lt;/p&gt;&lt;p&gt;UWACYANDITSE&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Igihe&amp;nbsp;&lt;/p&gt;&lt;table border=&quot;1&quot; cellpadding=&quot;1&quot; style=&quot;width:650px; border-spacing: 1px;&quot;&gt;&lt;thead&gt;&lt;tr&gt;&lt;th scope=&quot;col&quot;&gt;IGITABO&lt;/th&gt;&lt;th scope=&quot;col&quot;&gt;UWACYANDITSE&lt;/th&gt;&lt;th scope=&quot;col&quot;&gt;IGIHE&lt;/th&gt;&lt;/tr&gt;&lt;/thead&gt;&lt;tbody&gt;&lt;tr&gt;&lt;td&gt;&lt;span style=&quot;font-size:12px&quot;&gt;Itangiriro, Kuva, Abalewi, Kubara, Gutegeka kwa Kabiri&lt;/span&gt;&lt;/td&gt;&lt;td&gt;&lt;span style=&quot;font-size:12px&quot;&gt;Mose&lt;/span&gt;&lt;/td&gt;&lt;td&gt;&lt;span style=&quot;font-size:12px&quot;&gt;+- 1500-1400 BC&lt;/span&gt;&lt;/td&gt;&lt;/tr&gt;&lt;tr&gt;&lt;td&gt;&lt;span style=&quot;font-size:12px&quot;&gt;Yosuwa&lt;/span&gt;&lt;/td&gt;&lt;td&gt;&lt;span style=&quot;font-size:12px&quot;&gt;Yosuwa&lt;/span&gt;&lt;/td&gt;&lt;td&gt;&lt;span style=&quot;font-size:12px&quot;&gt;+- 1350 BC&lt;/span&gt;&lt;/td&gt;&lt;/tr&gt;&lt;tr&gt;&lt;td&gt;&lt;span style=&quot;font-size:12px&quot;&gt;Abacamanza, Rusi&lt;/span&gt;&lt;/td&gt;&lt;td&gt;&lt;span style=&quot;font-size:12px&quot;&gt;Ntazwi neza. &lt;strong&gt;(Samuel?)&lt;/strong&gt;&lt;/span&gt;&lt;/td&gt;&lt;td&gt;&lt;span style=&quot;font-size:12px&quot;&gt;+- 1000-900 BC ?&lt;/span&gt;&lt;/td&gt;&lt;/tr&gt;&lt;tr&gt;&lt;td&gt;&lt;span style=&quot;font-size:12px&quot;&gt;1 Samuel, 2 Samuel&lt;/span&gt;&lt;/td&gt;&lt;td&gt;&lt;span style=&quot;font-size:12px&quot;&gt;Samuel &lt;strong&gt;(+Gad &amp;amp; Natani ?)&lt;/strong&gt;&lt;/span&gt;&lt;/td&gt;&lt;td&gt;&lt;span style=&quot;font-size:12px&quot;&gt;+-1000-900 BC&lt;/span&gt;&lt;/td&gt;&lt;/tr&gt;&lt;tr&gt;&lt;td&gt;&lt;span style=&quot;font-size:12px&quot;&gt;1 Abami, 2 Abami&lt;/span&gt;&lt;/td&gt;&lt;td&gt;&lt;span style=&quot;font-size:12px&quot;&gt;Ntazwi neza &lt;strong&gt;(Yeremiya?)&lt;/strong&gt;&lt;/span&gt;&lt;/td&gt;&lt;td&gt;&lt;span style=&quot;font-size:12px&quot;&gt;+- 600 BC ?&lt;/span&gt;&lt;/td&gt;&lt;/tr&gt;&lt;tr&gt;&lt;td&gt;&lt;span style=&quot;font-size:12px&quot;&gt;1 Ingoma, 2 Ingoma&lt;/span&gt;&lt;/td&gt;&lt;td&gt;&lt;span style=&quot;font-size:12px&quot;&gt;Ntazwi neza &lt;strong&gt;(Ezira?)&lt;/strong&gt;&lt;/span&gt;&lt;/td&gt;&lt;td&gt;&lt;span style=&quot;font-size:12px&quot;&gt;+- 450 BC ?&lt;/span&gt;&lt;/td&gt;&lt;/tr&gt;&lt;tr&gt;&lt;td&gt;&lt;span style=&quot;font-size:12px&quot;&gt;Ezira&lt;/span&gt;&lt;/td&gt;&lt;td&gt;&lt;span style=&quot;font-size:12px&quot;&gt;Ezira&lt;/span&gt;&lt;/td&gt;&lt;td&gt;&lt;span style=&quot;font-size:12px&quot;&gt;+- 450 BC&lt;/span&gt;&lt;/td&gt;&lt;/tr&gt;&lt;tr&gt;&lt;td&gt;&lt;span style=&quot;font-size:12px&quot;&gt;Nehemiya&lt;/span&gt;&lt;/td&gt;&lt;td&gt;&lt;span style=&quot;font-size:12px&quot;&gt;Nehemiya&lt;/span&gt;&lt;/td&gt;&lt;td&gt;&lt;span style=&quot;font-size:12px&quot;&gt;+- 450 BC&lt;/span&gt;&lt;/td&gt;&lt;/tr&gt;&lt;tr&gt;&lt;td&gt;&lt;span style=&quot;font-size:12px&quot;&gt;Esiteri&lt;/span&gt;&lt;/td&gt;&lt;td&gt;&lt;span style=&quot;font-size:12px&quot;&gt;Ntazwi &lt;strong&gt;(Moridekayi?)&lt;/strong&gt;&lt;/span&gt;&lt;/td&gt;&lt;td&gt;&lt;span style=&quot;font-size:12px&quot;&gt;+- 400 BC ?&lt;/span&gt;&lt;/td&gt;&lt;/tr&gt;&lt;tr&gt;&lt;td&gt;&lt;span style=&quot;font-size:12px&quot;&gt;Yobu&lt;/span&gt;&lt;/td&gt;&lt;td&gt;&lt;span style=&quot;font-size:12px&quot;&gt;Ntazwi &lt;strong&gt;(Mose?)&lt;/strong&gt;&lt;/span&gt;&lt;/td&gt;&lt;td&gt;&lt;span style=&quot;font-size:12px&quot;&gt;+- 1500-1400 BC &lt;strong&gt;?&lt;/strong&gt;&lt;/span&gt;&lt;/td&gt;&lt;/tr&gt;&lt;tr&gt;&lt;td&gt;&lt;span style=&quot;font-size:12px&quot;&gt;Zaburi&lt;/span&gt;&lt;/td&gt;&lt;td&gt;&lt;span style=&quot;font-size:12px&quot;&gt;Dawidi, Salomon, bene Kora, Azafu, Mose&lt;/span&gt;&lt;/td&gt;&lt;td&gt;&lt;span style=&quot;font-size:12px&quot;&gt;+- 500-400 BC &lt;strong&gt;?&lt;/strong&gt;&lt;/span&gt;&lt;/td&gt;&lt;/tr&gt;&lt;tr&gt;&lt;td&gt;&lt;span style=&quot;font-size:12px&quot;&gt;Imigani&lt;/span&gt;&lt;/td&gt;&lt;td&gt;&lt;span style=&quot;font-size:12px&quot;&gt;Salomon (Micyeya ya Aguri &amp;amp; Lemuel)&lt;/span&gt;&lt;/td&gt;&lt;td&gt;&lt;span style=&quot;font-size:12px&quot;&gt;+- 450 BC&lt;/span&gt;&lt;/td&gt;&lt;/tr&gt;&lt;tr&gt;&lt;td&gt;&lt;span style=&quot;font-size:12px&quot;&gt;Umubwiriza, indirimbo ya Salomon&lt;/span&gt;&lt;/td&gt;&lt;td&gt;&lt;span style=&quot;font-size:12px&quot;&gt;Salomon&lt;/span&gt;&lt;/td&gt;&lt;td&gt;&lt;/td&gt;&lt;/tr&gt;&lt;tr&gt;&lt;td&gt;&lt;span style=&quot;font-size:12px&quot;&gt;Rusi&lt;/span&gt;&lt;/td&gt;&lt;td&gt;&lt;/td&gt;&lt;td&gt;&lt;/td&gt;&lt;/tr&gt;&lt;tr&gt;&lt;td&gt;&lt;span style=&quot;font-size:12px&quot;&gt;Yesaya&lt;/span&gt;&lt;/td&gt;&lt;td&gt;&lt;span style=&quot;font-size:12px&quot;&gt;Yesaya&lt;/span&gt;&lt;/td&gt;&lt;td&gt;&lt;span style=&quot;font-size:12px&quot;&gt;+- 700 BC&lt;/span&gt;&lt;/td&gt;&lt;/tr&gt;&lt;tr&gt;&lt;td&gt;&lt;span style=&quot;font-size:12px&quot;&gt;Yeremiya&lt;/span&gt;&lt;/td&gt;&lt;td&gt;&lt;span style=&quot;font-size:12px&quot;&gt;Yeremiya&lt;/span&gt;&lt;/td&gt;&lt;td&gt;&lt;span style=&quot;font-size:12px&quot;&gt;+- 600 BC&lt;/span&gt;&lt;/td&gt;&lt;/tr&gt;&lt;tr&gt;&lt;td&gt;&lt;span style=&quot;font-size:12px&quot;&gt;Ezeckiel&lt;/span&gt;&lt;/td&gt;&lt;td&gt;&lt;span style=&quot;font-size:12px&quot;&gt;Ezeckiel&lt;/span&gt;&lt;/td&gt;&lt;td&gt;&lt;span style=&quot;font-size:12px&quot;&gt;+- 550 BC&lt;/span&gt;&lt;/td&gt;&lt;/tr&gt;&lt;tr&gt;&lt;td&gt;&lt;span style=&quot;font-size:12px&quot;&gt;Daniel&lt;/span&gt;&lt;/td&gt;&lt;td&gt;&lt;span style=&quot;font-size:12px&quot;&gt;Daniel&lt;/span&gt;&lt;/td&gt;&lt;td&gt;&lt;span style=&quot;font-size:12px&quot;&gt;+- 550 BC&lt;/span&gt;&lt;/td&gt;&lt;/tr&gt;&lt;tr&gt;&lt;td&gt;&lt;span style=&quot;font-size:12px&quot;&gt;Hoseya&lt;/span&gt;&lt;/td&gt;&lt;td&gt;&lt;span style=&quot;font-size:12px&quot;&gt;Hoseya&lt;/span&gt;&lt;/td&gt;&lt;td&gt;&lt;span style=&quot;font-size:12px&quot;&gt;+- 750 BC&lt;/span&gt;&lt;/td&gt;&lt;/tr&gt;&lt;tr&gt;&lt;td&gt;&lt;span style=&quot;font-size:12px&quot;&gt;Yoweli&lt;/span&gt;&lt;/td&gt;&lt;td&gt;&lt;span style=&quot;font-size:12px&quot;&gt;Yoweli&lt;/span&gt;&lt;/td&gt;&lt;td&gt;&lt;span style=&quot;font-size:12px&quot;&gt;+- 850 BC&lt;/span&gt;&lt;/td&gt;&lt;/tr&gt;&lt;tr&gt;&lt;td&gt;&lt;span style=&quot;font-size:12px&quot;&gt;Amosi&lt;/span&gt;&lt;/td&gt;&lt;td&gt;&lt;span style=&quot;font-size:12px&quot;&gt;Amosi&lt;/span&gt;&lt;/td&gt;&lt;td&gt;&lt;span style=&quot;font-size:12px&quot;&gt;+- 750 BC&lt;/span&gt;&lt;/td&gt;&lt;/tr&gt;&lt;tr&gt;&lt;td&gt;&lt;span style=&quot;font-size:12px&quot;&gt;Obadiya&lt;/span&gt;&lt;/td&gt;&lt;td&gt;&lt;span style=&quot;font-size:12px&quot;&gt;Obadiya&lt;/span&gt;&lt;/td&gt;&lt;td&gt;&lt;span style=&quot;font-size:12px&quot;&gt;+- 600 BC&lt;/span&gt;&lt;/td&gt;&lt;/tr&gt;&lt;tr&gt;&lt;td&gt;&lt;span style=&quot;font-size:12px&quot;&gt;Yona&amp;nbsp;&lt;/span&gt;&lt;/td&gt;&lt;td&gt;&lt;span style=&quot;font-size:12px&quot;&gt;Yona&lt;/span&gt;&lt;/td&gt;&lt;td&gt;&lt;span style=&quot;font-size:12px&quot;&gt;+- 700 BC&lt;/span&gt;&lt;/td&gt;&lt;/tr&gt;&lt;tr&gt;&lt;td&gt;&lt;span style=&quot;font-size:12px&quot;&gt;Mika&lt;/span&gt;&lt;/td&gt;&lt;td&gt;&lt;span style=&quot;font-size:12px&quot;&gt;Mika&lt;/span&gt;&lt;/td&gt;&lt;td&gt;&lt;span style=&quot;font-size:12px&quot;&gt;+- 700 BC&lt;/span&gt;&lt;/td&gt;&lt;/tr&gt;&lt;tr&gt;&lt;td&gt;&lt;span style=&quot;font-size:12px&quot;&gt;Nahumu&lt;/span&gt;&lt;/td&gt;&lt;td&gt;&lt;span style=&quot;font-size:12px&quot;&gt;Nahumu&lt;/span&gt;&lt;/td&gt;&lt;td&gt;&lt;span style=&quot;font-size:12px&quot;&gt;+- 650 BC&lt;/span&gt;&lt;/td&gt;&lt;/tr&gt;&lt;tr&gt;&lt;td&gt;&lt;span style=&quot;font-size:12px&quot;&gt;Habakuki&lt;/span&gt;&lt;/td&gt;&lt;td&gt;&lt;span style=&quot;font-size:12px&quot;&gt;Habakuki&amp;nbsp;&lt;/span&gt;&lt;/td&gt;&lt;td&gt;&lt;span style=&quot;font-size:12px&quot;&gt;+- 600 BC&lt;/span&gt;&lt;/td&gt;&lt;/tr&gt;&lt;tr&gt;&lt;td&gt;&lt;span style=&quot;font-size:12px&quot;&gt;Zefaniya&lt;/span&gt;&lt;/td&gt;&lt;td&gt;&lt;span style=&quot;font-size:12px&quot;&gt;Zefaniya&lt;/span&gt;&lt;/td&gt;&lt;td&gt;&lt;span style=&quot;font-size:12px&quot;&gt;+- 650 BC&lt;/span&gt;&lt;/td&gt;&lt;/tr&gt;&lt;tr&gt;&lt;td&gt;&lt;span style=&quot;font-size:12px&quot;&gt;Hagayi&lt;/span&gt;&lt;/td&gt;&lt;td&gt;&lt;span style=&quot;font-size:12px&quot;&gt;Hagayi&lt;/span&gt;&lt;/td&gt;&lt;td&gt;&lt;span style=&quot;font-size:12px&quot;&gt;+- 520 BC&lt;/span&gt;&lt;/td&gt;&lt;/tr&gt;&lt;tr&gt;&lt;td&gt;&lt;span style=&quot;font-size:12px&quot;&gt;Zekariya&lt;/span&gt;&lt;/td&gt;&lt;td&gt;&lt;span style=&quot;font-size:12px&quot;&gt;Zekariya&lt;/span&gt;&lt;/td&gt;&lt;td&gt;&lt;span style=&quot;font-size:12px&quot;&gt;+- 500 BC&lt;/span&gt;&lt;/td&gt;&lt;/tr&gt;&lt;tr&gt;&lt;td&gt;&lt;span style=&quot;font-size:12px&quot;&gt;Malaki&lt;/span&gt;&lt;/td&gt;&lt;td&gt;&lt;span style=&quot;font-size:12px&quot;&gt;Malaki&lt;/span&gt;&lt;/td&gt;&lt;td&gt;&lt;span style=&quot;font-size:12px&quot;&gt;+- 430 BC&lt;/span&gt;&lt;/td&gt;&lt;/tr&gt;&lt;tr&gt;&lt;td&gt;&lt;span style=&quot;font-size:12px&quot;&gt;Matayo&lt;/span&gt;&lt;/td&gt;&lt;td&gt;&lt;span style=&quot;font-size:12px&quot;&gt;Matayo&amp;nbsp;&lt;/span&gt;&lt;/td&gt;&lt;td&gt;&lt;span style=&quot;font-size:12px&quot;&gt;+- 55 AD&lt;/span&gt;&lt;/td&gt;&lt;/tr&gt;&lt;tr&gt;&lt;td&gt;&lt;span style=&quot;font-size:12px&quot;&gt;Mariko&lt;/span&gt;&lt;/td&gt;&lt;td&gt;&lt;span style=&quot;font-size:12px&quot;&gt;Mariko&amp;nbsp;&lt;/span&gt;&lt;/td&gt;&lt;td&gt;&lt;span style=&quot;font-size:12px&quot;&gt;+- 50 AD&lt;/span&gt;&lt;/td&gt;&lt;/tr&gt;&lt;tr&gt;&lt;td&gt;&lt;span style=&quot;font-size:12px&quot;&gt;Luka&lt;/span&gt;&lt;/td&gt;&lt;td&gt;&lt;span style=&quot;font-size:12px&quot;&gt;Luka&lt;/span&gt;&lt;/td&gt;&lt;td&gt;&lt;span style=&quot;font-size:12px&quot;&gt;+- 60 AD&lt;/span&gt;&lt;/td&gt;&lt;/tr&gt;&lt;tr&gt;&lt;td&gt;&lt;span style=&quot;font-size:12px&quot;&gt;Yohana&lt;/span&gt;&lt;/td&gt;&lt;td&gt;&lt;span style=&quot;font-size:12px&quot;&gt;Yohana&lt;/span&gt;&lt;/td&gt;&lt;td&gt;&lt;span style=&quot;font-size:12px&quot;&gt;+- 90 AD&lt;/span&gt;&lt;/td&gt;&lt;/tr&gt;&lt;tr&gt;&lt;td&gt;&lt;span style=&quot;font-size:12px&quot;&gt;Ibyakozwe n'Intumwa&lt;/span&gt;&lt;/td&gt;&lt;td&gt;&lt;span style=&quot;font-size:12px&quot;&gt;Luka&lt;/span&gt;&lt;/td&gt;&lt;td&gt;&lt;span style=&quot;font-size:12px&quot;&gt;+- 65&lt;/span&gt;&lt;/td&gt;&lt;/tr&gt;&lt;tr&gt;&lt;td&gt;&lt;span style=&quot;font-size:12px&quot;&gt;Abaroma, 1 Abakorinto, 2 Abakorinto, Abagalatiya,&amp;nbsp;&lt;/span&gt;&lt;/td&gt;&lt;td&gt;&lt;span style=&quot;font-size:12px&quot;&gt;Pawulo&lt;/span&gt;&lt;/td&gt;&lt;td&gt;&lt;span style=&quot;font-size:12px&quot;&gt;+- 50 -70 AD&lt;/span&gt;&lt;/td&gt;&lt;/tr&gt;&lt;tr&gt;&lt;td&gt;&lt;span style=&quot;font-size:12px&quot;&gt;Abefeso, Abafilipi, Abakolosayi, 1 &amp;amp; 2 Abatesalonike&lt;/span&gt;&lt;/td&gt;&lt;td&gt;&lt;span style=&quot;font-size:12px&quot;&gt;Pawulo&lt;/span&gt;&lt;/td&gt;&lt;td&gt;&lt;span style=&quot;font-size:12px&quot;&gt;+- 50 - 70 AD&lt;/span&gt;&lt;/td&gt;&lt;/tr&gt;&lt;tr&gt;&lt;td&gt;&lt;span style=&quot;font-size:12px&quot;&gt;1 Timoteyo, 2 Timoteyo, Tito, Filemoni&lt;/span&gt;&lt;/td&gt;&lt;td&gt;&lt;span style=&quot;font-size:12px&quot;&gt;Pawulo&lt;/span&gt;&lt;/td&gt;&lt;td&gt;&lt;span style=&quot;font-size:12px&quot;&gt;+- 50 - 70 AD&lt;/span&gt;&lt;/td&gt;&lt;/tr&gt;&lt;tr&gt;&lt;td&gt;&lt;span style=&quot;font-size:12px&quot;&gt;Abaheburayo&lt;/span&gt;&lt;/td&gt;&lt;td&gt;&lt;span style=&quot;font-size:12px&quot;&gt;Ntazwi neza (Pawulo?)&lt;/span&gt;&lt;/td&gt;&lt;td&gt;&lt;span style=&quot;font-size:12px&quot;&gt;+- 65 AD&lt;/span&gt;&lt;/td&gt;&lt;/tr&gt;&lt;tr&gt;&lt;td&gt;&lt;span style=&quot;font-size:12px&quot;&gt;Yakobo&lt;/span&gt;&lt;/td&gt;&lt;td&gt;&lt;span style=&quot;font-size:12px&quot;&gt;Yakobo&lt;/span&gt;&lt;/td&gt;&lt;td&gt;&lt;span style=&quot;font-size:12px&quot;&gt;+- 45 AD&lt;/span&gt;&lt;/td&gt;&lt;/tr&gt;&lt;tr&gt;&lt;td&gt;&lt;span style=&quot;font-size:12px&quot;&gt;1 Petero &amp;amp; 2 Petero&lt;/span&gt;&lt;/td&gt;&lt;td&gt;&lt;span style=&quot;font-size:12px&quot;&gt;Petero&lt;/span&gt;&lt;/td&gt;&lt;td&gt;&lt;span style=&quot;font-size:12px&quot;&gt;+- 45 AD&lt;/span&gt;&lt;/td&gt;&lt;/tr&gt;&lt;tr&gt;&lt;td&gt;&lt;span style=&quot;font-size:12px&quot;&gt;1 Yohana &amp;amp; 2 Yohana &amp;amp; 3 Yohana&lt;/span&gt;&lt;/td&gt;&lt;td&gt;&lt;span style=&quot;font-size:12px&quot;&gt;Yohana&lt;/span&gt;&lt;/td&gt;&lt;td&gt;&lt;span style=&quot;font-size:12px&quot;&gt;+- 90 AD&lt;/span&gt;&lt;/td&gt;&lt;/tr&gt;&lt;tr&gt;&lt;td&gt;&lt;span style=&quot;font-size:12px&quot;&gt;Yuda&lt;/span&gt;&lt;/td&gt;&lt;td&gt;&lt;span style=&quot;font-size:12px&quot;&gt;Yuda&lt;/span&gt;&lt;/td&gt;&lt;td&gt;&lt;span style=&quot;font-size:12px&quot;&gt;+- 60 AD&lt;/span&gt;&lt;/td&gt;&lt;/tr&gt;&lt;tr&gt;&lt;td&gt;&lt;span style=&quot;font-size:12px&quot;&gt;Ibyahishuwe&lt;/span&gt;&lt;/td&gt;&lt;td&gt;&lt;span style=&quot;font-size:12px&quot;&gt;Yohana&lt;/span&gt;&lt;/td&gt;&lt;td&gt;&lt;span style=&quot;font-size:12px&quot;&gt;+- 90 AD&lt;/span&gt;&lt;/td&gt;&lt;/tr&gt;&lt;tr&gt;&lt;td&gt;&lt;/td&gt;&lt;td&gt;&lt;/td&gt;&lt;td&gt;&lt;/td&gt;&lt;/tr&gt;&lt;/tbody&gt;&lt;/table&gt;&lt;p&gt;Murakoze, Imana ibahe umugisha&lt;/p&gt;</description>
<category>Ibibazo byerekeye Bibiriya</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=129&amp;qa_1=bibiriya-yanditswe-na-ba-nde&amp;show=606#a606</guid>
<pubDate>Sun, 17 Sep 2023 05:10:32 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Answered: Ese Bibiriya y'Umwimerere iracyariho? (Original Bible)</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=159&amp;qa_1=ese-bibiriya-yumwimerere-iracyariho-original-bible&amp;show=579#a579</link>
<description>&lt;p&gt;Gusubiza neza iki kibazo bisaba kubanza kumenya neza amateka ya Bibiriya, uburyo Bibiriya yanditswemo n'uburyo ibitabo byayo uko ari 66 byashyizwe hamwe bikavamo igitabo kimwe. Ariko uwabajije iki kibazo niba yifuza kumenya niba imizingo ya mbere na mbere yandikishijwe intoki ikibaho, igisubizo kihuse ni OYA. Aho Mose yandikishije intoki ze ibitabo 5 bya mbere, aho Yosuwa yandikikishije intoki ze igitabo kimwitirirwa, aho Dawidi yandikishije intoki ze Zaburi nyinshi, Aho Baruku yandikishije intoki ze yandika ubuhanuzi bwo mu gitabo cya Yeremiya, aho Matayo yandikishije intoki ze ivanjiri imwitirirwa, aho Pawulo yandikishije intoki ze inzandiko zitandukanye,...... aho hose ntahagihari. Nta hantu na hamwe hazwi haba hari igitabo na kimwe cy'umwimerere.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Bibiriya ni igitabo gitangaje. Bibiriya yanditswe igihe kirekire, imyaka ibarirwa mu 1,500 hagati y'uwanditse igitabo cya mbere n'uwanditse icya nyuma. Bibiriya yanditswe n'abanditsi bagera kuri 40 batari bicaye hamwe, batigeze bacurira hamwe umugambi wo kwandika Bibiriya, buri weese muri bo yahumekerwagaho ukwe.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;INCAMAKE Y'AMATEKA YA BIBIRIYA&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Ibitabo byo muri Bibiriya byashyizwe hamwe bite? Imyandikire ya Bibiriya igenda igaragara muri Bibiriya ubwayo.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;==&amp;gt;&lt;/strong&gt; Mose yanditse ibitabo 5 bya mbere: Itangiriro, Kuva, abalewi, Kubara no Gutegeka kwa kabiri. Ibyo Bibiriya ibihamya mu mirongo itandukanye ikurikira;&amp;nbsp; &lt;strong&gt;(Kuva 17:14; 24:4,7; 34;27;&amp;nbsp;Yohana 5:46-47).&amp;nbsp;&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;==&amp;gt;&lt;/strong&gt; Mose amaze kwegeranya ibi bitabo 5, yabishyize mu isanduku y'isezerano, nimwo byiberaga. &lt;strong&gt;(Gutegeka kwa kabiri 31:24)&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;==&amp;gt;&lt;/strong&gt; Nyuma yaho, ibindi bitabo byaranditswe bishyirwa hamwe n'ibyabibanzirije. Tubibutse ko kugeza iki gihe ibi bitabo ntibabyitaga Bibiriya, ndetse ntibyari biciyemo imitwe n'imirongo nk'uko bimeze ubu)&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;==&amp;gt;&amp;nbsp;&lt;/strong&gt;Ku gihe cya Dawidi na Salomon, isanduku y'isezerano yacyuwe mu rusengero ishyirwa Ahera h'Ahera. Aho ni ho yagumye n'ibitabo byari byaramaze kwandikwa by'umwimerere birimo byari bikirimo.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;==&amp;gt;&lt;/strong&gt; Ku ngoma y'umwami Hezekiya, ibindi bitabo byongewe ku byari bisanzwe: Zaburi, Imigani, n'ibitabo by'abahanuzi nka Yesaya, Hoseya na Mika. (Ibi byari umwimerere wandikwaga ku mizingo)&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;==&amp;gt;&lt;/strong&gt; Igihe umwami w'i Babuloni Nebukadinezari yasenyaga urusengero rw'i Yerusalemu, mu buryo butangaje ibyanditswe byari mu rusengero byararinzwe. Ahagana muri 538 mbere ya Yesu, Abayuda bagarutse i Yerusalemu bavuye mu bunyage. Iki ni cyo gihe Ezira na Nehemiya bongeyemo ibindi bitabo byabo mu mizingo yari isanzwe. Iki ni nacyo gihe ku nshuro ya mbere, abakozi b'Imana b'icyo gihe bakoze kopi y'ibitabo 5 bya Mose ku mpamvu z'umutekano. Byumvikane neza ko icyo bakoze atari uguhindura mu zindi ndimi, icyo bakoze ni icyo twakwita ubungubu &quot;Photokopi&quot;. (Gusa nta photocopier zabagaho, gukora kopi byabaga ari ukongera kwandika bushya...)&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;==&amp;gt;&lt;/strong&gt; Kugeza iki gihe, ibyanditswe byose byari mu rurimi rw'igiheburayo.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;==&amp;gt;&lt;/strong&gt; Mu kinyejana cya 3 mbere ya Yesu, ku nshuro ya mbere habayeho igikorwa cyo gushyira ibyanditswe byero by'isezerano rya kera mu rundi rurimi: Abayuda 70, bakoze umurimo ukomeye wo guhindura isezerano rya kera barivana mu Giheburayo barishyira mu Kigereki. Aho ni ho havutse Imizingo izwi kuri ubu ku izina rya &lt;strong&gt;&quot;LXX&quot;, &quot;LA SEPTANTE&quot;, &quot;THE SEPTUAGINT&quot;.&lt;/strong&gt; Bisobanuke neza ko iyi mizingo yari yandikishije intoki, ariko umuntu ntiyayita iy'Umwimerere. Abo mu gihe cya Yesu, ndetse na yesu ubwe, ni yo mizingo bakoreshaga, gusa icyo gihe imizingo y'umwimerere wa mbere yari yaraburiwee irengero.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;==&amp;gt; Vuba aha mu 1947 ahitwa mu nyanja y'umunyu (Dead sea) muri Isirayeli, mu buryo butangaje havumbuwe imizingo yandikishije intoki yamenyekanye cyane. Mu gifaransa bayita &lt;strong&gt;&quot;Manuscrits de la mer morte&lt;/strong&gt;&quot;, mu cyongereza bakayita&lt;strong&gt; &quot;Dead sea scrolls&quot;&lt;/strong&gt;. Iyi mizingo yari za kopi z'ibyanditswe byera by'isezerano rya kera, izi kopi zari zarakozwe kuva mu kinyejana cya 5 mbere ya Yesu kugera mu kinyeja cya 1 nyuma ya Yesu. Iyi mizingo yabaye ingirakamaro cyane, kuko bakiyibona bahise bayigereranya n'ibyanditswe byera bari bafite icyo gihe&amp;nbsp;ari na byo dufite ubu, basanga bihuye mu buryo butangaje.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Iyi mizingo yandikishije intoki yavumbuwe mu nyanja y'umunyu, yahamije mu buryo budasubirwaho kandi butajijinganywaho ko Isezerano rya kera dukoresha ubu rihuye neza n'Isezerano rya kera yesu yakoreshaga. Byongeye kandi, byahamije ko Imana ikomeye ku ijambo ryayo kandi iririnda mu buryo butangaje.Iyo mizingo kuri ubu ibitse neza muri museum, ikaba ari yo mizingo ya cyera hashoboka iriho kuri ubu.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;ISHYIRWA HAMWE RY'ISEZERANO RISHYA&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Nyuma ya Yesu, inyandiko nyinshi zagiye zandikwa, zimwe zikandikwa n'abanyamateka bo mu kinyejana cya mbere, bakandika bisanzwe kugirango ibyabereye muri Isirayeli bizigwe hose. Iruhande rw'izi nyandiko naho hakaba ibitabo byo byahumetswe n'Imana. Gutandukanya ibi bitabo ubwabyo byasabaga umurimo wa Mwuka Wera.&amp;nbsp;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;==&amp;gt; Ahagana mu mwaka wa 140 nyuma ya Yesu, ni bwo bwa mbere hemejwe ibitabo bikwiriye gufatwa nk'ibyahumetwe n'Imana bigashyirwa muri Bibiriya. Ariko mu buryo budasubirwaho, icyo twita CANON, (urusange rw'ibitabo&amp;nbsp;biri muri Bibiriya), yemejwe bidasubirwaho mu mwaka wa 397 nyuma ya Yesu mu nama ikomeye (Concile) yabereye ahitwa Carthage.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;==&amp;gt; Abanditsi b'isezerano rishya bagaragaje&amp;nbsp;kenshi ko bemeraga bidasubirwaho isezerano rya cyera, kuko bagenda barikomozaho kenshi, ndetse na Yesu ubwe yarikomojeho kenshi.&amp;nbsp;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;GUSOZA&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;N'ubwo ibyanditswe by'umwimerere bitakiriho, dufite ibihamya byinshi bidashidikanywaho ko ibyanditswe dukoresha ubu bihura neza neza n'ibyanditswe by'umwimerere. Imana yagiye irinda ibyanditswe byera mu buryo butangaje, kandi izakomeza no kubirinda ku buryo Bibiriya izaca mu mateka y'isi kugeza ku ndunduro.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Imana ibahe umugisha&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;/p&gt;</description>
<category>Ibibazo byerekeye Bibiriya</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=159&amp;qa_1=ese-bibiriya-yumwimerere-iracyariho-original-bible&amp;show=579#a579</guid>
<pubDate>Tue, 05 Sep 2023 18:06:39 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Answered: Hari Bibiriya yitiriwe &quot;Louis Second&quot;. Uyu Louis Second ni muntu ki?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=552&amp;qa_1=hari-bibiriya-yitiriwe-louis-second-uyu-louis-second-muntu&amp;show=553#a553</link>
<description>&lt;p&gt;Muri iki gihe cya none abakristo bafite amahirwe yo kubona hafi yabo kandi mu buryo bworoshye Bibiriya zitandukanye zibafasha gusobanukirwa kurushaho Ijambo ry'Imana. Bibiriya ntizitandukaniye mu rurimi zanditsemo gusa, ahubwo zinatandukanije version. Version imwe ishobora kuvuga ikintu runaka mu buryo butandukanye n'iyindi, ariko ikivugwa bikarangira gisobanuwe kimwe, uretse&amp;nbsp;ko&amp;nbsp;akenshi usanga version runaka isobanuye ikintu runaka kurusha indi version.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Nyuma yo kubagezaho amateka y'Umwami James witiriwe Bibiriya yitwa KING JAMES, (Ushobora gukanda &lt;a target=&quot;_blank&quot; rel=&quot;nofollow&quot; href=&quot;http://bazabibiriya.org/index.php?qa=167&amp;amp;qa_1=hari-bibiriya-yitwa-king-james-uwo-king-james-yari-muntu-ki&quot;&gt;hano&lt;/a&gt; ukareba)&amp;nbsp;abakunzi bacu badusabye kubagezaho n'amateka ya Louis Second witiriwe Bibiriya yitwa LOUIS SEOND.&amp;nbsp;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;u&gt;&lt;strong&gt;LOUIS SECOND YARI MUNTU KI?&lt;/strong&gt;&lt;/u&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;em&gt;&lt;u&gt;&lt;strong&gt;Amavuko&lt;/strong&gt;&lt;/u&gt;&lt;/em&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Louis Second ni umugabo w'Umusuwisi&amp;nbsp;wavutse tariki 03/05/1810, avukira mu Busuwisi ahitwa Plainpalais. Yitabye Imana tariki 18/06/1885 i Geneve mu Busuwisi. Se umubyara yari Umunyagatorika, afite inkomoko mu Bufaransa, akaba yaranarwanye mu gisirikare cya Napoleon. Nyina we yasengeraga mu Itorero ryari rimaze kwiyomora kuri Gatorika, icyo gihe baryitaga &quot;Église réformée&quot; cyangwa Itorero rivuguruye.&amp;nbsp;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;u&gt;&lt;em&gt;&lt;strong&gt;Amashuri&lt;/strong&gt;&lt;/em&gt;&lt;/u&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Nyuma yo kurangiza amashuri yisumbuye mu mwaka wa 1826, Louis second yakomeje amasomo y'ubuvuzi muri&amp;nbsp;&lt;span style=&quot;font-family:arial,sans-serif; font-size:10.5pt&quot;&gt;Académie de Genève, nyuma yaho ajya kwiga Tewoloji muri &quot;Faculté de théologie protestante de Strasbourg&quot; mu Bufaransa. Amasomo ya Tewoloji yayarangije muri 1834. Igitabo yanditse ubwo yarangizaga&lt;/span&gt;&lt;span style=&quot;color:#222222; font-family:sans-serif; font-size:14px&quot;&gt;&amp;nbsp;muri&amp;nbsp;&lt;/span&gt;&lt;span style=&quot;font-family:arial,sans-serif; font-size:10.5pt&quot;&gt;Tewoloji yakise &lt;strong&gt;&quot;&lt;/strong&gt;&lt;/span&gt;&lt;strong&gt;&lt;span style=&quot;color:#222222; font-family:arial,sans-serif; font-size:10.5pt&quot;&gt;étude critique du&amp;nbsp;&lt;/span&gt;&lt;/strong&gt;&lt;span style=&quot;font-family:arial,sans-serif; font-size:10.5pt&quot;&gt;&lt;strong&gt;Livre de Ruth&quot;&lt;/strong&gt; ahabwa Diplome ya &lt;/span&gt;&lt;span style=&quot;color:#222222; font-family:sans-serif; font-size:14px&quot;&gt;baccalauréat muri Tewoloji&lt;/span&gt;&lt;span style=&quot;font-family:arial,sans-serif; font-size:10.5pt&quot;&gt;. yakomeje kwiga ibyerekeye iyobokamana, ndetse umwaka ukurikiyeho mu 1835 yabonye &amp;nbsp;License muri Tewoloji, nyuma yo kwandika igitabo yise &lt;strong&gt;&quot;&lt;/strong&gt;&lt;/span&gt;&lt;strong&gt;étude critique et exégétique du livre de l'Ecclésiaste&quot;&lt;/strong&gt;. Yakomeje kwiga, ndetse umwaka ukurikiyeho 1836, abona Doctorat muri Tewoloji nyuma yo kwandika igitabo kitwa &lt;strong&gt;&quot;&lt;em&gt;De la nature de l'inspiration chez les auteurs et dans les écrits du Nouveau Testament&quot;.&lt;/em&gt;&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;u&gt;&lt;strong&gt;&lt;em&gt;Ubushumba&lt;/em&gt;&lt;/strong&gt;&lt;/u&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Mu mwaka wa 1840, nibwo Louis Second yimitswe nk'Umushumba (Pastor) i Geneve mu Busuwisi, aho yamaze imyaka 24 akorera Imana. Muri iyi myaka, yakomeje ubushakashatsi bwimbitse kuri Bibiriya, ku rurimi rw'igiheburayo n'isezerano rya kera,&amp;nbsp;&amp;nbsp;ndetse yandika ibitabo byinshi birimo ikitwa &lt;strong&gt;&quot;&lt;/strong&gt;&lt;em&gt;&lt;strong&gt;Traité élémentaire des accents hébreux&quot;&lt;/strong&gt; yanditse muri 1841, ikitwa &lt;strong&gt;&quot;Géographie de la Terre sainte&quot; &amp;nbsp;&lt;/strong&gt;&lt;/em&gt;yanditse muri 1856, n'ibindi.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;u&gt;&lt;em&gt;&lt;strong&gt;Ubusemuzi bwa Bibiriya - Isezerano rya kera&lt;/strong&gt;&lt;/em&gt;&lt;/u&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Igihe Louis Second yari umushumba, abashumba bo mu matorero avuguruye y'i Geneve bari barishyize hamwe bakora icyo bise &quot;&lt;span style=&quot;color:#222222; font-family:sans-serif; font-size:14px&quot;&gt;Compagnie des pasteurs de Genève&quot;. Aba bashumba bahoraga bifuza Bibiriya isobanuye neza.&amp;nbsp;&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;span style=&quot;color:#222222; font-family:sans-serif; font-size:14px&quot;&gt;Mu mwaka wa 1864, Louis Second yasezeye ku mirimo ya Paroisse yakoreragamo umurimo wa Gishumba, kugirango abone umwanya uhagije wo gusobanura Bibiriya. Yagiranye amasezerano n'abasshumba babarizwaga muri&amp;nbsp;Compagnie des pasteurs de Genève, Louis Segond abemerera ko azahindura isezerano rya kera mu gifaransa arikuye mu Giheburayo, ndetse yiyemeza ko buri mwaka azajya atanga rapport y'aho imirimo igeze. Louis Second yahise abara umubare w'imirongo akeneye guhindura buri munsi kugirango azabe arangije gusemura isezerano rya kera mu myaka 6. Abari bahari, bahamya ko Louis Second yahisemo kugenda gake gake, kuko yasemuraga imirongo 11 yonyine ku munsi. Yapimaga buri jambo ryose kandi akarikoraho ubushakashatsi mbere yo kuryandika. Ntiyigeze akererwa kuko muri 1870 yarangije ubusemuzi. Gusa mu 1873 ni bwo isezerano rya kera, Version yahise yitwa LOUIS&amp;nbsp;SECOND, ni bwo yasohotse.&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;span style=&quot;color:#222222; font-family:sans-serif; font-size:14px&quot;&gt;Abari bahari, bagiye barega Louis Second kuba intagondwa, kuko n'ubwo yasemuraga bike ku munsi (imirongo 11 gusa), iyo yamaraga gusemura ijambo nta muntu numwe wabashaga kumugira inama cyangwa kugira icyo arihinduraho.&amp;nbsp;&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;u&gt;&lt;em&gt;&lt;strong&gt;Ubusemuzi bwa Bibiriya - Isezerano rishya&lt;/strong&gt;&lt;/em&gt;&lt;/u&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Mu mwaka wa 1872, Louis Second yahawe umurimo muri &quot;&lt;span style=&quot;font-family:arial,sans-serif; font-size:10.5pt&quot;&gt;Faculté de théologie protestante de Strasbourg&quot;&amp;nbsp;aho yagizwe professeur w'igiheburayo n'isezerano rya kera. Muri uwo mwaka yahise atangira no gusemura mu gifaransa isezerano rishya, aho uyu murimo yawurangije muri 1880. Muri uyu mwaka, Louis second yagarutse i Geneve mu Busuwisi muri&amp;nbsp;Académie de Genève, yigisha &quot;Igiheburayo gikoreshwa muri Bibiriya (Hebreux Biblique)&quot;. &lt;/span&gt;&lt;span style=&quot;font-family:arial,sans-serif; font-size:14px&quot;&gt;Aha ni ho yagumye kugeza ubwo yitabaga Imana mu mwaka wa 1885 afite imyaka 75 y'amavuko.&amp;nbsp;&lt;/span&gt;&lt;span style=&quot;font-family:arial,sans-serif; font-size:10.5pt&quot;&gt;&amp;nbsp;Muri uyu mwaka wa 1880 kandi, nibwo isezerano rya kera ryashyizwe hamwe n'isezerano rishya, bikora Bibiriya izwi kw'izina rya LOUIS SECOND.&amp;nbsp;&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;span style=&quot;font-family:arial,sans-serif&quot;&gt;&lt;span style=&quot;font-size:14px&quot;&gt;Kuva icyo gihe muri 1880 kugeza uyu munsi muri 2025, Bibiriya ya LOUIS SECOND ni imwe muri za Bibiriya zakoreshejwe kandi zigashimwa cyane mu matorero y'Abaprotestant n'abandi basoma igifaransa. Imyaka 30 gusa imaze gusohoka, hakozwe Bibiriya za Louis Second zigera ku 300,000. LOUIS SECOND yari yaremeranijwe n'abamusabye gusemura Bibiriya ko Version ye itazasubirwamo akiriho. Amaze kwitaba Imana, guhera mu mwaka wa 1910, kubera iterambere n'imihindagurikire y'ururimi rw'igifaransa, bibiriya y'umwimerere ya Louis Second yagiye ijyanishwa n'igihe mu mivugire no mu magambo amwe&amp;nbsp;n'amwe, ariko umurimo utangaje yakoze n'umwimerere wawo byagumye ari bya bindi.&amp;nbsp;&lt;/span&gt;&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;span style=&quot;font-family:arial,sans-serif&quot;&gt;&lt;span style=&quot;font-size:14px&quot;&gt;Imana dukorera izahemba abagabo nk'aba bakoze imirimo ikibukwa na nyuma y'imyaka myinshi bitahiye.&amp;nbsp;&lt;/span&gt;&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;span style=&quot;font-family:arial,sans-serif&quot;&gt;&lt;span style=&quot;font-size:14px&quot;&gt;Imana ibahe umugisha.&lt;/span&gt;&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;span style=&quot;font-family:arial,sans-serif&quot;&gt;&lt;span style=&quot;font-size:14px&quot;&gt;Ikindi kibazo wasoma: Hari Bibiriya yitwa King James: Uyu king James yari muntu ki? &lt;a target=&quot;_blank&quot; rel=&quot;nofollow&quot; href=&quot;http://bazabibiriya.org/index.php?qa=167&amp;amp;qa_1=hari-bibiriya-yitwa-king-james-uwo-king-james-yari-muntu-ki&quot;&gt;Kanda hano&lt;/a&gt; ubone igisubizo&lt;/span&gt;&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;/p&gt;</description>
<category>Ibibazo byerekeye Bibiriya</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=552&amp;qa_1=hari-bibiriya-yitiriwe-louis-second-uyu-louis-second-muntu&amp;show=553#a553</guid>
<pubDate>Sat, 22 Jul 2017 08:09:20 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Answered: Hari Bibiriya yitwa King James: Uwo king James yari muntu ki?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=167&amp;qa_1=hari-bibiriya-yitwa-king-james-uwo-king-james-yari-muntu-ki&amp;show=551#a551</link>
<description>&lt;p&gt;Bibiriya Yera yagiye yandikwa inshuro nyinshi, uko isobanuwe yagendaga ifata izina bitewe n'Uwayisobanuye, impamvu yasobanuwe, Uwayituwe n'ibindi. Aha ni ho hagiye haturuka za version zitandukanye nka Louis Second, King James, NIV (New International version), Amplified Bible n'izindi.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Version yitwa KING JAMES hani n'abayita AUTHORIZED VERSION kuko ubosobanuro bwayo bwemejwe n'Umwami&amp;nbsp; w'Ubwongereza witwaga JAMES 1. Mu Iriburiro ry'iyi Bibiriya (Preface), Uwayihinduye yayituye Imana isumba byose n'Igikomangoma James. Preface yayo mu cyongereza igira iti &lt;em&gt;&quot;To the most High and Mighty Prince James James, by the grace of God, King of Great Britain, France, and Ireland, Defender of the Faith, &amp;amp;c&quot;&lt;/em&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Mbere yo kuba Umwami w'Ubwongereza, James yabanje kugira izina ry'ubwami rya King Janes VI w'igihugu cya Scotland. Mu 1603, ubwo umwamikazi Elizabeth wa 1 yari amaze kwitaba Imana, Scoltland yiyunze&amp;nbsp; n'Ubwongereza, James ahinduka KING JAMES WA 1.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Uyu James yavukiye mu Gihugu cya Scotland mu mwaka wa 1566. Afite umwaka umwe gusa, mu 1567, nibwo nyina umubyara (Mary Queen of Scots) yavanywe ku ngoma n'imyigaragambyo y'Abaprotestants. Numbwo James yari akiri uruhinja rw'umwaka umwe gusa, ntibyamubujije gushyirwa ku ngoma ya Scotland, afata izina ry'ubwami rya King James VI. Nubwo nyina wamubyaye yabarizwaga mu idini rya Gatorika, James we yakuriye mu kwizera gushya yahawe n'abo mu itorero rya Presbyterian Church.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Mu mikurire ye, James ntiyahwemye kugaragariza ubuyobozi bwa Kiriziya Gatorika ko atabona kimwe ibintu byinshi nabwo. Yanditse inyandiko nyinshi yiyama ba Papa ba Kiriziya Gatorika, cyane cyane abagayira kwivanga mu bibao by'ubuyobozi bw'ibihugu. Uku kwiyomora kuri ba Papa b'i Roma kwateye James gushyiraho itegeko ko umwami ntawundi agomba kwisobanuraho uretse Imana.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;James yashakanye n'umunya Danemark witwaga Anne ndetse babyarana igikomangoma cyitwaga Charles. Uyu Charles na we yaje kuba umwami w'ubwongereza ku izina rya Charles 1. Umwami James yatanze mu mwaka wa 1625, atabarizwa (ashyingurwa) ahitwa Westminster Abbey.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;span style=&quot;text-decoration: underline;&quot;&gt;&lt;strong&gt;INKOMOKO YA BIBIRIYA YISWE KING JAMES&lt;/strong&gt;&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Igihe umwami James yari ku ngoma, yasanze hariho version yari yarazanywe n'abo mu itorero ry'Abangirikani, iyo version yitwaga Bishops' Bible. Umwami James we yakuriye mu myizerere y'abo mu itorero ry'Aba Presbyterians. Mu nama ikomeye y'Abihaye Imana yari yabereye ahitwa Aberdour, James yavuze ko hakwiye indi version isobanura neza Bibiriya, ndetse atanga ingero z'ubusobanuro yabonaga ko atari bwo muri Bibiriya zakoreshwaga icyo gihe. yatanze urugero rw'aho muri Matayo 16:18, Bibiriya yakoreshwaga icyo gihe yasobanuraga uyu murongo ngo &quot;.... &lt;strong&gt;I will build my congregation on Peter&quot;. &lt;/strong&gt;Umwami James yasanganga ijambo ryo mu kigereki &lt;strong&gt;ekklesia &lt;/strong&gt;ridakwiye gusobanuzwa &lt;strong&gt;Congregation&lt;/strong&gt; mu cyongereza, ahubwo rikwiye gusobanuzwa &lt;strong&gt;&quot;Church&quot;.&amp;nbsp;&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Mu mwaka wa 1604, King James ubwo yari yitabiriye inama ikomeye y'urukiko rwa Hampton, yasabye, ategeka kandi yemera ko hakorwa ubundi busobanuro bushya bwa Bibiriya mu cyongereza. Yasabye ko iyi Bibiriya ariyo yazajya ikoreshwa mu nsengero zose zikoresha icyongereza. Bidatinze, abahanga bagera kuri 47 bahise batangira uwo murimo. Abenshi muri bo bari inzobere mu ndimi zakoreshwaga icyo gihe. Uyu murimo wabafashe imyaka 7, kuko mu mwaka wa 1611 aribwo izi nzobere zashyize hanze Bibiriya nshya, zahise ziyiha izina rya &lt;strong&gt;KING JAMES BIBLE, &lt;/strong&gt;ariko ntibyabujije n'abandi batifuzaga kubona Bibiriya yitirirwa umuntu kuyiha izina rya &lt;strong&gt;AUTHORIZED BIBLE. &lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Kuva icyo gihe kugeza ubu, kubera ko ururimi atari ikintu gihagarara hamwe ahubwo ruhinduka, Bibiriya ya KING JAMES yagiye itunganywa mu myandikire kurushaho, ariko yakomeje kwamamara kuri iri zina rya &lt;strong&gt;KING JAMES.&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;Imana ibahe umugisha.&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;</description>
<category>Ibibazo byerekeye Bibiriya</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=167&amp;qa_1=hari-bibiriya-yitwa-king-james-uwo-king-james-yari-muntu-ki&amp;show=551#a551</guid>
<pubDate>Wed, 19 Jul 2017 20:05:45 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Byafashe igihe kingana iki kwandika Bibiriya yose?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=170&amp;qa_1=byafashe-igihe-kingana-iki-kwandika-bibiriya-yose</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye Bibiriya</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=170&amp;qa_1=byafashe-igihe-kingana-iki-kwandika-bibiriya-yose</guid>
<pubDate>Sat, 05 Nov 2016 18:56:28 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Bibiriya imaze igihe kingana iki?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=169&amp;qa_1=bibiriya-imaze-igihe-kingana-iki</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye Bibiriya</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=169&amp;qa_1=bibiriya-imaze-igihe-kingana-iki</guid>
<pubDate>Sat, 05 Nov 2016 18:54:47 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Pawulo yanditse ibitabo bingahe muri Bibiriya</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=168&amp;qa_1=pawulo-yanditse-ibitabo-bingahe-muri-bibiriya</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye Bibiriya</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=168&amp;qa_1=pawulo-yanditse-ibitabo-bingahe-muri-bibiriya</guid>
<pubDate>Sat, 05 Nov 2016 18:53:50 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Umubare 7 ufite ubuhe busobanuro mu ijambo ry'Imana</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=166&amp;qa_1=umubare-7-ufite-ubuhe-busobanuro-mu-ijambo-ryimana</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye Bibiriya</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=166&amp;qa_1=umubare-7-ufite-ubuhe-busobanuro-mu-ijambo-ryimana</guid>
<pubDate>Sat, 05 Nov 2016 18:51:24 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Umugani ni iki?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=165&amp;qa_1=umugani-ni-iki</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye Bibiriya</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=165&amp;qa_1=umugani-ni-iki</guid>
<pubDate>Sat, 05 Nov 2016 18:49:26 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Ibipimo bikoreshwa muri Bibiriya, twabigereranya dute n'ibipimo by'iki gihe?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=163&amp;qa_1=ibipimo-bikoreshwa-bibiriya-twabigereranya-nibipimo-byiki</link>
<description>Uburemre, uburebure, igihe, .......</description>
<category>Ibibazo byerekeye Bibiriya</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=163&amp;qa_1=ibipimo-bikoreshwa-bibiriya-twabigereranya-nibipimo-byiki</guid>
<pubDate>Sat, 05 Nov 2016 09:05:28 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Ese ni byiza gusoma n'ibindi bitabo? Cyangwa twakwibanda kuri Bibiriya gusa?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=162&amp;qa_1=byiza-gusoma-nibindi-bitabo-cyangwa-twakwibanda-bibiriya</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye Bibiriya</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=162&amp;qa_1=byiza-gusoma-nibindi-bitabo-cyangwa-twakwibanda-bibiriya</guid>
<pubDate>Sat, 05 Nov 2016 09:02:55 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Hari ibintu bimwe na bimwe abantu bibeshya ko biri muri Bibiriya nyamara nta birimo: Mwatubwira bimwe muri byo?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=161&amp;qa_1=ibintu-abantu-bibeshya-bibiriya-nyamara-birimo-mwatubwira</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye Bibiriya</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=161&amp;qa_1=ibintu-abantu-bibeshya-bibiriya-nyamara-birimo-mwatubwira</guid>
<pubDate>Sat, 05 Nov 2016 08:59:41 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Kuvuga ko &quot;Bibiriya yahumetswe n'Imana&quot; bisobanuye iki?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=160&amp;qa_1=kuvuga-ko-bibiriya-yahumetswe-nimana-bisobanuye-iki</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye Bibiriya</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=160&amp;qa_1=kuvuga-ko-bibiriya-yahumetswe-nimana-bisobanuye-iki</guid>
<pubDate>Sat, 05 Nov 2016 08:55:40 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Amavanjiri yanditswe ryari?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=158&amp;qa_1=amavanjiri-yanditswe-ryari</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye Bibiriya</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=158&amp;qa_1=amavanjiri-yanditswe-ryari</guid>
<pubDate>Sat, 05 Nov 2016 08:43:47 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Ni gute tumenya igihe igitabo runaka cyo muri Bibiriya cyandikiwe?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=157&amp;qa_1=gute-tumenya-igihe-igitabo-runaka-muri-bibiriya-cyandikiwe</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye Bibiriya</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=157&amp;qa_1=gute-tumenya-igihe-igitabo-runaka-muri-bibiriya-cyandikiwe</guid>
<pubDate>Sat, 05 Nov 2016 08:38:27 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Kuki ari ingenzi gusobanukirwa Bibiriya?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=156&amp;qa_1=kuki-ari-ingenzi-gusobanukirwa-bibiriya</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye Bibiriya</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=156&amp;qa_1=kuki-ari-ingenzi-gusobanukirwa-bibiriya</guid>
<pubDate>Sat, 05 Nov 2016 08:35:00 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>kuki Bibiriya igoye kuyisobanukirwa?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=155&amp;qa_1=kuki-bibiriya-igoye-kuyisobanukirwa</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye Bibiriya</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=155&amp;qa_1=kuki-bibiriya-igoye-kuyisobanukirwa</guid>
<pubDate>Sat, 05 Nov 2016 08:33:57 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Mbere y'uko Bibiriya yandikwa, abanti bamenyaga iby'Imana bate?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=154&amp;qa_1=mbere-yuko-bibiriya-yandikwa-abanti-bamenyaga-ibyimana-bate</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye Bibiriya</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=154&amp;qa_1=mbere-yuko-bibiriya-yandikwa-abanti-bamenyaga-ibyimana-bate</guid>
<pubDate>Sat, 05 Nov 2016 08:32:18 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Ni inde wanditse igitabo cy'Abaheburayo?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=153&amp;qa_1=ni-inde-wanditse-igitabo-cyabaheburayo</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye Bibiriya</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=153&amp;qa_1=ni-inde-wanditse-igitabo-cyabaheburayo</guid>
<pubDate>Sat, 05 Nov 2016 08:31:20 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Kuki Bibiriya tuyita Bibiriya yera?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=151&amp;qa_1=kuki-bibiriya-tuyita-bibiriya-yera</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye Bibiriya</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=151&amp;qa_1=kuki-bibiriya-tuyita-bibiriya-yera</guid>
<pubDate>Sat, 05 Nov 2016 08:28:31 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Ese ni ngombwa kumenya Ikigiriki n'igiheburayo ngo umuntu abone kwiga Bbibiriya?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=150&amp;qa_1=ngombwa-kumenya-ikigiriki-nigiheburayo-umuntu-bbibiriya</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye Bibiriya</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=150&amp;qa_1=ngombwa-kumenya-ikigiriki-nigiheburayo-umuntu-bbibiriya</guid>
<pubDate>Sat, 05 Nov 2016 08:27:19 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Kuki byabaye ngombwa ko handikwa amavanjiri ane?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=149&amp;qa_1=kuki-byabaye-ngombwa-ko-handikwa-amavanjiri-ane</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye Bibiriya</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=149&amp;qa_1=kuki-byabaye-ngombwa-ko-handikwa-amavanjiri-ane</guid>
<pubDate>Sat, 05 Nov 2016 08:13:21 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Kuki Bibiriya itanditswe ikurikije uruhererekane rw'ibihe (chronological order)</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=147&amp;qa_1=bibiriya-itanditswe-ikurikije-uruhererekane-chronological</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye Bibiriya</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=147&amp;qa_1=bibiriya-itanditswe-ikurikije-uruhererekane-chronological</guid>
<pubDate>Sat, 05 Nov 2016 07:41:58 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Ese birashoboka ko hazongerwa ibindi bitabo muri Bibiriya?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=146&amp;qa_1=ese-birashoboka-ko-hazongerwa-ibindi-bitabo-muri-bibiriya</link>
<description>Is it possible that more books could be added to the Bible?</description>
<category>Ibibazo byerekeye Bibiriya</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=146&amp;qa_1=ese-birashoboka-ko-hazongerwa-ibindi-bitabo-muri-bibiriya</guid>
<pubDate>Sat, 05 Nov 2016 07:39:20 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Kuki ari ngombwa kwizera ko Bibiriya ari ibyanditswe byera byahumetswe n'Imana?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=145&amp;qa_1=ngombwa-kwizera-bibiriya-ibyanditswe-byahumetswe-nimana</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye Bibiriya</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=145&amp;qa_1=ngombwa-kwizera-bibiriya-ibyanditswe-byahumetswe-nimana</guid>
<pubDate>Sat, 05 Nov 2016 07:36:24 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Muri za Bibiriya zitandukanye (versions), ni iyihe nziza kurusha izindi?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=144&amp;qa_1=bibiriya-zitandukanye-versions-iyihe-nziza-kurusha-izindi</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye Bibiriya</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=144&amp;qa_1=bibiriya-zitandukanye-versions-iyihe-nziza-kurusha-izindi</guid>
<pubDate>Sat, 05 Nov 2016 07:33:26 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Ni ubuhe buryo bwiza bwo kwiga Bibiriya?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=143&amp;qa_1=ni-ubuhe-buryo-bwiza-bwo-kwiga-bibiriya</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye Bibiriya</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=143&amp;qa_1=ni-ubuhe-buryo-bwiza-bwo-kwiga-bibiriya</guid>
<pubDate>Sat, 05 Nov 2016 07:30:37 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Ese hari ibyanditswe muri Bibiriya, ababyanditse barabivanye mu bindi bitabo bisanzwe?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=142&amp;qa_1=ibyanditswe-bibiriya-ababyanditse-barabivanye-bisanzwe</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye Bibiriya</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=142&amp;qa_1=ibyanditswe-bibiriya-ababyanditse-barabivanye-bisanzwe</guid>
<pubDate>Sat, 05 Nov 2016 07:29:02 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Ese ni ngombwa gufata ibyanditswe byera mu mutwe (memorization)?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=141&amp;qa_1=ese-ni-ngombwa-gufata-ibyanditswe-byera-mutwe-memorization</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye Bibiriya</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=141&amp;qa_1=ese-ni-ngombwa-gufata-ibyanditswe-byera-mutwe-memorization</guid>
<pubDate>Sat, 05 Nov 2016 07:26:48 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Ese ngomba kwizera Bibiriya kugirango nkizwe?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=140&amp;qa_1=ese-ngomba-kwizera-bibiriya-kugirango-nkizwe</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye Bibiriya</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=140&amp;qa_1=ese-ngomba-kwizera-bibiriya-kugirango-nkizwe</guid>
<pubDate>Sat, 05 Nov 2016 07:24:18 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Ibitabo byo muri Bibiriya, byashyizwe hamwe ryari kandi gute (canon)?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=138&amp;qa_1=ibitabo-muri-bibiriya-byashyizwe-hamwe-ryari-kandi-gute-canon</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye Bibiriya</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=138&amp;qa_1=ibitabo-muri-bibiriya-byashyizwe-hamwe-ryari-kandi-gute-canon</guid>
<pubDate>Sat, 05 Nov 2016 07:22:11 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Ni gute twamenya ibyanditswe bitureba uyu munsi?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=137&amp;qa_1=ni-gute-twamenya-ibyanditswe-bitureba-uyu-munsi</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye Bibiriya</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=137&amp;qa_1=ni-gute-twamenya-ibyanditswe-bitureba-uyu-munsi</guid>
<pubDate>Sat, 05 Nov 2016 07:20:33 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Ese guhindura Bibiriya mu zindi ndimi byaba byaragiye byangiza umwimerere w'ibyanditswe?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=136&amp;qa_1=guhindura-bibiriya-byaragiye-byangiza-umwimerere-wibyanditswe</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye Bibiriya</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=136&amp;qa_1=guhindura-bibiriya-byaragiye-byangiza-umwimerere-wibyanditswe</guid>
<pubDate>Sat, 05 Nov 2016 07:19:27 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Ese umuntu wifuza gusoma Bibiriya yose yatangirira he?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=135&amp;qa_1=ese-umuntu-wifuza-gusoma-bibiriya-yose-yatangirira-he</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye Bibiriya</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=135&amp;qa_1=ese-umuntu-wifuza-gusoma-bibiriya-yose-yatangirira-he</guid>
<pubDate>Sat, 05 Nov 2016 07:17:04 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Mu mavanjiri 4, Kuki ibyanditswe bivuga ku kuzuka kwa Yesu zidahura?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=134&amp;qa_1=mavanjiri-kuki-ibyanditswe-bivuga-kuzuka-kwa-yesu-zidahura</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye Bibiriya</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=134&amp;qa_1=mavanjiri-kuki-ibyanditswe-bivuga-kuzuka-kwa-yesu-zidahura</guid>
<pubDate>Sat, 05 Nov 2016 07:15:47 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Ni iki gihamya ko koko Bibiriya yahumetswe n'Imana</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=133&amp;qa_1=ni-iki-gihamya-ko-koko-bibiriya-yahumetswe-nimana</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye Bibiriya</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=133&amp;qa_1=ni-iki-gihamya-ko-koko-bibiriya-yahumetswe-nimana</guid>
<pubDate>Sat, 05 Nov 2016 07:13:42 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Kuki hari imirongo ibura muri Bibiriya zimwe na zimwe (versions)</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=131&amp;qa_1=kuki-hari-imirongo-ibura-muri-bibiriya-zimwe-zimwe-versions</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye Bibiriya</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=131&amp;qa_1=kuki-hari-imirongo-ibura-muri-bibiriya-zimwe-zimwe-versions</guid>
<pubDate>Sat, 05 Nov 2016 07:10:02 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Kuki tugomba gusoma no kwiga Bibiriya?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=130&amp;qa_1=kuki-tugomba-gusoma-no-kwiga-bibiriya</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye Bibiriya</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=130&amp;qa_1=kuki-tugomba-gusoma-no-kwiga-bibiriya</guid>
<pubDate>Sat, 05 Nov 2016 07:08:30 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Ese hari amakosa aboneka muri Bibiriya (Kuvuguruzanya, kudahuza)?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=127&amp;qa_1=hari-amakosa-aboneka-muri-bibiriya-kuvuguruzanya-kudahuza</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye Bibiriya</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=127&amp;qa_1=hari-amakosa-aboneka-muri-bibiriya-kuvuguruzanya-kudahuza</guid>
<pubDate>Thu, 03 Nov 2016 07:02:34 +0000</pubDate>
</item>
</channel>
</rss>