<?xml version="1.0" encoding="utf-8"?>
<rss version="2.0">
<channel>
<title>Bibiriya irasubiza - Recent questions and answers in Ibibazo byerekeye agakiza</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=qa&amp;qa_1=ibibazo-byerekeye-agakiza</link>
<description>Powered by Question2Answer</description>
<item>
<title>Answered: Ni irihe tandukaniro hagati y'imbabazi (mercy) n'ubuntu (Grace)?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=178&amp;qa_1=ni-irihe-tandukaniro-hagati-yimbabazi-mercy-nubuntu-grace&amp;show=615#a615</link>
<description>&lt;p&gt;Ubuntu&amp;nbsp;n'Imbabazi&amp;nbsp;ni ibintu bibiri by'ingenzi mu nyigisho za Gikristo, rimwe na rimwe abantu barabyitiranya ariko bifite itandukaniro rikomeye. Gusobanukirwa neza Ubuntu bw'Imana byinjiza Umukristo mu mizi y'ibyo yizera nyabyo, mu gihe kutabusobanukirwa bitera abantu kubusobanura uko bishakiye, bikabatera kwinjira mu nyigisho z'ibinyoma n'ubuyobe bukomeye, bakagoreka umuzi w'ibyo twizera.&amp;nbsp;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Mutwemerere&amp;nbsp;dusobanure Ijambo &lt;strong&gt;&quot;Ubuntu&quot;,&lt;/strong&gt; turaza kwifashisha kenshi indimi z'amahanga kugirango birusheho gusobanuka aho turi bubone ko bikenewe.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;UBUNTU: &lt;/strong&gt;Muri Bibiriya, ijambo &quot;Ubuntu&quot;&amp;nbsp;turisoma mu ndimi z'amahanga nka &lt;strong&gt;&quot;Grace&quot;&lt;/strong&gt;, mu gihe imbabazi ari &lt;strong&gt;&quot;Mercy&quot;&lt;/strong&gt; cyangwa &lt;strong&gt;&quot;Forgiveness&quot;&lt;/strong&gt; muri version zimwe na zimwe. No mu buzima busanzwe bwo hanze aha, ijambo &quot;grace&quot; rikunze gukoreshwa mu bintu bitandukanye: &lt;strong&gt;URUGERO:&lt;/strong&gt; Iyo Bank iguhaye inguzanyo, rimwe na rimwe iguha icyo bita &lt;strong&gt;&quot;grace period&quot;,&lt;/strong&gt; Iki ni igihe uhabwa mbere yo gutangira kwishyura inguzanyo. Ni nko kuvuga ngo ubundi wari ukwiriye gutangira kwishyura mu kwa mbere, ariko uzatangire kwishyura mu kwa kane! ..... N'izindi ngero.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;UBUNTU = IBYIZA UMUNTU AGIRIRWA ATARI ABIKWIRIYE&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;Imbabazi&lt;/strong&gt; ni kimwe mu bintu biranga UBUNTU bw'Imana. Imbabazi ziri mu buntu, ariko ubuntu ntiburi mu mbabazi. Twagiriwe imbabazi ku bw'ubuntu bw'Imana. Bisobanuye ko izo mbabazi tutari tuzikwiriye, ariko nubwo bimeze bityo, Imana yarazitugiriye. Hari imirongo itatu tugirango dusomere hamwe, idufashe kubona imiterere y'umuntu imbere y'Imana:&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;- Umubwiriza 7:20&lt;/strong&gt;&amp;nbsp;&lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&lt;strong&gt;&quot;Ni ukuri nta mukiranutsi uri mu isi, ukora neza ntacumure.&quot;&lt;/strong&gt;&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;- Abaroma 3:23 &lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&quot;Kuko bose bakoze ibyaha, ntibashyikira ubwiza bw’Imana,&quot;&lt;/span&gt;&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;- 1 Yohana 1:8&lt;/strong&gt; &lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&lt;strong&gt;&quot;Nituvuga yuko ari nta cyaha dufite tuba twishutse, ukuri kuba kutari muri twe.&quot;&lt;/strong&gt;&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Iyo mirongo yo hejuru iragaragaza Umutu uwo ari we: Ni umunyabyaha. Ingaruka zabyo ni izihe? Ngizi:&amp;nbsp; &lt;strong&gt;Abaroma 6:23&lt;/strong&gt; &lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&lt;strong&gt;&quot;Kuko ibihembo by’ibyaha ari urupfu, ariko impano y’Imana ni ubugingo buhoraho muri Yesu Kristo Umwami wacu.&quot;&lt;/strong&gt;&lt;/span&gt; Ni ukuvuga ngo mu buryo budasubirwaho icyo twari dukwiriye&amp;nbsp;ni urupfu! (Gutandukana n'Imana burundu no kurimbuka!). Aho ubuntu bw'Imana bubera ubuntu, ni uko yaduhaye ibyo tutari dukwiriye, twari dukwiriye urupfu ariko iduha ubugingo. Nta kiza twari dukwiriye gituruka ku Mana, nta mugisha w'Imana twari dukwiriye; Imana nta kintu itugomba.&amp;nbsp;Buri cyiza duhabwa kivuye ku Mana, ni imbuto y'ubuntu bwayo: &lt;strong&gt;ABEFESO 2:5&lt;/strong&gt; &lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&lt;strong&gt;&quot;Ku bw’urukundo rwinshi yadukunze, ubwo twari dupfuye tuzize ibicumuro byacu (ubuntu ni bwo bwabakijije)&lt;/strong&gt;&quot;&lt;/span&gt;. Ku bw'ubuntu bwayo, iratwemera, ikaduha imigisha tutari dukwiriye, ikanaduha ibyiza tutari kuzapfa tubonye.&amp;nbsp;N'ubwo waba umunyangesonziza bingana iki, n'ubwo wakora ibishimwa n'abantu bingana iki, bitabaye ubuntu bw'Imana nta kindi cyari kugukiza.&amp;nbsp;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;Abefeso 2:8-9&lt;/strong&gt; &lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&lt;strong&gt;&quot;Mwakijijwe n’ubuntu ku bwo kwizera, ntibyavuye kuri mwe ahubwo ni impano y’Imana. Ntibyavuye no ku mirimo kugira ngo hatagira umuntu wirarira&quot;&lt;/strong&gt;&lt;/span&gt;. Kugirango ugirirwe imbabazi, ugomba kwegera intebe y'ubuntu udatinya. &lt;strong&gt;Abaheburayo 4:16 &lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&quot;Nuko rero, twegere intebe y’ubuntu tudatinya, kugira ngo tubabarirwe tubone ubuntu bwo kudutabara mu gihe gikwiriye.&quot;&lt;/span&gt;&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;&amp;nbsp;N'UBWO BIMEZE BITYO, NTITWEMEREWE GUKORA IBYAHA TWITWAJE UBUNTU.&amp;nbsp;&lt;/strong&gt;&quot;Nuko tuvuge iki? Tugumye gukora ibyaha ngo ubuntu busage?Ntibikabeho! Mbese twebwe abapfuye ku byaha, twakomeza kuramira muri byo dute?&quot; Muri make, twari dukwiriye gucirwaho iteka kubera ibyaha byacu, ariko ku bw'ubuntu bw'Imana iduha ibyiza tutari dukwiriye, IMBABAZI zayo zibonerwa muri Yesu Kristo zituma tubabarirwa, tubarwaho gukiranuka ititaye ko turi abanyabyaha.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;ICYITONDERWA&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;- Ubuntu bw'Imana n'imbabazi zayo bibonerwa muri Yesu gusa. Kugerwaho n'ubunttu bw'Imana bigusaba kwizera Yesu.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;- Inyigisho zivuga ko kubw'ubuntu bw'Imana, ngo Yesu yababariye ibyaha byahise, ibiriho n'ibyo tuzakora ejo ni ubuyobe bukomeye. Ibyo bisa nk'aho twemerewe gukora ibyaha twitwaje ubuntu bw'Imana, nyamara iyo hagize ubikora atyo aba ahinduye ubusa ubuntu bwayo. Ni ngombwa cyane kuzirikana iki cyanditswe: &lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&lt;strong&gt;&quot;Niba dukora ibyaha nkana tumaze kumenya ukuri, ntihaba hagisigaye igitambo cy’ibyaha, keretse gutegerezanya ubwoba gucirwa ho iteka, no gutegereza umuriro w’inkazi uzarya abanzi b’Imana. Uwasuzuguye amategeko ya Mose ko atababarirwaga, ahubwo bakamwica abagabo babiri cyangwa batatu bamushinje, nkanswe ukandagiye Umwana w’Imana, agakerensa amaraso y’isezerano yamwejesheje, agahemura Umwuka utanga ubuntu! Ntimugira ngo azaba akwiriye igihano gikabije cyane kuruta bya bindi?&amp;nbsp;&lt;/strong&gt;&lt;/span&gt;&lt;strong&gt;(Abaheburayo 10:26-29)&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Ni ikinyoma rwose cyambaye ubusa, ni n'ubuyobe bukomeye, gutekereza ko icyaha uzakora ejo Yesu yarangije kukikubabarira uyu munsi cyangwa ikindi gihe cyashize. Gutekereza utyo biyuma wibwira ko nta cyo bimaze gusaba Imana imbabazi igihe ukoze icyaha, kuko nyine uba wibwira ko icyo cyaha yarangije kukikubabarira cyera utaranagikora.&amp;nbsp;Icyaha uzagwamo ejo, Yesu azakikubabarira ejo na nyuma yaho nugisabira imbabazi. Naho nugikora uyu munsi nkana, ubigambiriye, witwaje ko yarangije kukikubabarira ejo hashize cyangwa cyera, uzaba ukoze ibintu bitatu bibi dusomye mu cyanditswe cyo hejuru:&lt;/p&gt;&lt;p&gt;1) Uzaba ukandagiye Umwana w'Imana&lt;/p&gt;&lt;p&gt;2) Uzaba ukerensa amarayo yakwejesheje&lt;/p&gt;&lt;p&gt;3) Uzaba uhemuye Umwuka utanga ubuntu.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;UBUNTU BW'IMANA&lt;/strong&gt;&amp;nbsp;ntabwo buduha uburenganzira bwo gukora ibyaha. Yego, Umukristo ashobora kugwa mu cyaha, kandi igihe akiguyemo, akihutira gusaba Imana imbabazi, akizera ko Ikiranukira kumubabarira ku bw'imbabazi zayo zitagira akagero. Izo ni &lt;strong&gt;IMBABAZI.&amp;nbsp;&lt;/strong&gt;*&lt;strong&gt;1 Yh 1:9&lt;/strong&gt;* &quot;&lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&lt;strong&gt;Ariko nitwatura ibyaha byacu, ni yo yo kwizerwa kandi ikiranukira kutubabarira ibyaha byacu no kutwezaho gukiranirwa kose.&quot;&lt;/strong&gt;&lt;/span&gt; Dufite isezerano ryo kubabarirwa ibyaha tuzakora ahazaza, nitubyicuza tugasaba Imana imbabazi. Ariko gutekereza ko icyaha uzakora ejo warangije kukibanarirwa utaranagikora, bisobanuye ko nugikora nta mpamvu yo kwihana uzaba ufite. &lt;strong&gt;Umuntu yihana icyaha yarangije gukora, nta wihana icyaha ateganya gukora.&amp;nbsp;&lt;/strong&gt;Gutekereza ko Yesu yababariye ibyaha tutarakora ahubwo tuzakora ejo hazaza, bituma abantu babaho ubuzima butarangwamo kwihana. Ndetse bibaha *pass* yo kwikorera ibyaha uko bishakiye. Sibyo.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Ndabashimiye kandi mbaragije Ijambo ry'Imana riboneka mu murongo wa nyuma wa Bibiriya,&lt;strong&gt; IBYAHISHUWE 22:21&lt;/strong&gt;&amp;nbsp;&lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&lt;strong&gt;&quot;Ubuntu bw’Umwami Yesu bubane namwe mwese. Amen. The Grace of our Lord Jesus Christ be with you all. Amen. Que la grace de notre Seigneur Jesus-Christ soit avec vous tous, Amen.&quot;&lt;/strong&gt;&lt;/span&gt;&lt;/p&gt;</description>
<category>Ibibazo byerekeye agakiza</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=178&amp;qa_1=ni-irihe-tandukaniro-hagati-yimbabazi-mercy-nubuntu-grace&amp;show=615#a615</guid>
<pubDate>Tue, 19 Sep 2023 06:11:56 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Answered: Umwana atangira kubarwa nk'umuntu mukuru ku yihe myaka ku buryo yabazwa ibyo yakoze?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=189&amp;qa_1=umwana-atangira-kubarwa-nkumuntu-mukuru-myaka-yabazwa-yakoze&amp;show=586#a586</link>
<description>&lt;p style=&quot;box-sizing: border-box; margin: 0px 0px 1em; color: rgb(52, 73, 94); font-family: Ubuntu, Helvetica, Arial, FreeSans, sans-serif;&quot;&gt;Hari umuntu wabajije ikibazo gisa n'iki muri aya magambo:&lt;strong style=&quot;box-sizing:border-box&quot;&gt;&amp;nbsp;&quot;Mwavuze ko abana ari abaziranenge pee kandi ko ntarubanza bazicibwaho kuko batarageza imyaka yo&amp;nbsp; kwihitiramo.ese imyaka yo kwihitiramo ningahe?&quot;&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p style=&quot;box-sizing: border-box; margin: 0px 0px 1em; color: rgb(52, 73, 94); font-family: Ubuntu, Helvetica, Arial, FreeSans, sans-serif;&quot;&gt;Iki kibazo abantu benshi baracyibaza, mu matorero y'Umwuka ho (Pentecostal Churches) hari igipimo cy'imyaka bagenderaho kugirango babe babasha kubatiza uwizera kuko batajya babatiza abana. Byongeye kandi, twizera ko impinja n'abana bato batabarwaho ibyaha byabo cyangwa ngo baryozwe kuba batarizeye Yesu kuko bataragira ubushobozi bwo guhitamo ikiza cyangwa ikibi. None se umurongo ugabanya imyaka y'umwana n'umuntu mukuru utangirira he?&lt;/p&gt;&lt;p style=&quot;box-sizing: border-box; margin: 0px 0px 1em; color: rgb(52, 73, 94); font-family: Ubuntu, Helvetica, Arial, FreeSans, sans-serif;&quot;&gt;Mu by'ukuri, kuba impinja n'abana bato bataryozwa ibyaha byabo ntabwo ari uko ari abamarayika. Kuva yitwa umuntu, umuntu avukana kamere ibogamira ku cyaha, kandi iyo kamere ubwayo ni icyaha imbere y'imbere y'Imana. Kuva kuri Adamu na Eva&amp;nbsp;kugeza uyu munsi ni uko bimeze. Dawidi mu kwandika&amp;nbsp;&lt;strong style=&quot;box-sizing:border-box&quot;&gt;Zaburi ya 51:7&lt;/strong&gt;&amp;nbsp;&amp;nbsp;yagize ati&amp;nbsp;&amp;nbsp;&lt;strong style=&quot;box-sizing:border-box&quot;&gt;&lt;span style=&quot;box-sizing:border-box&quot;&gt;&lt;span style=&quot;background-color:#eaf1fc; box-sizing:border-box; color:#0033cc; font-family:&amp;quot;Helvetica Neue&amp;quot;,Helvetica,Arial,sans-serif&quot;&gt;&quot;Dore naremanywe gukiranirwa, Mu byaha ni mo mama yambyariye.&quot;&lt;/span&gt;&lt;/span&gt;&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p style=&quot;box-sizing: border-box; margin: 0px 0px 1em; color: rgb(52, 73, 94); font-family: Ubuntu, Helvetica, Arial, FreeSans, sans-serif;&quot;&gt;Dawidi hano arahamya ko kuva akivuka yari umunyabyaha, ndetse kuva bakimutwite, akiremwa mu nda ya nyina, yaremanywe gukiranuka. Ubundi urupfu ni ingaruka z'icyaha cya adamu na Eva. Kuba impinja zijya ziducika zigapfa, na byo byerekana ko muri zo zifitemo ingaruka z'ibyakozwe na adamu na Eva. Gusa ku bw'ubuntu n'imbabazi z'Imana, ntizishyirwa mu kiciro kimwe n'umuntu mukuru ushobora kwifatira umwanzuro wo kwizera Yesu cyangwa kutamwizera. Buri&amp;nbsp;muntu wese, kuva yitwa umuntu, yaba uruhinja cyangwa mukuru, afatwa nk'umunyabyaha. Inzira yonyine ituma Imana yabasha kubona umuntu nk'umukiranutsi, ni mu kwizera Umuntu abonera muri Yesu honyine.&amp;nbsp;&lt;strong style=&quot;box-sizing:border-box&quot;&gt;Ibyakozwe n'Intumwa 4:12&lt;/strong&gt;&amp;nbsp;hagira hati:&amp;nbsp;&lt;strong style=&quot;box-sizing:border-box&quot;&gt;&lt;span style=&quot;box-sizing:border-box; color:#16a085&quot;&gt;&quot;Kandi nta wundi agakiza kabonerwamo, kuko ari nta rindi zina munsi y’ijuru ryahawe abantu, dukwiriye gukirizwamo.”&lt;/span&gt;&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p style=&quot;box-sizing: border-box; margin: 0px 0px 1em; color: rgb(52, 73, 94); font-family: Ubuntu, Helvetica, Arial, FreeSans, sans-serif;&quot;&gt;None se imyaka umwana yafatwa nk'umuntu mukuru ni ingahe? Muri Bibiriya, mu muco w'Abayuda bizeraga ko ku myaka&amp;nbsp;&lt;strong style=&quot;box-sizing:border-box&quot;&gt;12&lt;/strong&gt;&amp;nbsp;umwana ashobora gufatwa nk'umuntu mukuru. Mu gihe cya Yesu, ku munsi mukuru wa Pasika, Abisirayeli bose bagombaga kujya i yerusalemu kwizihirizayo uyu munsi mukuru no gutamba ibitambo byategetswe, ariko hajyagayo abantu bakuru gusa. Bibiriya itubwira ko&amp;nbsp;&lt;strong style=&quot;box-sizing:border-box&quot;&gt;ku myaka 12&lt;/strong&gt;, Yesu na we yajyanye n'ababyeyi be muri iyo minsi mikuru.&amp;nbsp;&lt;strong style=&quot;box-sizing:border-box&quot;&gt;Luka 2:41-42&amp;nbsp;&lt;span style=&quot;box-sizing:border-box; color:#16a085&quot;&gt;&quot;Nuko amaze imyaka cumi n’ibiri avutse, barazamuka nk’uko umugenzo w’iyo minsi mikuru wari uri.bBamaze iyo minsi basubirayo, uwo mwana Yesu asigara i Yerusalemu ababyeyi be batabizi.&quot;&lt;/span&gt;&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p style=&quot;box-sizing: border-box; margin: 0px 0px 1em; color: rgb(52, 73, 94); font-family: Ubuntu, Helvetica, Arial, FreeSans, sans-serif;&quot;&gt;Nubwo ntaho Bibiriya idutegeka Gufata iyi myaka 12&amp;nbsp;nk'ihame, ntitwakwirengagiza ko Yesu ubwe yivugiye ko agakiza gakomoka mu bayuda.&amp;nbsp;&lt;strong style=&quot;box-sizing:border-box&quot;&gt;Yohana 4:22&lt;/strong&gt;&amp;nbsp;&lt;span style=&quot;box-sizing:border-box; color:#16a085&quot;&gt;&lt;strong style=&quot;box-sizing:border-box&quot;&gt;&quot;Dore mwebweho musenga icyo mutazi, ariko twebwe dusenga ibyo tuzi kuko agakiza kava mu Bayuda&quot;&lt;/strong&gt;.&lt;/span&gt;&amp;nbsp;Gukurikiza ibyabo igihe cyose atari icyaha, cyangwa Bibiriya ikaba ntacyo ibivugaho, nta kosa ririmo. Ikyongera kuri ibi, ubushakashatsi budashingiye kuri Bibiriya na bwo bwagiye bugaragaza ko imyaka&amp;nbsp;&lt;strong style=&quot;box-sizing:border-box&quot;&gt;12-13&amp;nbsp;&lt;/strong&gt;ari ikigero nyacyo umuntu ashobora kureka gufatwa nk'umwana muto, akaba yakwifatira umwanzuro mu buryo runaka.&lt;/p&gt;&lt;p style=&quot;box-sizing: border-box; margin: 0px 0px 1em; color: rgb(52, 73, 94); font-family: Ubuntu, Helvetica, Arial, FreeSans, sans-serif;&quot;&gt;Uko byagenda kose, ikibazo cy'imyaka y'ubukure si ikibazo cy'imyizerere (Doctrin), hari abana tuzi bakiriye Yesu ku myaka iri munsi ya 12, hari ababatijwe bafite 11, ariko muri rusange mu matorero ya gipantekote twizera ko imyaka y'ubukure ari 12-13.&lt;/p&gt;&lt;p style=&quot;box-sizing: border-box; margin: 0px 0px 1em; color: rgb(52, 73, 94); font-family: Ubuntu, Helvetica, Arial, FreeSans, sans-serif;&quot;&gt;Murakoze, Imana ibahe umugisha&lt;/p&gt;</description>
<category>Ibibazo byerekeye agakiza</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=189&amp;qa_1=umwana-atangira-kubarwa-nkumuntu-mukuru-myaka-yabazwa-yakoze&amp;show=586#a586</guid>
<pubDate>Wed, 13 Sep 2023 10:46:53 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Answered: Ugomba kuba ufite imyaka ingahe ngo ukizwe?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=194&amp;qa_1=ugomba-kuba-ufite-imyaka-ingahe-ngo-ukizwe&amp;show=585#a585</link>
<description>&lt;p&gt;Hari umuntu wabajije ikibazo gisa n'iki muri aya magambo:&lt;strong&gt; &quot;Mwavuze ko abana ari abaziranenge pee kandi ko ntarubanza bazicibwaho kuko batarageza imyaka yo&amp;nbsp; kwihitiramo.ese imyaka yo kwihitiramo ningahe?&quot;&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Iki kibazo abantu benshi baracyibaza, mu matorero y'Umwuka ho (Pentecostal Churches) hari igipimo cy'imyaka bagenderaho kugirango babe babasha kubatiza uwizera kuko batajya babatiza abana. Byongeye kandi, twizera ko impinja n'abana bato batabarwaho ibyaha byabo cyangwa ngo baryozwe kuba batarizeye Yesu kuko bataragira ubushobozi bwo guhitamo ikiza cyangwa ikibi. None se umurongo ugabanya imyaka y'umwana n'umuntu mukuru utangirira he?&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Mu by'ukuri, kuba impinja n'abana bato bataryozwa ibyaha byabo ntabwo ari uko ari abamarayika. Kuva yitwa umuntu, umuntu avukana kamere ibogamira ku cyaha, kandi iyo kamere ubwayo ni icyaha imbere y'imbere y'Imana. Kuva kuri Adamu na Eva&amp;nbsp;kugeza uyu munsi ni uko bimeze. Dawidi mu kwandika &lt;strong&gt;Zaburi ya 51:7&lt;/strong&gt;&amp;nbsp;&amp;nbsp;yagize ati&amp;nbsp; &lt;strong&gt;&lt;span style=&quot;font-size:16px&quot;&gt;&lt;span style=&quot;background-color:#eaf1fc; color:#0033cc; font-family:&amp;quot;Helvetica Neue&amp;quot;,Helvetica,Arial,sans-serif&quot;&gt;&quot;Dore naremanywe gukiranirwa, Mu byaha ni mo mama yambyariye.&quot;&lt;/span&gt;&lt;/span&gt;&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Dawidi hano arahamya ko kuva akivuka yari umunyabyaha, ndetse kuva bakimutwite, akiremwa mu nda ya nyina, yaremanywe gukiranuka. Ubundi urupfu ni ingaruka z'icyaha cya adamu na Eva. Kuba impinja zijya ziducika zigapfa, na byo byerekana ko muri zo zifitemo ingaruka z'ibyakozwe na adamu na Eva. Gusa ku bw'ubuntu n'imbabazi z'Imana, ntizishyirwa mu kiciro kimwe n'umuntu mukuru ushobora kwifatira umwanzuro wo kwizera Yesu cyangwa kutamwizera. Buri&amp;nbsp;muntu wese, kuva yitwa umuntu, yaba uruhinja cyangwa mukuru, afatwa nk'umunyabyaha. Inzira yonyine ituma Imana yabasha kubona umuntu nk'umukiranutsi, ni mu kwizera Umuntu abonera muri Yesu honyine. &lt;strong&gt;Ibyakozwe n'Intumwa 4:12&lt;/strong&gt;&amp;nbsp;hagira hati: &lt;strong&gt;&lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&quot;Kandi nta wundi agakiza kabonerwamo, kuko ari nta rindi zina munsi y’ijuru ryahawe abantu, dukwiriye gukirizwamo.”&lt;/span&gt;&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;None se imyaka umwana yafatwa nk'umuntu mukuru ni ingahe? Muri Bibiriya, mu muco w'Abayuda bizeraga ko ku myaka &lt;strong&gt;12&lt;/strong&gt;&amp;nbsp;umwana ashobora gufatwa nk'umuntu mukuru. Mu gihe cya Yesu, ku munsi mukuru wa Pasika, Abisirayeli bose bagombaga kujya i yerusalemu kwizihirizayo uyu munsi mukuru no gutamba ibitambo byategetswe, ariko hajyagayo abantu bakuru gusa. Bibiriya itubwira ko &lt;strong&gt;ku myaka 12&lt;/strong&gt;, Yesu na we yajyanye n'ababyeyi be muri iyo minsi mikuru. &lt;strong&gt;Luka 2:41-42 &lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&quot;Nuko amaze imyaka cumi n’ibiri avutse, barazamuka nk’uko umugenzo w’iyo minsi mikuru wari uri.bBamaze iyo minsi basubirayo, uwo mwana Yesu asigara i Yerusalemu ababyeyi be batabizi.&quot;&lt;/span&gt;&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Nubwo ntaho Bibiriya idutegeka Gufata iyi myaka 12&amp;nbsp;nk'ihame, ntitwakwirengagiza ko Yesu ubwe yivugiye ko agakiza gakomoka mu bayuda. &lt;strong&gt;Yohana 4:22&lt;/strong&gt; &lt;span style=&quot;color:#16a085&quot;&gt;&lt;strong&gt;&quot;Dore mwebweho musenga icyo mutazi, ariko twebwe dusenga ibyo tuzi kuko agakiza kava mu Bayuda&quot;&lt;/strong&gt;.&lt;/span&gt; Gukurikiza ibyabo igihe cyose atari icyaha, cyangwa Bibiriya ikaba ntacyo ibivugaho, nta kosa ririmo. Ikyongera kuri ibi, ubushakashatsi budashingiye kuri Bibiriya na bwo bwagiye bugaragaza ko imyaka &lt;strong&gt;12-13&amp;nbsp;&lt;/strong&gt;ari ikigero nyacyo umuntu ashobora kureka gufatwa nk'umwana muto, akaba yakwifatira umwanzuro mu buryo runaka.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Uko byagenda kose, ikibazo cy'imyaka y'ubukure si ikibazo cy'imyizerere (Doctrin), hari abana tuzi bakiriye Yesu ku myaka iri munsi ya 12, hari ababatijwe bafite 11, ariko muri rusange mu matorero ya gipantekote twizera ko imyaka y'ubukure ari 12-13.&lt;/p&gt;&lt;p&gt;Murakoze, Imana ibahe umugisha&lt;/p&gt;&lt;div&gt;&lt;/div&gt;</description>
<category>Ibibazo byerekeye agakiza</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=194&amp;qa_1=ugomba-kuba-ufite-imyaka-ingahe-ngo-ukizwe&amp;show=585#a585</guid>
<pubDate>Wed, 13 Sep 2023 10:45:39 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Namenya nte bidasubirwaho ko mfite ubugingo buhoraho?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=200&amp;qa_1=namenya-nte-bidasubirwaho-ko-mfite-ubugingo-buhoraho</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye agakiza</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=200&amp;qa_1=namenya-nte-bidasubirwaho-ko-mfite-ubugingo-buhoraho</guid>
<pubDate>Sat, 05 Nov 2016 21:17:23 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Gukiranuka ni iki?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=199&amp;qa_1=gukiranuka-ni-iki</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye agakiza</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=199&amp;qa_1=gukiranuka-ni-iki</guid>
<pubDate>Sat, 05 Nov 2016 21:15:33 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Ese Yesu arankunda?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=198&amp;qa_1=ese-yesu-arankunda</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye agakiza</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=198&amp;qa_1=ese-yesu-arankunda</guid>
<pubDate>Sat, 05 Nov 2016 21:14:48 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Ni inde ushobora gukizwa?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=197&amp;qa_1=ni-inde-ushobora-gukizwa</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye agakiza</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=197&amp;qa_1=ni-inde-ushobora-gukizwa</guid>
<pubDate>Sat, 05 Nov 2016 21:13:35 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Ni gute ukwizera kutagira imirimo kuba gupfuye?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=196&amp;qa_1=ni-gute-ukwizera-kutagira-imirimo-kuba-gupfuye</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye agakiza</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=196&amp;qa_1=ni-gute-ukwizera-kutagira-imirimo-kuba-gupfuye</guid>
<pubDate>Sat, 05 Nov 2016 21:12:10 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Kuvuga ko Yesu yapfiriye ibyaha byacu bisobanuye iki?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=195&amp;qa_1=kuvuga-ko-yesu-yapfiriye-ibyaha-byacu-bisobanuye-iki</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye agakiza</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=195&amp;qa_1=kuvuga-ko-yesu-yapfiriye-ibyaha-byacu-bisobanuye-iki</guid>
<pubDate>Sat, 05 Nov 2016 21:11:04 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>kuki byabaye ngombwa ko Yesu apfa kugirango adukize?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=193&amp;qa_1=kuki-byabaye-ngombwa-ko-yesu-apfa-kugirango-adukize</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye agakiza</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=193&amp;qa_1=kuki-byabaye-ngombwa-ko-yesu-apfa-kugirango-adukize</guid>
<pubDate>Sat, 05 Nov 2016 21:08:50 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Umugambi w'agakiza ni iki?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=192&amp;qa_1=umugambi-wagakiza-ni-iki</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye agakiza</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=192&amp;qa_1=umugambi-wagakiza-ni-iki</guid>
<pubDate>Sat, 05 Nov 2016 21:07:49 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Gutsindishirizwa ni iki?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=191&amp;qa_1=gutsindishirizwa-ni-iki</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye agakiza</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=191&amp;qa_1=gutsindishirizwa-ni-iki</guid>
<pubDate>Sat, 05 Nov 2016 21:05:47 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Kubatizwa mu mazi menshi bihurira he n'agakiza?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=190&amp;qa_1=kubatizwa-mu-mazi-menshi-bihurira-he-nagakiza</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye agakiza</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=190&amp;qa_1=kubatizwa-mu-mazi-menshi-bihurira-he-nagakiza</guid>
<pubDate>Sat, 05 Nov 2016 21:05:05 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Ese izina ry'umuntu wari warizeye rishobora gusibwa mu gitabo cy'ubugingo?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=188&amp;qa_1=izina-ryumuntu-warizeye-rishobora-gusibwa-gitabo-cyubugingo</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye agakiza</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=188&amp;qa_1=izina-ryumuntu-warizeye-rishobora-gusibwa-gitabo-cyubugingo</guid>
<pubDate>Sat, 05 Nov 2016 20:59:03 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Yesu yaravuze ati:&quot;byoroheye ingamuya kunyura mu mwenge w'urushinge kuruta uko umukire yinjira mu ijuru&quot;. Yashakaga kuvuga iki?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=187&amp;qa_1=yaravuze-byoroheye-ingamuya-kunyura-wurushinge-yashakaga</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye agakiza</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=187&amp;qa_1=yaravuze-byoroheye-ingamuya-kunyura-wurushinge-yashakaga</guid>
<pubDate>Sat, 05 Nov 2016 20:56:20 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Igitabo cy'ubugingo ni iki?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=186&amp;qa_1=igitabo-cyubugingo-ni-iki</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye agakiza</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=186&amp;qa_1=igitabo-cyubugingo-ni-iki</guid>
<pubDate>Sat, 05 Nov 2016 20:54:48 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Yesu ataradupfira ku musaraba abantu bakizwaga bate?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=185&amp;qa_1=yesu-ataradupfira-ku-musaraba-abantu-bakizwaga-bate</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye agakiza</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=185&amp;qa_1=yesu-ataradupfira-ku-musaraba-abantu-bakizwaga-bate</guid>
<pubDate>Sat, 05 Nov 2016 20:54:13 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Ese nyuma y'urupfu hari ayandi mahirwe y'agakiza?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=184&amp;qa_1=ese-nyuma-yurupfu-hari-ayandi-mahirwe-yagakiza</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye agakiza</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=184&amp;qa_1=ese-nyuma-yurupfu-hari-ayandi-mahirwe-yagakiza</guid>
<pubDate>Sat, 05 Nov 2016 20:10:16 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Agakiza ni impano y'Imana: Bisobanuye iki?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=183&amp;qa_1=agakiza-ni-impano-yimana-bisobanuye-iki</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye agakiza</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=183&amp;qa_1=agakiza-ni-impano-yimana-bisobanuye-iki</guid>
<pubDate>Sat, 05 Nov 2016 20:08:58 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Kuba icyaremwe gishya bisobanuye iki?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=182&amp;qa_1=kuba-icyaremwe-gishya-bisobanuye-iki</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye agakiza</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=182&amp;qa_1=kuba-icyaremwe-gishya-bisobanuye-iki</guid>
<pubDate>Sat, 05 Nov 2016 20:08:31 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Gucungurwa bisobanuye iki?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=181&amp;qa_1=gucungurwa-bisobanuye-iki</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye agakiza</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=181&amp;qa_1=gucungurwa-bisobanuye-iki</guid>
<pubDate>Sat, 05 Nov 2016 20:07:50 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Ese kwatura ibyaha mu ruhame ni ngombwa ngo umuntu abone agakiza?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=180&amp;qa_1=ese-kwatura-ibyaha-ruhame-ngombwa-ngo-umuntu-abone-agakiza</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye agakiza</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=180&amp;qa_1=ese-kwatura-ibyaha-ruhame-ngombwa-ngo-umuntu-abone-agakiza</guid>
<pubDate>Sat, 05 Nov 2016 20:06:57 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Ese umuntu wakijijwe by'ukuri  ashobora gutakaza agakiza?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=179&amp;qa_1=ese-umuntu-wakijijwe-byukuri-ashobora-gutakaza-agakiza</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye agakiza</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=179&amp;qa_1=ese-umuntu-wakijijwe-byukuri-ashobora-gutakaza-agakiza</guid>
<pubDate>Sat, 05 Nov 2016 20:05:41 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Ese abasazi bazajya mu ijuru, cyangwa mu muriro?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=177&amp;qa_1=ese-abasazi-bazajya-mu-ijuru-cyangwa-mu-muriro</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye agakiza</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=177&amp;qa_1=ese-abasazi-bazajya-mu-ijuru-cyangwa-mu-muriro</guid>
<pubDate>Sat, 05 Nov 2016 20:03:26 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Ese iyo ujijinganya ku gakiza kawe, bisobanuye ko mu by'ukuri udakijijwe?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=176&amp;qa_1=ese-ujijinganya-gakiza-kawe-bisobanuye-byukuri-udakijijwe</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye agakiza</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=176&amp;qa_1=ese-ujijinganya-gakiza-kawe-bisobanuye-byukuri-udakijijwe</guid>
<pubDate>Sat, 05 Nov 2016 19:59:45 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Bivuze iki &quot;kwakira Yesu nk'Umwami n'Umukiza w'ubugingo bwawe&quot;?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=175&amp;qa_1=bivuze-iki-kwakira-yesu-nkumwami-numukiza-wubugingo-bwawe</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye agakiza</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=175&amp;qa_1=bivuze-iki-kwakira-yesu-nkumwami-numukiza-wubugingo-bwawe</guid>
<pubDate>Sat, 05 Nov 2016 19:41:42 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Ese umuntu hari uruhare agira mu gukizwa kwe?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=174&amp;qa_1=ese-umuntu-hari-uruhare-agira-mu-gukizwa-kwe</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye agakiza</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=174&amp;qa_1=ese-umuntu-hari-uruhare-agira-mu-gukizwa-kwe</guid>
<pubDate>Sat, 05 Nov 2016 19:40:21 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Bigendekera bite umuntu utarigeze yumva na gato inkuru nziza y'akakiza gatangwa na Yesu?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=173&amp;qa_1=bigendekera-umuntu-utarigeze-yumva-inkuru-yakakiza-gatangwa</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye agakiza</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=173&amp;qa_1=bigendekera-umuntu-utarigeze-yumva-inkuru-yakakiza-gatangwa</guid>
<pubDate>Sat, 05 Nov 2016 19:38:33 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Kwihana ni iki? Ese ni ngombwa kwihana ngo umuntu abone agakiza?</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=172&amp;qa_1=kwihana-ni-iki-ese-ngombwa-kwihana-ngo-umuntu-abone-agakiza</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye agakiza</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=172&amp;qa_1=kwihana-ni-iki-ese-ngombwa-kwihana-ngo-umuntu-abone-agakiza</guid>
<pubDate>Sat, 05 Nov 2016 19:37:29 +0000</pubDate>
</item>
<item>
<title>Ese agakiza kanzanwa no kwizera gusa, cyangwa kwizera + imirimo</title>
<link>https://bazabibiriya.org/index.php?qa=171&amp;qa_1=ese-agakiza-kanzanwa-kwizera-gusa-cyangwa-kwizera-imirimo</link>
<description></description>
<category>Ibibazo byerekeye agakiza</category>
<guid isPermaLink="true">https://bazabibiriya.org/index.php?qa=171&amp;qa_1=ese-agakiza-kanzanwa-kwizera-gusa-cyangwa-kwizera-imirimo</guid>
<pubDate>Sat, 05 Nov 2016 19:36:21 +0000</pubDate>
</item>
</channel>
</rss>